Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Umukuru w’igihugu cy’u Rwanda yagize icya vuga ku by’insengero, ndetse avuga no ku matorero y’inzaduka.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
August 14, 2024
in Regional Politics
1
Umukuru w’igihugu cy’u Rwanda yagize icya vuga ku by’insengero, ndetse avuga no ku matorero y’inzaduka.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Umukuru w’igihugu cy’u Rwanda yagize icya vuga ku by’insengero, ndetse avuga no ku matorero y’inzaduka.

You might also like

Kigali yafashe umwanzuro ukakaye nyuma y’uko RDC iyitambitse imbere.

Kwa Tshisekedi barakajwe n’itsinda ry’abayobozi bo mukarere baheruka kuganira na AFC/M23.

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

Perezida Kagame w’u Rwanda yavuze ko insengero zimaze iminsi zifungwa, zidakwiye gutuma haba impaka, kuko icyo kibazo cyaganiriweho kenshi, kandi ko amadini n’amatorero y’inzaduka akomeje kuvuka ku bwinshi ndetse ko arimo gutanga inyigisho ziyobya abantu.

Kagame yagarutse kuri iki kibazo cy’ifungwa ry’insengero, kuri uy’u wa Gatatu tariki ya 14/08/2024 ubwo yari amaze kwakira indahiro ya Minisitiri w’intebe n’izabadepite bashya.

Perezida Paul Kagame yavuze ko hakiri ibibazo bizitira abantu mu iterambere, birimo n’ikibazo cy’amadeni n’amatorero y’inzaduka yabaye menshi ariko inyigisho zitangwa n’amwe muri yo, zikaba ziri kuyobya rubanda.

Ibibazo by’insengero zafunzwe, aho igenzura ryakozwe n’urwego rw’igihugu rw’imiyoborere RGB rwafunze insengero zirenga ibihumbi umunani byagaragaye ko zitujuje ibisabwa.

Kagame yavuze ko iki kibazo cyazamuye impaka ndende zitari ngombwa, ati: “Murabanza induru imbere, ngo bafunze amakanisa, wabanje kuvuga uti ‘ariko ubundi yagiyeho ate? Cyangwa ubundi amakanisa ni iki?”

Yavuze ko imyumvire yo kubabazwa n’iki kibazo ku mateka y’ubukoroni bwinjijwe mu Banyafrika, ku buryo abantu batari bakwiye kurazwa inshinga n’iki kibazo, mu gihe bafite ibibazo byinshi bagomba gukemura.”

Ati: “Twari dukwiye gukoresha mu gukemura ibibazo bya buri munsi bitureba, biduha umutekano bituzamurira ubukungu, bituma Umunyarwanda atagira inzara atagira biriya bibazo navugaga, byose.”

Yanavuze kandi ko iki kibazo cyaganiriweho bihagije ku buryo ifungwa ry’izi nsengero ritari rikwiye kuzamura izindi mpaka, cyangwa kuba hari insengero zagombye kuba zitujuje ibisabwa byatumye zifungwa.

Avuga ko buri wese ashaka kugira urusengero mu gikari cye.

Paul Kagame yavuze ko ubwinshi bw’izi nsengero butari ngombwa, aho yahise avuga ko “Ubu koko mwebwe nk’Abanyarwanda mwebwe Abadepite mwicaye aha ubwanyu, ubu hejuru yo kuba umudepite mwumva mufite aho mushingiraho ku buryo buri wese yagira ikanisa mu gikari cye? Ukaba umudepite, ukaba umupasitoli ukagira ikanisa, erega n’udafite na wa wundi wabujije ibikorwa byari bikwiye kumuha amafaranga agomba kwishakamo amafaranga yaza akaguha.”

Perezida Paul Kagame yavuze kandi ko urebye izi nsengero zabayeho zari zigamije gukamura abantu amafaranga.

N’inyigisho zitangwa n’aya matorero ubwazo zikwiye kwitonderwa, aho yagarutse kuri bamwe mu biyita abakozi b’Imana bahanurira abaturage ibyo baba bavuga ko batumwe n’Imana.

Ati: “Mbere na mbere njyewe mpuye na we ukambwira ibyo, nabanza kukubaza niba utari umusazi. Ugomba kuba uri umusazi, icya kabiri nagusaba ubuhamya, ibimenyetso, nti ‘ibi uvuga ko waraye uhuye n’Imana, ibyo yagutumye cyangwa yakuntumyeho, nyereka gihamya.”

