• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Friday, April 17, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Ingabo z’u Burundi zafashwe mpiri na M23 zagize icyo zisaba imiryango mpuzamahanga, nyuma y’aho leta y’igihugu cyabo ibihakanye.

minebwenews by minebwenews
May 29, 2024
in Regional Politics
0
Ingabo z’u Burundi zafashwe mpiri na M23 zagize icyo zisaba imiryango mpuzamahanga, nyuma y’aho leta y’igihugu cyabo ibihakanye.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ingabo z’u Burundi zafashwe matekwa na M23 zasabye imiryango mpuzamahanga kubafasha gutaha ngo kuko leta y’u Burundi yabihakanye.

You might also like

Minisitiri Nduhungirehe Yizeje Abaturage Amahoro n’Ubwirinzi Bukomeye mu Gihe Hari Impaka ku Mutekano w’Akarere

Afurika Iraharanira Isura Nyayo ku Ikarita y’Isi

Uruzinduko rwa Perezida Kagame muri Repubulika ya Congo rwafashe indi ntera mu kubaka ubufatanye bw’Afurika

Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 28/05/2024, nibwo abasirikare b’u Burundi basabye imiryango mpuzamahanga ikomeye kugira icyo ibafasha bagatahanwa mu gihugu cyabo cy’u Burundi.

Abasirikare b’u Burundi bari mu Burasirazuba bw’igihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo, hashingiwe ku masezerano y’u bufatanye y’iki gihugu cya RDC n’u Burundi yo ku rwanya M23. Ni amasezerano ya sinywe na perezida Evariste Ndayishimiye na mugenzi we wa Congo Félix Antoine Tshilombo.

Nk’uko bizwi ay’amasezerano yasinywe mu 2023 mu ntangiriro z’uwo mwaka.

Ibikorwa by’ingabo z’u Burundi byatangiye gukorwa mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru ahagana mu kwezi kwa Cyenda uwo mwaka w’ 2023. Gusa urugamba ntirwazihiriye kuko mu mezi yakurikiyeho ininshi ziciwe mu bice bya Kilolirwe, Mushaki na Karuba muri teritware ya Masisi, izindi zifatwa mpiri.

Mu ntangiriro z’uko kwezi kwa Gatanu 2024, M23 yafatiye abandi basirikare b’u Burundi mu gace kitwa Rukara, nyuma y’aho bagenzi babo bari kumwe babasize ku rugamba ubwo babonaga bari kurushwa imbaraga.

Aba basirikare b’u Burundi barimo Adjudant Chef Nkurunziza Richard yatangarije abanyamakuru ko yasize i Bujumbura umugore n’abana batatu, afatirwa i Mushaki mu kwezi kwa Cumi n’umwe mu 2023, ubwo yari yavunitse.

Yagize ati: “Bamfatiye i Mushaki tariki ya 08/12/2023. Nari navunitse, ndimo kugenda, mbona ahari abasirikare, barambaza iyo bagenzi banjye bari, barangumana.”

Mugenzi we witwa Nyandwi Chrysostome ufite umuryango muri Komine Ngozi, i Ntara ya Ngozi, yasobanuye uko yafatiwe i Rukara muri uku kwezi kwa Gatanu uyu mwaka.

Ati: “Nafatiriwe aho bita i Rukara tariki ya 03/05/2024. Twebwe twari imbere, bagenzi bacu baragenda ntibatubwira . Kuri Rukara niho hari batayo, dutekereza ko ari ho bakiri, dusanga bagiye, M23 niyo yahise itwakira.”

Ahagana mu mwaka w’ 2023, ubwo perezida w’u Burundi Evariste Ndayishimiye yabazwaga n’umunyamakuru ikibazo cya M23, undi nawe yarabihakanye, asobanura ko ahubwo ari abarwanyi b’u mutwe wa witwaje imbunda wa Red Tabara bari kwiyitirira ingabo z’u Burundi.

Iri jambo rya perezida w’u Burundi Evariste Ndayishimiye, ryerekanye neza ko leta y’iki gihugu idafite kubohoza aba basirikare bari bagaragajwe n’ibinyamakuru byashoboye kugera mu kigo cya M23 bacumbikiwemo.

Umwe muri aba basirikare, Adjudant Chef Ndikumasabo Therance ufite umuryango muri Komine Gisozi mu Ntara ya Mwaro, yatangaje ko kubera ko leta y’u Burundi itabemera, yifuza ko M23 yabashikiriza imiryango mpuzamahanga.

