Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Abakuru b’ibihugu bishimiye ko perezida Paul Kagame w’u Rwanda yongeye gutorerwa ku ruyobora, ba bigaragaje.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
July 17, 2024
in Regional Politics
0
Abakuru b’ibihugu bishimiye ko perezida Paul Kagame w’u Rwanda yongeye gutorerwa ku ruyobora, ba bigaragaje.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Abakuru b’ibihugu bishimiye ko perezida Paul Kagame w’u Rwanda yongeye gutorerwa ku ruyobora ba bigaragaje.

You might also like

Ibyo gusinya amasezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na Congo si byanone.

Byakomeye i Washington DC hoherejwe intumwa kuja gushinja Tshisekedi kuyobora nabi.

Kenya department Of Refugee Service Crack Down on Sim Card Fraud.

Abakuru b’ibihugu n’abandi banyacyubahiro batandukanye bishimye ko Paul Kagame yongeye gutorerwa kuyobora igihugu cy’u Rwanda bagiye bamushimira bamuha ‘felicitations.’

Perezida Paul Kagame yatahukanye intsinzi ku majwi 99%. Ni nyuma y’uko mu ijoro ryo ku wa Mbere tariki ya 15/07/2024, komisiyo y’igihugu y’amatora yatangaje amajwi yari amaze kubarurwa, Paul Kagame yagize 99,15%.

Nyuma yubwo abakuru b’ibihugu batandukanye, bakomeje ku mwifuriza ishya n’ihirwe ndetse banamugaragariza ko bishimiye ko yongeye gutorerwa kuyobora iki gihugu cy’u Rwanda.

Muri abo ba perezida harimo na William Ruto wa Kenya, iki gitondo cyo ku wa Gatatu yagize ati: “Mu izina ry’abaturage na Guverinoma ya Kenya, nishimiye kohereza ishya n’ihirwe ku bwo kongera gutorerwa indi manda nka perezida wa Repubulika y’u Rwanda.”

Kandi uyu mukuru w’igihugu cya Kenya yavuze ko Abanyakenya bifatanyije n’Abanyarwanda ku bw’amahitamo yabo meza ndetse no kuba umukuru w’igihugu cyabo.

Ati: “Niteguye gukomeza gukorana nawe mu karere ndetse no muri gahunda za Afrika mu gukomeza gutsimbataza umubano mu bufatanye n’ubuvandimwe hagati y’Abanyakenya n’Abanyarwanda.”

Madame Samia Suluhu Hassan, perezida wa Tanzania, nawe yagaragaje ko yishimiye intsinzi ya perezida Paul Kagame, aho nawe yavuze ko mu izina rya Guverinoma y’igihugu cye ndetse n’abaturage bacyo, bishimiye ko yongeye gutorerwa kuyobora u Rwanda.

Perezida wa Mozambique, Filipe Jacinto Nyusi, nawe yashimiye perezida Paul Kagame w’u Rwanda ku bwo kongera gutorerwa kuyobora igihugu cy’u Rwanda.

Uyu muperezida usanzwe ari n’inshuti ya Paul Kagame, yagize ati: “Tubifurije ishya n’ihirwe muri manda nshya mwatorewe n’abaturage b’u Rwanda.”

Perezida wa Guinea-Bissau, Umaro Mukhtar Sissoco Embaló na we yagize ati: “Mu izina rya Guinea-Bissau, ndagushimiye perezida Paul Kagame, ku bwo kongera gutorerwa kuyobora u Rwanda.”

Perezida wa Madagascar, Andry Rajoelina na we yagize ati: “Mu izina ry’Abanya-Malagasy, nifurije Paul Kagame ku bwo kongera gutorerwa kuyobora u Rwanda. Mu ifurije ishya n’ihirwe.”

Abandi banyacyubahiro bifurije Paul Kagame intsinzi harimo na Minisitiri w’intebe wa Ethiopian, Abiy Ahmed Ali na we yashimiye perezida Paul Kagame ku bwo kongera gutorerwa kuyobora u Rwanda.

Yagize ati: “Ndakwifuriza kuzesa imihigo muri iyi manda yawe igiye kuza. Ndifuriza u Rwanda gukomeza kugira imiyoborere izana ituze n’amajyambere.”

Mu ijoro batangazamo amajwi y’agateganyo, perezida Paul Kagame yashimiye Abanyarwanda bongeye kumugirira icyizere bakamutora, ndetse abibutsa ko akazi gakomeye kari imbere ko gushyira mu bikorwa ibyo biyemeje.

         MCN.
Tags: Abakuru b'ibihuguBishimiye intsinziPerezida Paul Kagame w'u Rwanda
Share24Tweet15Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Ibyo gusinya amasezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na Congo si byanone.

by Bruce Bahanda
June 15, 2025
0
Ibyo gusinya amasezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na Congo si byanone.

Ibyo gusinya amasezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na Congo si byanone. Mu gihe Leta Zunze ubumwe z'Amerika zifuza ko u Rwanda na Repubulika ya demokarasi ya Congo muri...

Read moreDetails

Byakomeye i Washington DC hoherejwe intumwa kuja gushinja Tshisekedi kuyobora nabi.

by Bruce Bahanda
June 14, 2025
0
Byakomeye i Washington DC hoherejwe intumwa kuja gushinja Tshisekedi kuyobora nabi.

Byakomeye i Washington DC hoherejwe intumwa kuja gushinja Tshisekedi kuyobora nabi. Kikaya Bin Karubi, usanzwe ari mu bantu bahora hafi ya Joseph Kabila Kabange, akaba n'umujyamama we, ni...

Read moreDetails

Kenya department Of Refugee Service Crack Down on Sim Card Fraud.

by Bruce Bahanda
June 13, 2025
0
Kenya department Of Refugee Service Crack Down on Sim Card Fraud.

Kenya Department of Refugee Service Cracks Down on SIM Card Fraud The Department of Refugee Service (DRS) has issued a stern warning to refugees in Kenya, urging them...

Read moreDetails

Agezweho y’Ingabo za Afrika y’Epfo ziri gucyurwa zivanwa muri RDC.

by Bruce Bahanda
June 12, 2025
0
Agezweho y’Ingabo za Afrika y’Epfo ziri gucyurwa zivanwa muri RDC.

Agezweho y'Ingabo za Afrika y'Epfo ziri gucyurwa zivanwa muri RDC. Ingabo za Afrika y'Epfo zari zaroherejwe mu Burasizuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo mu butumwa bwa SADC,...

Read moreDetails

Umuyobozi wa MONUSCO ategerejwe i Goma kuganira na AFC/M23.

by Bruce Bahanda
June 11, 2025
0
Umuyobozi wa MONUSCO ategerejwe i Goma kuganira na AFC/M23.

Umuyobozi wa MONUSCO ategerejwe i Goma kuganira na AFC/M23. Intumwa idasanzwe y'Umunyamabanga mukuru w'umuryango w'Abibumbye ( UN) muri Repubulika ya demokarasi ya Congo, Bintou Keita, ategerejwe mu mujyi...

Read moreDetails
Next Post
Pierre Buyoya wabayeho perezida w’u Burundi yashinguwe mu cyubahiro.

Pierre Buyoya wabayeho perezida w'u Burundi yashinguwe mu cyubahiro.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?