• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Tuesday, September 9, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Ingabo z’u Burundi zafashwe mpiri na M23 zagize icyo zisaba imiryango mpuzamahanga, nyuma y’aho leta y’igihugu cyabo ibihakanye.

minebwenews by minebwenews
May 29, 2024
in Regional Politics
0
Ingabo z’u Burundi zafashwe mpiri na M23 zagize icyo zisaba imiryango mpuzamahanga, nyuma y’aho leta y’igihugu cyabo ibihakanye.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ingabo z’u Burundi zafashwe matekwa na M23 zasabye imiryango mpuzamahanga kubafasha gutaha ngo kuko leta y’u Burundi yabihakanye.

You might also like

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 28/05/2024, nibwo abasirikare b’u Burundi basabye imiryango mpuzamahanga ikomeye kugira icyo ibafasha bagatahanwa mu gihugu cyabo cy’u Burundi.

Abasirikare b’u Burundi bari mu Burasirazuba bw’igihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo, hashingiwe ku masezerano y’u bufatanye y’iki gihugu cya RDC n’u Burundi yo ku rwanya M23. Ni amasezerano ya sinywe na perezida Evariste Ndayishimiye na mugenzi we wa Congo Félix Antoine Tshilombo.

Nk’uko bizwi ay’amasezerano yasinywe mu 2023 mu ntangiriro z’uwo mwaka.

Ibikorwa by’ingabo z’u Burundi byatangiye gukorwa mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru ahagana mu kwezi kwa Cyenda uwo mwaka w’ 2023. Gusa urugamba ntirwazihiriye kuko mu mezi yakurikiyeho ininshi ziciwe mu bice bya Kilolirwe, Mushaki na Karuba muri teritware ya Masisi, izindi zifatwa mpiri.

Mu ntangiriro z’uko kwezi kwa Gatanu 2024, M23 yafatiye abandi basirikare b’u Burundi mu gace kitwa Rukara, nyuma y’aho bagenzi babo bari kumwe babasize ku rugamba ubwo babonaga bari kurushwa imbaraga.

Aba basirikare b’u Burundi barimo Adjudant Chef Nkurunziza Richard yatangarije abanyamakuru ko yasize i Bujumbura umugore n’abana batatu, afatirwa i Mushaki mu kwezi kwa Cumi n’umwe mu 2023, ubwo yari yavunitse.

Yagize ati: “Bamfatiye i Mushaki tariki ya 08/12/2023. Nari navunitse, ndimo kugenda, mbona ahari abasirikare, barambaza iyo bagenzi banjye bari, barangumana.”

Mugenzi we witwa Nyandwi Chrysostome ufite umuryango muri Komine Ngozi, i Ntara ya Ngozi, yasobanuye uko yafatiwe i Rukara muri uku kwezi kwa Gatanu uyu mwaka.

Ati: “Nafatiriwe aho bita i Rukara tariki ya 03/05/2024. Twebwe twari imbere, bagenzi bacu baragenda ntibatubwira . Kuri Rukara niho hari batayo, dutekereza ko ari ho bakiri, dusanga bagiye, M23 niyo yahise itwakira.”

Ahagana mu mwaka w’ 2023, ubwo perezida w’u Burundi Evariste Ndayishimiye yabazwaga n’umunyamakuru ikibazo cya M23, undi nawe yarabihakanye, asobanura ko ahubwo ari abarwanyi b’u mutwe wa witwaje imbunda wa Red Tabara bari kwiyitirira ingabo z’u Burundi.

Iri jambo rya perezida w’u Burundi Evariste Ndayishimiye, ryerekanye neza ko leta y’iki gihugu idafite kubohoza aba basirikare bari bagaragajwe n’ibinyamakuru byashoboye kugera mu kigo cya M23 bacumbikiwemo.

Umwe muri aba basirikare, Adjudant Chef Ndikumasabo Therance ufite umuryango muri Komine Gisozi mu Ntara ya Mwaro, yatangaje ko kubera ko leta y’u Burundi itabemera, yifuza ko M23 yabashikiriza imiryango mpuzamahanga.

Yagize ati: “Ikibazo ni uko numva leta yacu itatwemera. Naho ubundi bakadushyikirije leta y’u Burundi, hanyuma ukadushikiriza imiryango.cyangwa byanze, bagerageza kureba uko baduha imiryango mpuzamahanga ikorana n’iyo mu Burundi.”

Adjudant Chef Ndikumana Félix ufite umuryango muri Komine Vyanda mu Ntara ya Bururi, na we yasabye ko imiryango mpuzamahanga ko yabafasha gutaha ngo bitewe n’uko leta y’u Burundi nta bushake ifite bwo kubacura.

Ati: “Ko leta yiwacu itermera ko twaje ino, njye mbona byanyura mu miryango mpuzamahanga ikaba ari yo idufasha.”

Tubibutsa ko amasezerano Evariste Ndayishimiye yagiranye na mugenzi we wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi yari afite agaciro ka miliyoni 5 z’amadolari y’Amerika.

              MCN.
Tags: Ingabo z'u BurundiKubafasha gutahaLeta yabo yarabihakanyeZafashwe mpiriZiri gusaba imiryango mpuzamahanga
Share24Tweet15Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya Intumwa z'u Rwanda n'iza Repubulika ya demokarasi ya Congo zahuriye i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe...

Read moreDetails

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Mu Burundi isubira nyuma ry'ubukungu bwaho riravuza ubuhuha Ubukungu bw'igihugu cy'u Burundi ku ngoma ya perezida Evariste Ndayishimiye bugenda burushaho kujya ahabi, kubera ibura ry'ibikomoka kuri peteroli, ugakubitiraho...

Read moreDetails

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

by minebwenews
September 2, 2025
0
Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n'iz'u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo Umuhuza bikorwa w'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho rirwanya...

Read moreDetails

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

by minebwenews
September 1, 2025
0
U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza. U Rwanda ruyobowe na perezida Paul Kagame, rwashyizwe ku mwanya wa kabiri mu bihugu bya...

Read moreDetails

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

by minebwenews
August 30, 2025
0
Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n'uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z'u Burundi zica Abanyamulenge. Freddy Kaniki Umuyobozi wungirije w'ihuriro rya Allience Fleuve...

Read moreDetails
Next Post
Hatangajwe abagize leta nshyasha muri Repubulika ya demokarasi ya Congo.

Hatangajwe abagize leta nshyasha muri Repubulika ya demokarasi ya Congo.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?