• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Monday, September 8, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Ubwicanyi bwo ngeye gufata indi ntera mu Ntara ya Ituri, mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo.

minebwenews by minebwenews
March 31, 2024
in Regional Politics
0
Ubwicanyi bwo ngeye gufata indi ntera mu Ntara ya Ituri, mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Umutwe w’iterabwoba wa ADF wongeye kwica abantu, abandi barakomereka,ndetse ugira nabo ufata bugwate mu Ntara ya Ituri, mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo.

You might also like

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

N’ibyatangajwe na Sosiyete sivile yo mu gace ka Ndimo, aho ivuga ko ADF yaraye igabye igitero mu ijoro ryakeye rishira kuri uyu wo ku Cyumweru, tariki ya 31/03/2024 cyica abantu benshi abandi bajanwa mu ishamba.

Mu butumwa Sosiyete sivile yashize hanze buvuga ko “igitero cy’umutwe w’iterabwoba wa ADF cya gabwe ahitwa Ndimo, ha herereye ku muhanda wa 4, muri Cheferie ya Walese Vokutu, muri teritware ya Irumu, mu Ntara ya Ituri.”

Buvuga kandi ko “ku wa Kane no ku wa Gatanu, wiki Cyumweru uyu mutwe wa ADF haribindi bitero wagabye muri ibyo bice bigira abo bihitana n’ibyo wangirije.

Ubutumwa bwa Sosiyete sivile bukomeza buvuga ko ibyo bitero bya ADF bimaze guhitana abantu 16 kandi ko mubapfuye harimo n’umusirikare wa FARDC.

Nyuma y’uko ibyo bitero byari bimaze guhitana abantu 16 uwo mutwe wahise ushimuta abantu bagera ku 15 nk’uko Sosiyete sivile yo muri ibyo bice ibyemeza.

Ivuga ko mu bashimuswe harimo abagore n’abagabo ndetse n’abana.

Sosiyete sivile yasoje isaba ubutegetsi bwa perezida Félix Tshisekedi kugira icyo bukora kugira umutekano ugaruke muri ibyo bice.

Sosiyete sivile yanavuze ko kuri ubu ADF iri gukomeza kwiyongera kuruta ibindi bihe byabayeho.

Umutekano ukomeje kurushaho kuba bubi mu Ntara ya Ituri, mu gihe muri iyo Ntara imyaka igiye kuba itatu hashizweho ubutegetsi bwa gisirikare. Bukaba bwarashizweho mu rwego rwo kugira ngo amahoro agaruke, ariko ubwicanyi burushaho kwiyongera, ndetse rimwe igisirikare kigashinjwa kuba inyuma y’ubwo bwicanyi.

        MCN.
Tags: ADFBwongeye gufata indi nteraIturiNdimoubwicanyi
Share24Tweet15Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya Intumwa z'u Rwanda n'iza Repubulika ya demokarasi ya Congo zahuriye i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe...

Read moreDetails

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Mu Burundi isubira nyuma ry'ubukungu bwaho riravuza ubuhuha Ubukungu bw'igihugu cy'u Burundi ku ngoma ya perezida Evariste Ndayishimiye bugenda burushaho kujya ahabi, kubera ibura ry'ibikomoka kuri peteroli, ugakubitiraho...

Read moreDetails

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

by minebwenews
September 2, 2025
0
Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n'iz'u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo Umuhuza bikorwa w'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho rirwanya...

Read moreDetails

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

by minebwenews
September 1, 2025
0
U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza. U Rwanda ruyobowe na perezida Paul Kagame, rwashyizwe ku mwanya wa kabiri mu bihugu bya...

Read moreDetails

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

by minebwenews
August 30, 2025
0
Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n'uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z'u Burundi zica Abanyamulenge. Freddy Kaniki Umuyobozi wungirije w'ihuriro rya Allience Fleuve...

Read moreDetails
Next Post
Joseph Kabila Kabange, yagize icyatangaza kuri uyu munsi ishyaka rye, rya PPRD, ry’ujuje imyaka 22 ribayeho.

Joseph Kabila Kabange, yagize icyatangaza kuri uyu munsi ishyaka rye, rya PPRD, ry'ujuje imyaka 22 ribayeho.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?