Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Religion

Igiterane cyari i Nairobi mu gihugu cya Kenya ngo cyaba cyasenyaguye icyo bita “Akagara.”

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
July 22, 2024
in Religion
0
Igiterane cyari i Nairobi mu gihugu cya Kenya ngo cyaba cyasenyaguye icyo bita “Akagara.”
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Igiterane cyari i Nairobi mu gihugu cya Kenya ngo cyaba cyasenyaguye icyo bita “Akagara.”

You might also like

Na we wemera ko ibi byaje mu nsengero zari zikwiye gusengerwamo Imana gusa?

Uvira ngo bazakubitwa nabi bahunge, umuhanuzi ibyo yeretswe.

Ibyo wa menya kuri Kofi ukoze amateka mu gucuranga injyana y’igisirimba.

Ni igiterane cyari cyateguwe na CBRK(Community Banyamulenge Refugee Kenya), aho cyatangiye ku wa Gatanu tariki ya 19/07/2024, kiza gusozwa aharejo ku Cyumweru, nk’uko twabyiganiwe kuri Minembwe Capital News n’umwe mu bayobozi bateguye iki giterane.

Nk’uko biri iki giterane cyari gihagarariwe n’Aba-Chairman b’Abanyamulenge bagize uturere twose twa Nairobi.

Insanganyamatsiko yacyo ikaba yari ikubiye mu ijambo rya nditse mu Ngoma ya Kabiri ku isura yayo ya 7:14, haravuga ati: “Maze abantu banjye bitiriwe izina ryanjye nibicisha bugufi bagasenga, bagashaka mu maso hanjye bagahindukira bakareka ingeso zabo mbi, nanjye nzumva ndi mu ijuru mbababarire igicumuro cyabo, mbakirize igihugu. “

Muri iki giterane abavuga butumwa bacyo bari Bishop Rutebuka na Apôtre Christophe waje ava mu Rwanda. Minembwe Capital News yabwiwe ko habaye gusenyagura Akagara, ndetse ko n’abahoraga batinya ku kavuga bavuye muri iki giterane batinyutse.

Ubuhamya MCN yahawe bugira buti: “Twahoraga dutinya kuvuga Akagara, ariko igiterane cyadutinyuye. Byari bicika. Ubu ibintu byose ko biravugwa mu mazina.”

Ndetse kandi amacakubiri yarangwaga muri CBRK yarangiye, bityo ngo haba guhindukirira kwa magana Akagara.

Ati: “Mu gihe muri CBRK amacakubiri yarangiye, harakurikiraho gukorera hamwe mu kurwanya Akagara, kandi ubu turi kwizerana, tugiye gusenya Akagara burundu.”

Mu nyigisho zatanzwe na Apôtre Christophe yavuze ko “Akagara ari icyorezo cyaje mu Banyamulenge, ndetse ahamya ko igihe kigeze kugira ngo Abanyamulenge basenyere ku mugozi umwe, maze basenye Akagara burundu.”

Undi nawe waje ava mu Bijabo uzwi kw’izina rya Chiza, nawe yasabye Abanyamulenge kubakira hamwe maze bagasenya icyatekereza cyose ku batandukanya harimo Akagara.

Yanavuze ko “Akagara ari agatsiko karimo Abanyamulenge bake badashaka ko Abanyamulenge bo kw’irwanaho, nk’uko Twirwaneho yabayeho kugira ngo irinde ubwoko bwabo bw’Abanyamulenge.”

Yakomeje avuga ko “Aka Kagara karimo n’abamwe mu Banyamulenge bakora muri leta ya Kinshasa. Aba rero, batinya gucyaha leta ku bugome ikorera Abanyamulenge, ndetse n’Abatutsi bose muri rusange.”

Yashimangiye ibi avuga ko “Aka Kagara katemera ko leta iri mubasenye imihana y’Abanyamulenge ndetse kandi ngo ntikemera ko Abanyamulenge benshi bishwe n’ingabo za RDC.

