Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Muri Arabia Saoudite, ahari kubera i nama idasanzwe perezida Paul Kagame, yahavugiye amagambo akomeye.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
April 28, 2024
in Regional Politics
0
Muri Arabia Saoudite, ahari kubera i nama idasanzwe perezida Paul Kagame, yahavugiye amagambo akomeye.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, yasabye ko haba kwamagana uburyarya aho bukoreshwa hose ku Isi.

You might also like

Kwa Tshisekedi barakajwe n’itsinda ry’abayobozi bo mukarere baheruka kuganira na AFC/M23.

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye.

Ni ikiganiro perezida w’u Rwanda yatanze kuri iki Cyumweru, tariki ya 28/04/2024, mu nama ya World Economic Forum, irimo kubera mu gihugu cya Arabia Saoudite.

Iki kiganiro cyari gifite insanganyamatsiko igira iti: “Icyerekezo gishya ku bw’iterambere ry’Isi.”

Iy’i nama yitabiriwe n’abakuru b’ibihugu barimo perezida wa Nigeria Bola Ahmed Tinubu, minisitiri w’intebe wa Malaysia, Anwar Ibrahim n’abandi banyacyubahiro batandukanye barimo kandi n’umuyobozi mukuru w’ikigega IMF, Kristelina Gergieve ndetse na Peter Orszag uyobora Lazard group, ikigo gitanga umujyanama mu by’imari.

Muri iyo nama bareberaga hamwe imwe mu mikorere ikwiye guhinduka kugira ngo bidakomeza kuvugwa ko ibihugu byinshi bitera imbere mu gihe hari umubare utagira ingano w’abaturage bakomeza kujya mu bukene.

Ubwo ikiganiro cyageraga ku musozo, umuyobozi w’umuryango World Economic Forum, Brende yagaragaje ko hari uguhangana gukomeye hagati y’abo mu Burengerazuba bw’isi n’abo mu Burasirazuba, ariko kuri ubu hakaba havutse n’ikibazo cy’u busumbane mu batuye igice cy’amajyaruguru cy’Isi n’abatuye icy’amajyepfo y’Isi.

Igice cy’amajyaruguru y’Isi (Global North) baba bari kuvuga ibihugu byo mu Burayi n’Amerika ya Ruguru, ahari ibihugu byateye imbere, mu gihe igice cy’amajyepfo y’Isi (Global south) gikoreshwa mu kuvuga ibihugu by’Afrika, Amerika y’Epfo na Aziya, byiganjemo ibikiri mu nzira y’iterambere.

Brende yabajije perezida w’u Rwanda Paul Kagame icyo atekereza ku busumbane bukunze kuvugwa muri ibi bice bibiri by’isi.

Undi nawe asubiza ko “Ubusumbane burahari, mureke ntitubice ku ruhande, kandi dukeneye kubukumira, dukeneye ku burwanya. Uregero iyo urebye wenda uhereye ku bibazo byibasira Isi duhora tuvuga hano na hariya, tutitaye aho byavuye ibihugu byose ku Isi bigirwaho ingaruka ariko bimwe na bimwe bigahungabaya kurusha ibindi.”

Yakomeje avuga ko kuba ibihugu bimwe byagirwaho ingaruka kurusha ibindi ntacyo bitwaye, ariko ari ikintu gikwiye kwibutsa abantu kurwanya uburyarya bushobora kubyara ubu busumbane.

Ati: “Ku bw’ibyo dukwiye kuba dufite ubushobozi bwo kwa magana uburyarya aho tububona hose, duhora tuvuga ubusumbane buri hagati y’abatuye igice cy’Isi cy’amajyepfo ariko ntitubona igisubizo mu buryo bworoshye kandi bwihuse, kandi dushobora kukibona, turabizi ko twakibona.”

Kagame yagaragaje ko umugabane wa Afrika by’u mwihariko abantu bakwiye kuba bawubonamo amahirwe kuruta kumva ko ntacyo uvuze mu mibereho y’Isi.

Yagize ati: “Kuri ibi ndavuga by’u mwihariko ku mugabane wacu wa Afrika, ufite izamuka riri hejuru ry’abafite ubukungu buringaniye, mu gihe kitari kure izaba ari ho hantu honyine hafite abaturage bari mu cyiciro kigereranyije cy’u bukungu bakomeze kuzamuka. Ni gute ushobora kwibagirwa ko aha ari hantu h’ingenzi mu Isi yacu.”

Yanavuze ko hari ibintu bibiri byingenzi byakorwa kugira icyo kibazo gikemuke muburyo bwihuse.

Ati: “Hari ibintu bibiri bigomba kubaho; ibindi bice by’isi bikwiye kubona ko aha ari hantu h’ingenzi ho gufatanya naho mu ishora mari cyangwa ho gushora imari. Icya Kabiri kirareba Afrika ubwayo, cyo kwirinda imyumvire yo guhora wigira inzira karengane, tugatangira kwizamura kugera ku rwego dukwiye kuba turiho, ari narwo turiho mu byukuri turi ahantu h’ingenzi ku Isi yacu, dufite umutungo ukomeye, bitari umutungo kamere, ahubwo n’abantu.”

                  MCN.
Tags: Arabia SaouditeIMFPerezida Paul KagameTurwanye uburyaya
Share24Tweet15Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Kwa Tshisekedi barakajwe n’itsinda ry’abayobozi bo mukarere baheruka kuganira na AFC/M23.

by Bruce Bahanda
June 7, 2025
0
Kwa Tshisekedi barakajwe n’itsinda ry’abayobozi bo mukarere baheruka kuganira na AFC/M23.

Kwa Tshisekedi barakajwe n'itsinda ry'abayobozi bo mukarere baheruka kuganira na AFC/M23. Repubulika ya demokarasi ya Congo yagaragaje ko yababajwe n'urwego rwa karere ka Afrika y'ibiyaga bigari rushinzwe kugenzura...

Read moreDetails

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

by Bruce Bahanda
June 5, 2025
0
Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

Perezida Tshisekedi yakiriye wa munyapolitiki uheruka kwibasira Kabila. Perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi, yakiriye umunyapolitiki wo muri iki gihugu Martin Fayulu uheruka gutangaza ko...

Read moreDetails

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
AFC/M23 yatangaje igikorwa iri bwereke Isi kuri uyu wa 5.

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye. Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC, ryatangaje ko ryakiriye umunyapolitiki Marcelin Cishambo, kandi ko yazanye n'abandi banyapolitiki barimo n'abatavuga rumwe n'ubutegetsi...

Read moreDetails

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo. Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yahakanye ibivugwa ko iri mu kwibasira abasirikare ba kuru ba FARDC...

Read moreDetails

Hamenyekanye umunyapolitiki ugiye kuzahura na Tshisekedi vuba.

by Bruce Bahanda
June 3, 2025
0
Icyifuzo cy’ubutegetsi bwa Tshisekedi cyatewe ishoti.

Hamenyekanye umunyapolitiki ugiye kuzahura na Tshisekedi vuba. Umunyapolitiki uri mubasanzwe badacana uwaka n'ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi wa Congo, Martin Fayulu, byamenyekanye ko uyu mukuru w'iki gihugu yamwemereye...

Read moreDetails
Next Post
U Rwanda rwagize icyo ruvuga kuri leta ya Kinshasa iyishinja kwiba amabuye y’agaciro ku butaka bwabo.

U Rwanda rwagize icyo ruvuga kuri leta ya Kinshasa iyishinja kwiba amabuye y'agaciro ku butaka bwabo.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?