Yagize ati: “Ikibazo ni uko numva leta yacu itatwemera. Naho ubundi bakadushyikirije leta y’u Burundi, hanyuma ukadushikiriza imiryango.cyangwa byanze, bagerageza kureba uko baduha imiryango mpuzamahanga ikorana n’iyo mu Burundi.”

Adjudant Chef Ndikumana Félix ufite umuryango muri Komine Vyanda mu Ntara ya Bururi, na we yasabye ko imiryango mpuzamahanga ko yabafasha gutaha ngo bitewe n’uko leta y’u Burundi nta bushake ifite bwo kubacura.

Ati: “Ko leta yiwacu itermera ko twaje ino, njye mbona byanyura mu miryango mpuzamahanga ikaba ari yo idufasha.”

Tubibutsa ko amasezerano Evariste Ndayishimiye yagiranye na mugenzi we wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi yari afite agaciro ka miliyoni 5 z’amadolari y’Amerika.

              MCN.
Tags: Ingabo z'u BurundiKubafasha gutahaLeta yabo yarabihakanyeZafashwe mpiriZiri gusaba imiryango mpuzamahanga
Share24Tweet15Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Minisitiri Nduhungirehe Yizeje Abaturage Amahoro n’Ubwirinzi Bukomeye mu Gihe Hari Impaka ku Mutekano w’Akarere

by Bahanda Bruce
April 16, 2026
0
Minisitiri Nduhungirehe Yizeje Abaturage Amahoro n’Ubwirinzi Bukomeye mu Gihe Hari Impaka ku Mutekano w’Akarere

Minisitiri Nduhungirehe Yizeje Abaturage Amahoro n’Ubwirinzi Bukomeye mu Gihe Hari Impaka ku Mutekano w’Akarere Mu gihe ibiganiro n’impaka ku mutekano w’Akarere k’Ibiyaga Bigari bikomeje gufata intera nshya, Minisitiri...

Read moreDetails

Afurika Iraharanira Isura Nyayo ku Ikarita y’Isi

by Bahanda Bruce
April 15, 2026
0
Afurika Iraharanira Isura Nyayo ku Ikarita y’Isi

Afurika Iraharanira Isura Nyayo ku Ikarita y’Isi Impinduka nshya mu mitekerereze y’ibihugu bya Afurika iri gufata indi ntera, aho Repubulika ya Togo yashyize imbere ikibazo kimaze imyaka myinshi...

Read moreDetails

Uruzinduko rwa Perezida Kagame muri Repubulika ya Congo rwafashe indi ntera mu kubaka ubufatanye bw’Afurika

by Bahanda Bruce
April 15, 2026
0
Uruzinduko rwa Perezida Kagame muri Repubulika ya Congo rwafashe indi ntera mu kubaka ubufatanye bw’Afurika

Uruzinduko rwa Perezida Kagame muri Repubulika ya Congo rwafashe indi ntera mu kubaka ubufatanye bw’Afurika Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, yageze i Brazzaville ku gicamunsi cyo kuri uyu...

Read moreDetails

Bujumbura: Inkongi n’Iturika Byateje Igihombo Kirenga Miliyari 200

by Bahanda Bruce
April 14, 2026
0
Bujumbura: Inkongi n’Iturika Byateje Igihombo Kirenga Miliyari 200

Bujumbura: Inkongi n’Iturika Byateje Igihombo Kirenga Miliyari 200 Mu ijoro ryo ku wa 31 Werurwe 2026, inkongi y’umuriro n’iturika rikomeye byibasiye ikigo cya gisirikare cya Camp Base, giherereye...

Read moreDetails

Ibaruwa Ifunguye Isubiza Minisitiri Muyaya: Ukuri ku Mateka, Jenoside n’Intandaro y’Umutekano Muke mu Burasirazuba bwa RDC

by Bahanda Bruce
April 13, 2026
0
Muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Imvugo z’Abayobozi Zirakomeretsa kurusha Intwaro.

Ibaruwa Ifunguye Isubiza Minisitiri Muyaya: Ukuri ku Mateka, Jenoside n’Intandaro y’Umutekano Muke mu Burasirazuba bwa RDC Iyi baruwa ifunguye yandikiwe Minisitiri ushinzwe itangazamakuru muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya...

Read moreDetails
Next Post
Hatangajwe abagize leta nshyasha muri Repubulika ya demokarasi ya Congo.

Hatangajwe abagize leta nshyasha muri Repubulika ya demokarasi ya Congo.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 America Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Drone Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?