• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Tuesday, September 9, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Depite Justin Bitakwira yasobanuye ibyuruzinduko arimo muri Kivu y’Amajy’epfo, urwari rugize iminsi rwibazwaho byinshi.

minebwenews by minebwenews
July 31, 2024
in Regional Politics
0
Depite Justin Bitakwira yasobanuye ibyuruzinduko arimo muri Kivu y’Amajy’epfo, urwari rugize iminsi rwibazwaho byinshi.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Depite Justin Bitakwira yasobanuye ibyuruzinduko arimo muri Kivu y’Amajy’epfo, urwari rugize iminsi rwibazwaho byinshi.

You might also like

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Ni ahar’ejo ku wa Kabiri tariki ya 30/07/2024, ubwo depite ku rwego rw’i ntara ya Kivu y’Amajy’epfo, Justin Bitakwira yahurizaga hamwe imitwe y’itwaje imbunda igera kuri 20 yo muri Fizi, Mwenga na Uvira, ayumvisa gushakira amahoro ibice iherereyemo, ndetse n’intara yose ya Kivu y’Epfo muri rusange.

Ibi biganiro bikaba byarabereye mu mujyi wa Baraka ho muri teritware ya Fizi.

Amakuru avuga ko ibiganiro ko byayobowe na Justin Bitakwira, kandi bikaba byarabaye mu byiciro bibiri.

Inama y’icicyiro cya mbere, yabaye isaha z’igitondo igihe c’isaha zitanu, mu gihe iyi cicyiro cya kabiri yo yabaye ahagana isaha z’ijoro iza guhumaza igihe c’isaha ya saa sita.

Ibi biganiro bikaba byaritabiriwe n’imitwe y’itwaje imbunda ya Maï Maï, harimo iyobowe na Gen Hamuri Yakutumba, Ngomanzito, Mtetezi, Réne, Makanaki n’indi.

Ibyavuye muri ibyo biganiro, bigenerwa itangaza makuru ryo muri ibyo bice, nuko iyo mitwe yose yemezanije gushakira akarere amahoro no gukorera hamwe kwiyo mitwe yo muri teritware ya Fizi, Mwenga na Uvira.

Nyuma yuko iyo mitwe yarimaze guteraho isinya ku masezerano yo gukorera hamwe kwayo no gushakira akarere amahoro, Depite Justin Bitakwira wari uyoboye ibyo biganiro yarayishimiye arangije avuga ibyurugendo rwe.

Yagize ati: “Bayobozi b’imitwe y’itwaje intwaro, dukurikije iki gikorwa cy’imihigo mwahize, ikaba kandi isomwe na William Yakutumba ukuriye umutwe wa CNPSC, mwemezanije igikorwa cyiza cy’amahoro. Kuba mwumvikanye guhagarika intambara no gukorera hamwe turabibashimiye byimazeyo.”

Yakomeje agira ati: “Naje inaha, ndi ntumwa ya perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi Tshilombo, kugira ngo nze byabanjye kunyuzwa muri Minisiteri y’ubutegetsi bw’i gihugu n’umutekano, kuba ibyanzanye bitanze umusaruro ndabibashimiye.”

Justin Bitakwira yaboneyeho no kubwira Ababembe n’Abapfulero ko intambara baheruka kugira yababaje cyane.

Ati: “Twarashakuje cyane, igihe twumvaga ko Bishambuke y’Abapfulero na CNPSC ya William Yakutumba wo mu bwoko bw’Ababembe mwasubiranyemo murarwana. Bwana komanda Ngomanzito na Komanda William Yakutumba, ibi byamenyekanye ku Isi hose nkaho hari intambara y’Ababembe n’Abapfulero, ariko mu byukuri ntacyo mwapfaga, turasaba ngo ibyo ntibikongere.”

Mu gosoza Depite Justin Bitakwira yavuze ko yishimiye kuba hari intambwe yatewe muguhuza imitwe y’itwaje imbunda igera kuri 20.

Ati: “Ndi umugabo wishimye cyane kuba narahuye n’iyi mitwe y’itwaje imbunda kandi tukaba tugeze kuri iyi ntambwe.”

Gusa uruzinduko rwa Justin Bitakwira, benshi bavuga ko atari uguhuza imitwe y’itwaje imbunda mu rwego rwo gushaka amahoro hubwo ko ari ukuyihuza kugira ngo igabe ibitero mu baturage baturiye i misozi miremire y’Imulenge, ahatuye ubwoko bw’Abanyamulenge, buzwiho kwangwa na Justin Bitakwira nk’uko yagiye abigarukaho kenshi, akavuga ko bagomba gusubira mu Rwanda ndetse kandi yagiye yumvikana inshuro nyinshi avuga ko Abanyamulenge ari ubwoko bubi, ubundi akavuga ko ari ubwoko bw’Inzoka.

Twabibutsa ko uruzinduko rwa Justin Bitakwira muri teritware ya Fizi Mwenga na Uvira, yaje aherekejwe n’abarimo abajenerali bane barimo Gen Padili uhagarariye Wazalendo ku rwego rw’igihugu.

              MCN.
Tags: amahoroBarakaImitwe y'itwaje imbundaJustin Bitakwira
Share24Tweet15Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya Intumwa z'u Rwanda n'iza Repubulika ya demokarasi ya Congo zahuriye i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe...

Read moreDetails

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Mu Burundi isubira nyuma ry'ubukungu bwaho riravuza ubuhuha Ubukungu bw'igihugu cy'u Burundi ku ngoma ya perezida Evariste Ndayishimiye bugenda burushaho kujya ahabi, kubera ibura ry'ibikomoka kuri peteroli, ugakubitiraho...

Read moreDetails

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

by minebwenews
September 2, 2025
0
Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n'iz'u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo Umuhuza bikorwa w'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho rirwanya...

Read moreDetails

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

by minebwenews
September 1, 2025
0
U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza. U Rwanda ruyobowe na perezida Paul Kagame, rwashyizwe ku mwanya wa kabiri mu bihugu bya...

Read moreDetails

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

by minebwenews
August 30, 2025
0
Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n'uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z'u Burundi zica Abanyamulenge. Freddy Kaniki Umuyobozi wungirije w'ihuriro rya Allience Fleuve...

Read moreDetails
Next Post
Umwe mubalimu b’Imulenge wafatwaga nk’inararibonye mu by’uburezi, yatabarutse, menya ibigwi bye.

Umwe mubalimu b'Imulenge wafatwaga nk'inararibonye mu by'uburezi, yatabarutse, menya ibigwi bye.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?