• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Tuesday, September 9, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Perezida Paul Kagame w’u Rwanda yagize icyavuga ku baturanyi bavuga ko bazatera igihugu cye.

minebwenews by minebwenews
June 29, 2024
in Regional Politics
0
Perezida Paul Kagame w’u Rwanda yagize icyavuga ku baturanyi bavuga ko bazatera igihugu cye.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Perezida Paul Kagame w’u Rwanda yagize icyavuga ku baturanyi bavuga ko bazatera igihugu cye.

You might also like

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Nibyo uyu mukuru w’igihugu cy’u Rwanda yatangarije i Nyamasheke mu Burengerazuba bw’u Rwanda kuri uyu wa Gatandatu, yari mu bikorwa byo kwiyamamaza nk’umukandida w’ishyaka riri ku butegetsi rya RPF-Inkotanyi.

Muri ibyo bikorwa byo kwiyamamaza, perezida w’u Rwanda, yaburiye abashaka gutera igihugu cy’u Rwanda ko bazabasanga aho bari akaba ari ho izo ntambara zirwanirwa.

Perezida Paul Kagame yari yitabwe n’abaturage babarirwa mu bihumbi amagana, bari bateraniye ku kibuga cy’u mupira cya Kagano ho mu karere ka Nyamasheke. Abamwitabye yabashimiye, ndetse kandi abashimira ko bitwaye neza mu kwicungira umutekano mu mwaka w’2019.

Aha umukuru w’igihugu cy’u Rwanda yakomozaga ku bitero inyeshamba za FLN zagabye mu turere dukora ku ishyamba rya Nyungwe kuva mu 2018.

Ibitero by’inyeshamba za FLN hagati y’imyaka y’ 2018 na 2021, byibasiye ahanini imirenge ikora ku ishyamba rya Nyungwe mu turere twa Nyamasheke na Rusizi two mu turere twa Nyaruguru na Nyamagabe two mu ntara y’Amajy’epfo.

Kugeza ubu ariko hashize imyaka irenga itatu ntaho ibitero by’izo nyeshamba byongeye kumvikana. Ndetse abantu barenga 20 bashinjwaga kuba abayobozi n’abarwanyi b’uwo mutwe barafashwe bacirwa imanza n’ubutabera bw’u Rwanda, nyuma baza kurekurwa ku mbabazi za perezida Paul Kagame.

N’aho biri uko ariko, perezida Kagame yavuze ko na n’ubu hari ibihugu by’ibituranyi bikigambirira kuzahirika ubutegetsi bwe, bibinyujije mu baburwanya.

Umukuru w’u Rwanda akaburira abo bashaka gutera igihugu ayoboye ko izo ntambara zizarwanirwa iwabo.

Gusa ntaho perezida Paul Kagame yatunze agatoki, ngwavuge izina runaka, mu ijambo rye, imvugo y’amarenga n’amerekezo yakoresheje avuga ku bihugu by’ibituranyi.

Ibi perezida w’u Rwanda yabivuze mu gihe hari umwuka w’u bushamirane no guterana amagambo hagati y’abategetsi ba Repubulika ya demokorasi ya Congo n’u Rwanda. Bapfa intambara zibera mu Burasirazuba bwa RDC, aho umutwe wa M23 ukomeje gufata ibice byinshi byo muri Kivu y’Amajyaruguru.

Congo Kinshasa ishinja u Rwanda gutera inkunga M23, ariko u Rwanda rurabihakana hubwo rugashinja Kinshasa gufasha byahafi Interahamwe(Fdlr) zirimo abasize bakoze genocide mu Rwanda.

Ni mu gihe kandi n’u Burundi bushinja Kigali gufasha umutwe wa Red Tabara uburwanya, ibyaje no kuba imbarutso yo gufunga imipaka ihuza ibihugu byombi mu ntangiriro z’uyu mwaka. Ibyo Kigali yarabihakanye, ivuga ko ahubwo u Burundi bushigikira umutwe wa FDLR kimwe na Repubulika ya demokorasi ya Congo.

             MCN.
Tags: AbaturanyiBazabarwanyiriza iwaboNyamashekePaul KagameRwanda
Share24Tweet15Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya Intumwa z'u Rwanda n'iza Repubulika ya demokarasi ya Congo zahuriye i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe...

Read moreDetails

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Mu Burundi isubira nyuma ry'ubukungu bwaho riravuza ubuhuha Ubukungu bw'igihugu cy'u Burundi ku ngoma ya perezida Evariste Ndayishimiye bugenda burushaho kujya ahabi, kubera ibura ry'ibikomoka kuri peteroli, ugakubitiraho...

Read moreDetails

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

by minebwenews
September 2, 2025
0
Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n'iz'u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo Umuhuza bikorwa w'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho rirwanya...

Read moreDetails

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

by minebwenews
September 1, 2025
0
U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza. U Rwanda ruyobowe na perezida Paul Kagame, rwashyizwe ku mwanya wa kabiri mu bihugu bya...

Read moreDetails

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

by minebwenews
August 30, 2025
0
Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n'uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z'u Burundi zica Abanyamulenge. Freddy Kaniki Umuyobozi wungirije w'ihuriro rya Allience Fleuve...

Read moreDetails
Next Post
Umutwe wa M23 wakoze ibikomeye, wongera kujegeza ubutegetsi bwa perezida Félix Tshisekedi.

Umutwe wa M23 wakoze ibikomeye, wongera kujegeza ubutegetsi bwa perezida Félix Tshisekedi.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?