Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Hagaragajwe umubare w’abantu bamaze gukira virus itera Sida burundu.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
July 29, 2024
in Uncategorized
0
Hagaragajwe umubare w’abantu bamaze gukira virus itera Sida burundu.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Hagaragajwe umubare w’abantu bamaze gukira virus itera Sida burundu.

You might also like

Uwari uhetse kwica abatabazi bari i Mulenge yatawe muri yombi

Iby’impinduka zigiye kuba ku rubuga rwa Whatsapp rusanzwe rukoreshwa na benshi.

Banyamulenge Unite in Mbarara to Honor Mulenge Hero Rukunda Makanika

Bikubiye mu butumwa bwashizwe hanze n’ishami ry’u muryango w’Abibumbye ryita ku buzima WHO aho rivuga ko abantu barindwi kwaribo bamaze gukira indwara ya Sida burundu.

Virus itera Sida yavumbuwe mu 1983. Kuva icyo gihe hagiye hakorwa ubushakashatsi butandakanye kuri iyo virus, ifatwa nk’ituma umubiri ucika intege ikawambura ubudahangarwa, bikaviramo umuntu guhora arwaragurika, ni nacyo gihe bivugwa ko umuntu yarwaye Sida.

Uburyo rero budasanzwe bwakoreshwe mukuvura iy’indwara, bitangazwa ko hamaze kuboneka abantu barindwi gusa bakize iki cyorezo cya Sida, uhereye mu 2007 ari nabwo habonetse uwayikize mbere.

Mu nama mpuzamahanga yari ibaye ku nshuro ya 25 yiga kuri Sida yaberaga i Munich mu gihugu cy’u Budage yari yahurije hamwe impuguke, abashakashatsi, ndetse n’abandi benshi bafite ubumenyi butandakanye, bivugwa ko aha bahaganiriye ku bigezweho byo kurandura virus itera Sida burundu.

Binavugwa kandi ko uburyo bwakoreshejwe bwo kurandura virus itera Sida, bwiswe ‘STEM CELL TRANSPLANT’ bukaba bubabaza cyane, byongeyeho ibyago byo gupfa biba biri hejuru. Impuguke zasobanuye ko ubu buryo bw’ubuvuzi babonye bushoboka ku barwayi barwaye kanseri y’igakatu yo mu maraso ariko banafite virus itera Sida icyarimwe.

Uwitwa Adam Castillejo wo mu Mujyi wa London ufite imyaka 44, ni umwe mubakize virus itera Sida. Mu buhamya yahaye itangaza makuru yavuze ko kugira ngo akire byamaze imyaka myinshi kugira ngo byemezwe ko ubuvuzi bwatanze umusaruro mwiza, naho uwitwa Franke Marc w’imyaka 55 y’amavuko yemeje ko we yayikize burundu ndetse ko yahagaritse n’imiti.

Uhagarariye umuryango mpuzamahanga urwanya Sida, Sharon Lewin yavuze ko bishimishije kuba hari abakize, ariko yanatangaje ko ubuvuzi bwa virus itera Sida bugishoboka ku bantu bake. Ariko avuga kandi ko ibimaze gukorwa bitanga icyizere kinini ku guhangana n’iyi ndwara.

Mu 2007, umurwayi witwa Timothy Ray Brown yavuze ko yahawe imiti ivura virus itera Sida arakira. Ni nawe wari uyivuwe bwa mbere, gusa yaje gupfa nyuma ariko bivugwa ko yishwe na kanseri.

Ariko nanone kandi kugeza ubu nta muti uravugwa ko wizewe wavura Sida.

Iri shami rishinzwe ubuzima mu muryango w’Abibumbye, rinavuga ko hamaze kuboneka abantu banduye bashya basaga 1.3, mu gihe abarenga 42.3 bamaze kwicwa n’iyi virus itera Sida, abasaga bo miliyoni 40 bakaba bayimaranye igihe. Ku kigero cya 65% bafite iyi virus itera Sida batuye ku mugabane wa Afrika.

Mu ntego ziterambere z’uyu muryango, nuko mu mwaka w’ 2030 iyindwara izaba yaramaze kurandurwa burundu.

            MCN.
Tags: Abamaze gukiraSidaVirus itera
Share24Tweet15Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Uwari uhetse kwica abatabazi bari i Mulenge yatawe muri yombi

by Bruce Bahanda
May 29, 2025
1
Amakuru avugwa ku bitero FARDC iri gutegura kugaba i Mulenge.

Uwari uhetse kwica abatabazi bari i Mulenge yatawe muri yombi. Hafashwe umukobwa wari ufite misiyo yo kwica abayobozi bo muri Twirwaneho mu misozi miremire y'i Mulenge muri Kivu...

Read moreDetails

Iby’impinduka zigiye kuba ku rubuga rwa Whatsapp rusanzwe rukoreshwa na benshi.

by Bruce Bahanda
April 28, 2025
0
Iby’impinduka zigiye kuba ku rubuga rwa Whatsapp rusanzwe rukoreshwa na benshi.

Iby'impinduka zigiye kuba ku rubuga rwa Whatsapp rusanzwe rukoreshwa na benshi. Urubuga rwa Whatsapp rwamamaye ku isi cyane, ahanini mu gufasha abantu kuganira, rugiye gushyiraho uburyo bwo kurinda...

Read moreDetails

Banyamulenge Unite in Mbarara to Honor Mulenge Hero Rukunda Makanika

by Bruce Bahanda
April 12, 2025
0
Banyamulenge Unite in Mbarara to Honor Mulenge Hero Rukunda Makanika

Banyamulenge living in Mbarara, Uganda, are honoring the hero of Mulenge, General Rukunda Michel, widely known as Makanika. In this regard, they are organizing a football match, and...

Read moreDetails

The Kinshasa Government has once again shown AFC/M23 severe Obstacles in Negotiations

by Bruce Bahanda
April 11, 2025
0

The government of the Democratic Republic of the Congo has requested the authorities in Doha, Qatar, to ask AFC/M23 to withdraw its fighters from all areas it has...

Read moreDetails

What you should know about what is being said in Kisangani.

by minebwenews
April 2, 2025
0
What you should know about what is being said in Kisangani.

The city of Kisangani in the province of Tshopo, which is the third largest in Congo after Kinshasa, the capital city of DRC Congo, and Lubumbashi in the...

Read moreDetails
Next Post
U Rwanda rwashizwe ku mwanya wa mbere mu bihugu bifite politiki yogeteza Afrika imbere.

U Rwanda rwashizwe ku mwanya wa mbere mu bihugu bifite politiki yogeteza Afrika imbere.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?