Umukobwa w’u Munyekongo, uri mu kigero cy’imyaka y’amavuko, iri hagati ya 25-27, yishwe arashwe na Wazalendo.
Ni umukobwa wishwe ku mu goroba wo kuri ki Cyumweru, tariki ya 24/03/2024, arashwe na Wazalendo i Goma.
Bivugwa ko yishwe nyuma y’uko Wazalendo bari bamaze “gusahura” muri Quartier yiwabo ahitwa Kilijiwe, ho muri Goma, nk’uko bivugwa n’abamwe mu baturage baturiye ibyo bice.
Ay’amakuru akavuga ko yarashwe ubwo yari akurikiye abakoze ubwo busahuzi. Andi makuru avuga ko yarashwe na Wazalendo nyuma y’uko barimo batongana hagati yabo umwe aza kurasa isasu ry’icya uyu mukobwo w’u Munyekongo.
Umunyekongo Willy Manzi, ukurikirana ibibera muri Repubulika ya demokarasi ya Congo, yanditse ubutumwa kurubu rwe rwa X, avuga ko kwica abantu muri RDC ari gahunda ihoraho buri munsi, ko kandi iri mu mipango y’u butegetsi bwa perezida Félix Tshisekedi.
Yagize ati: “Iyi ni gahunda ya buri munsi, kwica abaturage i Goma ba bigize umwuga. Ni bya Tshisekedi. Wibaze ahantu hari ibihumbi amagana by’abasirikare, abarimo SADC, ingabo z’u Burundi, FDLR, abacanshuro, FARDC na Wazalendo.”
Manzi Willy yavuze kandi ko M23 igomba kuza i Goma kugira ngo irokore abaturage, bave mu kaga baterwa n’igisirikare cya Repubulika ya demokarasi ya Congo.
Ati: “M23 igomba rwose gukora ibishoboka igakiza abaturage i Goma. Nta butegetsi buri muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo.”
Ibyo bibaye mu gihe kandi i Beni hiciwe umusirikare wo mu ngabo za RDC wishwe arashwe n’abasirikare ba murindaga. Uwiciwe i Beni yari afite ipeti rya Captain, akaba azwi kw’i zina rya Ruziga Kigabo.
Mu byakomeje gutangazwa kuva urupfu rwa Captain Ruziga rumenyekanye byavugwa ko yishwe azira ubwoko bwe Abatutsi.
MCN.