Uretse ibyo ngo ntikemera kandi ko Abanyamulenge bafunzwe bazira ubwoko bwabo.

Tubibutsa ko iki giterane cyarimo abatumirwa batandukanye by’umwihariko Abayumbe ba Nairobi, n’abashitsi bandi bavuye mu gihugu cy’u Rwanda baje bahagarariwe n’umuyobozi wa Mutualite y’Abanyamulenge yo muri icyo gihugu, Jules Rutebuka, akaba nanone yari yaherekejwe n’abandi banyacyubahiro batandukanye.

Iki giterane kibaye icya mbere mu mateka y’Abanyamulenge kivuze hejuru ya Kagara n’ububi bwako.

             MCN.
Tags: CBRKCyasenyaguye icyo bita AkagaraIgiteraneNairobi
Share24Tweet15Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Na we wemera ko ibi byaje mu nsengero zari zikwiye gusengerwamo Imana gusa?

by Bruce Bahanda
June 3, 2025
0
Na we wemera ko ibi byaje mu nsengero zari zikwiye gusengerwamo Imana gusa?

Na we wemera ko ibi byaje mu nsengero zari zikwiye gusengerwamo Imana gusa? Kuri ubu benshi bibaza kuri iki kibazo, aho kuri ubu aho kugira ngo insengero zibe...

Read moreDetails

Uvira ngo bazakubitwa nabi bahunge, umuhanuzi ibyo yeretswe.

by Bruce Bahanda
June 2, 2025
0
Kera kabaye, i Kinshasa bafunze abasirikare bayo ba ba-jenerali benshi.

Uvira ngo bazakubitwa nabi bahunge, umuhanuzi ibyo yeretswe. Umwe mu bahanuzi baherereye muri teritware ya Walungu muri Kivu y'Amajyepfo, yavuze ko ingabo za Congo n'iz'u Burundi zizakubitwa nabi...

Read moreDetails

Ibyo wa menya kuri Kofi ukoze amateka mu gucuranga injyana y’igisirimba.

by Bruce Bahanda
June 1, 2025
0
Ibyo wa menya kuri Kofi ukoze amateka mu gucuranga injyana y’igisirimba.

Kofi akoze amateka mu gucuranga injyana y'igisirimba. Kofi uwo bamwe bakunze kwita Joshua, umucuranzi uri mubakunzwe cyane muri iki gihe mu matorero y'Abanyamulenge yo muri Uganda no ku...

Read moreDetails

Babwiwe ibibateye ubwoba ku Ndondo ya Bijombo.

by Bruce Bahanda
May 29, 2025
0
Babwiwe ibibateye ubwoba ku Ndondo ya Bijombo.

Babwiwe ibibateye ubwoba ku Ndondo ya Bijombo. Umwe mu bahanuzi bakomeye ku Ndondo ya Bijombo muri Kivu y'Amajyepfo, yabwiye Abanye-Ndondo ubuhanuzi budasanzwe bubateye ubwoba. Mu cyumweru gishize ni...

Read moreDetails

Icyo Umushumba yavuze kuri Pentecost iyo abakristo bizihiza nyuma ya Pasika.

by Bruce Bahanda
May 25, 2025
0
Icyo Umushumba yavuze kuri Pentecost iyo abakristo bizihiza nyuma ya Pasika.

Icyo Umushumba yavuze kuri Pentecost iyo abakristo bizihiza nyuma ya Pasika. Umushumba w'itorero rya All National Assembly of God, Reverend Misigaro Bizimana, yavuze ko igiterane cya Pentecost icyo...

Read moreDetails
Next Post
I gipolisi cy’u Burundi cyanyaze Abanyekongo igitoro (lisansi).

I gipolisi cy'u Burundi cyanyaze Abanyekongo igitoro (lisansi).

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?