Yavuze ko Abanyarwanda bagomba kwirinda inyigisho zibarindagiza, nyamara abakora nk’ibyo byo guhanura aribo baba barararindagiye.

Yavuze ko hari amadini yabayeho mbere ndetse ko atayafiteho impaka nubwo hari ibyo wenda yaba atemeranya na yo, ariko ko Abanyarwanda bakwiye kwirinda abazana inyigisho z’inzaduka.

Ati: “Ibindi by’amafuti bidusanga hano mwebwe abantu bakuze, abantu bazima, mufite ibyo mwanyuzemo, umuntu akaza akarindagiza abantu, igihugu cyose akagira ingwate, namwe mukarindagira mugakurikira, uwayobye.”

Yavuze kandi ko ‘ikibabaje abakunze gukurikira amatorero y’inzaduka ari abantu baba barize za kaminuza, baniyita ibikomerezwa. Ati: “Warangiza ugashukwa n’umusazi ukamukurikira? Ntunamubaze ati ariko urantwara hehe?”

Yanatanze urugero rw’amatorero nk’aya yo mu bindi bihugu, anayobya abantu ku buryo hari n’abo atuma bahaburira ubuzima, ku buryo byari bikwiye gutanga isomo.

Yasoje iki kiganiro asaba Abadepite batowe kuzashyiraho amategeko azabasha guca aka kajagari.

            MCN.
Tags: AmakanisaAmatorero y'inzadukaRwanda
Share24Tweet15Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Kigali yafashe umwanzuro ukakaye nyuma y’uko RDC iyitambitse imbere.

by Bruce Bahanda
June 7, 2025
0
Kigali yafashe umwanzuro ukakaye nyuma y’uko RDC iyitambitse imbere.

Kigali yafashe umwanzuro ukakaye nyuma y'uko RDC iyitambitse imbere. Igihugu cy'u Rwanda cyikuye mu muryango wa CEEAC nyuma y'aho Repubulika ya demokarasi ya Congo ikibangamiye. Uyu mwanzuro u...

Read moreDetails

Kwa Tshisekedi barakajwe n’itsinda ry’abayobozi bo mukarere baheruka kuganira na AFC/M23.

by Bruce Bahanda
June 7, 2025
0
Kwa Tshisekedi barakajwe n’itsinda ry’abayobozi bo mukarere baheruka kuganira na AFC/M23.

Kwa Tshisekedi barakajwe n'itsinda ry'abayobozi bo mukarere baheruka kuganira na AFC/M23. Repubulika ya demokarasi ya Congo yagaragaje ko yababajwe n'urwego rwa karere ka Afrika y'ibiyaga bigari rushinzwe kugenzura...

Read moreDetails

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

by Bruce Bahanda
June 5, 2025
0
Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

Perezida Tshisekedi yakiriye wa munyapolitiki uheruka kwibasira Kabila. Perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi, yakiriye umunyapolitiki wo muri iki gihugu Martin Fayulu uheruka gutangaza ko...

Read moreDetails

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
AFC/M23 yatangaje igikorwa iri bwereke Isi kuri uyu wa 5.

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye. Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC, ryatangaje ko ryakiriye umunyapolitiki Marcelin Cishambo, kandi ko yazanye n'abandi banyapolitiki barimo n'abatavuga rumwe n'ubutegetsi...

Read moreDetails

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo. Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yahakanye ibivugwa ko iri mu kwibasira abasirikare ba kuru ba FARDC...

Read moreDetails
Next Post
Perezida Kagame yagize icyavuga kuri RDC ikomeje gufasha FDLR, ndetse atanga n’umuco kubibaza niba RDF iri muri RDC.

Perezida Kagame yagize icyavuga kuri RDC ikomeje gufasha FDLR, ndetse atanga n'umuco kubibaza niba RDF iri muri RDC.

Comments 1

  1. Habarurema Aimé Emmanuel says:
    10 months ago

    Insengero zo zirakabije bagiye bazana inganda n’indi mirimo akaba aribyo banabwiririzamo abantu se? Ubwo insengero 8000 zose ni mu Rwanda rimwe?

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?