• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Wednesday, September 10, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Ijoro ryaraye rikeye ngo ryari umubabaro ku baturiye u mujyi wa Goma, mu Burasirazuba bwa RDC.

minebwenews by minebwenews
August 21, 2024
in Regional Politics
0
Ijoro ryaraye rikeye ngo ryari umubabaro ku baturiye u mujyi wa Goma, mu Burasirazuba bwa RDC.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ijoro ryaraye rikeye ngo ryari umubabaro ku baturiye u mujyi wa Goma, mu Burasirazuba bwa RDC.

You might also like

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Ni amakuru akomeje gucicikana ku mbugankoranyambaga, avuga ko kubera abajura baraye barasagura amasasu menshi i Goma ijoro ryose ryo kuri uyu wa Kabiri rishira kuri uyu wa Gatatu tariki ya 21/08/2024, Abanye-goma byatumye barara biruka ndetse bakanikanga burinda buca.

Umujyi wa Goma uzwi nk’umurwa mukuru w’i Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, wakunze guhura n’ibibazo by’u mutekano muke ahanini biva ku bajura bibisha intwaro kandi z’ubwoko bwose, ni mu gihe bamwe baza bwitwaje grenade, AK-47, ndetse n’abandi hari ababa bafite imbunda zirimo iza Mashin gun.

Aya makuru avuga ko amasasu yatangiye kuraswa ku mugoroba w’ajoro w’ejo hashize, ndetse aza kongera kumvikana igihe c’isaha z’ijoro ryaraye rikeye ngo nk’igihe c’isaha ya saa tanu na nyuma yazo.

Kandi nk’uko iy’inkuru ibivuga amasasu menshi yavugiye mu duce twa Kasika na Katindo ho muri uyu mujyi wa Goma.

Binavugwa kandi ko abaturage baturiye uyu mujyi wa Goma, bavuga ko bikomeza kuba bibi kurushaho kuko umutekano muke uvugwa mu bice byose by’u mujyi.

Umwe mu banyamakuru baturiye ibyo bice, Rodriguez Katsuva, yashize inyandiko hanze akoresheje imbuga nkoranya mbaga, avuga ko abiba bamena inzugi, bagakomeretsa abaturage bamwe bakubiswe ingumi abandi batewe ibyuma.

Kandi yongeraho ko ubufasha bwa Polisi budahagije.

Ukurikiye Sosiyete sivile muri teritware ya Nyiragongo, Jean Mambo Kawaya, nawe yumvikanye atabaza umuyobozi w’intara ya Kivu y’Amajyaruguru uyiyobora gisirikare, Major Gen Peter Cirumwami Nkuba nyuma y’uko amasasu yari yarashwe cyane ku mugongo wo ku wa Kabiri agasiga akomerekeje abantu batatu.

Abakomeretse barimo umugore n’abagabo babiri bose barashwe amaguru.

Teritware ya Nyiragongo niyo teritware ipakanye n’umujyi wa Goma.

Uduce twarasiwemo abantu turi mu nkengero z’umujyi wa Goma, muri Grupema ya Munigi nka hitwa Turungu, ubwo ayo masasu yavugaga hari igihe c’isaha ya saa kumi n’ebyeri z’umugoroba wajoro.

Hari na video yashizwe hanze igaragaza abaturage biruka bahunga amasasu, ndetse n’abo bakomeretsemo bamwe aho bahise bajanwa mu bitaro, nk’uko iyi video ibyerekana.

Ibyo byabaye mu gihe, inzego zishinzwe umutekano zari ziheruka gufata ingamba zo guhashya amabandi arimo abasirikare n’abapolisi n’urubyiruko rwa Wazalendo rusanzwe rufasha FARDC kurwanya umutwe wa M23.

Ikibabaje, mu bihe bitandukanye ubuyobozi bwagiye bugaragaza ko abafatirwa mu bikorwa by’ubugizi bwa nabi i Goma harimo na bamwe mu bashinzwe umutekano.

          MCN.
Tags: GomaUmutekano
Share24Tweet15Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya Intumwa z'u Rwanda n'iza Repubulika ya demokarasi ya Congo zahuriye i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe...

Read moreDetails

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Mu Burundi isubira nyuma ry'ubukungu bwaho riravuza ubuhuha Ubukungu bw'igihugu cy'u Burundi ku ngoma ya perezida Evariste Ndayishimiye bugenda burushaho kujya ahabi, kubera ibura ry'ibikomoka kuri peteroli, ugakubitiraho...

Read moreDetails

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

by minebwenews
September 2, 2025
0
Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n'iz'u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo Umuhuza bikorwa w'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho rirwanya...

Read moreDetails

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

by minebwenews
September 1, 2025
0
U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza. U Rwanda ruyobowe na perezida Paul Kagame, rwashyizwe ku mwanya wa kabiri mu bihugu bya...

Read moreDetails

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

by minebwenews
August 30, 2025
0
Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n'uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z'u Burundi zica Abanyamulenge. Freddy Kaniki Umuyobozi wungirije w'ihuriro rya Allience Fleuve...

Read moreDetails
Next Post
Hari ibyatangajwe ku itabwa muri yombi ry’uwahoze ari minisitiri w’ubutabera muri RDC.

Hari ibyatangajwe ku itabwa muri yombi ry'uwahoze ari minisitiri w'ubutabera muri RDC.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?