• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Monday, October 20, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Byatangajwe ko u Burusiya bwakoze ibitero bikomeye muri Ukraine.

minebwenews by minebwenews
August 27, 2024
in Regional Politics
0
Byatangajwe ko u Burusiya bwakoze ibitero bikomeye muri Ukraine.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Byatangajwe ko u Burusiya bwakoze ibitero bikomeye muri Ukraine.

You might also like

U Burundi bwasabye kimwe mu bihugu by’ibihangange ku isi kubuhuriza mu biganiro n’u Rwanda

Icyo amakuru avuga ku biganiro perezida w’u Burundi yagiranye na AFC/M23

Abarundi bakoze igikorwa kigayitse nyuma yibyatangajwe na Sedate

Ni amakuru yatangajwe n’abategetsi bo muri Ukraine, aho bavuze ko i bitero by’u Burusiya byishe abasivile mu gihugu cyabo( Ukraine), mu bitero by’indege z’intambara zitagira abapilote zizwi nka drone.

Ni ibitero aba bategetsi bavuga ko byagabwe mu karere ka Zaporizhzhia, mu majyepfo ashyira u Burasirazuba bw’iki gihugu.

Mbere, abagenzuzi b’ikirere ba Ukraine batahuye indege z’u Burusiya zagabye ibitero bya misile zihuta cyane zifite umuvuduko uri hejuru, zizwi nka hypersonic missile; ndetse igisirikare cya Ukraine kirwanira mu kirere cyavuze ko cyahanuye misile z’u Burusiya zigera muri zitanu na drone 60.

Abantu nibura batandatu baguye muri ibyo bitero byagabwe mu ijoro ryo ku Cyumweru rishyira ku wa Mbere, naho abandi bantu babarirwa muri za mirongo barakomeretse, ubwo uturere turenga kimwe cya kabiri cy’uturere twa Ukraine twagabwagaho ibitero na drone n’ibisasu bya misile by’u Burusiya.

Abantu bikinze ahategerwa gariyamoshi zigendera munsi y’ubutaka mu murwa mukuru Kyiv, ubwo baburigwaga ko hagiye kugabwa igitero giturutse mu kirere.

Ibikorwa remezo by’amashanyarazi byarashweho, bituma umuriro ubura mu mijyi myinshi, ndetse bigira ingaruka no kuburyo bwo kubona amazi.

Itangazo rya minisiteri y’ingabo z’u Burusiya ryavuze ko intwaro zidahusha zirasa kure zo mu kirere n’izirasa mu nyanja zakoreshejwe mu kurasa ku bigo by’ingufu z’amashanyarazi n’ibikorwa remezo bijyanye na zo muri Ukraine, harimo no mu murwa mukuru Kyiv, mu karere ka Lviv, mu karere ka Kharkiv no mu karere ka Odesa.
Perezida wa leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Joe Biden yavuze ko ibyo bitero ari agahomamunwa, avuga ko Amerika uzakomeza gufasha umuyoboro wa Ukraine.

Naho minisitiri w’ubabanye n’amahanga w’u Bwongereza, David Lammy yamaganye ibitero by’u Burusiya bya misile na drone by’u Burusiya ku bikorwa remezo bya gisivile.

Mu bitero bishya byo mu ijoro ryacyeye rishyira kuri uyu wa Kabiri, u Burusiya bwavuze ko bwateye misile 10, bunohereza drone 81.

Hotel yarashweho na misile yo mu bwoko bwa “ballistic” mu mujyi wa Kryvyi Rih mu ijoro ryo ku wa Mbere, yishe umugabo n’umugore, ndetse abandi bantu benshi barakomereka. Usibye ko byanavuzwe kandi ko hari abantu baburiwe irengero nyuma y’icyo gitero.

Uyu mujyi wa Kryvyi Rih ni wo perezida wa Ukraine Zelensky avukamo.

Ku rundi ruhande, umuyobozi mukuru wa karere ka Zaporizhzhia, Ivan Fedorov, yavuze ko abantu babiri bishwe, naho abandi bane barakomereka mu bitero bya drone.

Imbunda ziremereye nazo zumvikanye ahanini mu mijyi ya Sumy, Khmelnytsky na Mykolayiv.

Hanatahuwe uburyo bwo kurasa misile nyinshi zihuta cyane kurusha ijwi zo mu bwoko bwa ballistic zirasirwa mu kirere, zigorana ku bwirinzi bwo mu kirere mu kuzifata.

Mu mezi yavuba ashize, u Burusiya bwasubukuye ibitero byabwo ku muyoboro w’amashanyarazi wa Ukraine, bituma umuriro ubura kenshi mu gihugu.

Ku wa Mbere, perezida Zelensky Volodymyr yasabye inshuti za Ukraine zo mu Burengerazuba, zirimo u Bwongereza, Amerika n’u Bufaransa, guhindura amategeko yazo zikareka Ukraine igakoresha imbunda zayihaye , ikazirasisha kure cyane mu Burusiya.

Ukraine yemerewe gukoresha zimwe mu mbunda z’u Burengerazuba mu kurasa imbere mu Burusiya, ariko zitari intwaro zo kurasa mu ntera ndende.

Yagize ati: “Dushobora gukora byinshi kurushaho mu kurinda ubuzima bwa baturage bacu, ariko bikaba mu gihe ibihugu byo mu Burengerazuba byaduhanguye.”

               MCN
Tags: BikomeyeIbiteroMuri UkraineU Burusiya
Share24Tweet15Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

U Burundi bwasabye kimwe mu bihugu by’ibihangange ku isi kubuhuriza mu biganiro n’u Rwanda

by Bahanda Bruce
October 20, 2025
0
Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

U Burundi bwasabye kimwe mu bihugu by'ibihangange ku isi kubuhuriza mu biganiro n'u Rwanda Perezida w'u Burundi, Evariste Ndayishimiye, yasabye u Bufaransa ngo bumuhurize mu biganiro n'u Rwanda,...

Read moreDetails

Icyo amakuru avuga ku biganiro perezida w’u Burundi yagiranye na AFC/M23

by Bahanda Bruce
October 18, 2025
0
Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Perezida w'u Burundi yagiranye ibiganiro na AFC/M23 Perezida w'u Burundi Evariste Ndayishimiye yagiranye ibiganiro by'ibanga n'intumwa z'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika ya demokarasi...

Read moreDetails

Abarundi bakoze igikorwa kigayitse nyuma yibyatangajwe na Sedate

by Bahanda Bruce
October 18, 2025
0
Abarundi bakoze igikorwa kigayitse nyuma yibyatangajwe na Sedate

Abarundi bakoze igikorwa kigayitse nyuma yibyatangajwe na Sedate Abarundi mu mujyi wa Bujumbura bawutwikiyemo imodoka ifite pulake y'u Rwanda nyuma y'amagambo yatangajwe n'umushoramari w'Umunyarwanda Sadate Munyakazi. Iyi modoka...

Read moreDetails

Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

by Bahanda Bruce
October 17, 2025
0
Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Perezida w'u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w'u Rwanda Amakuru aturuka mu gihugu cy'u Burundi avuga ko perezida w'iki gihugu Evariste Ndayishimiye, yategetse imbonerakure...

Read moreDetails

Ibyumviakanyweho i Doha hagati ya RDC na M23, Amerika yabivuzeho

by Bahanda Bruce
October 15, 2025
0
Ibyumviakanyweho i Doha hagati ya RDC na M23, Amerika yabivuzeho

Ibyumviakanyweho i Doha hagati ya RDC na M23, Amerika yabivuzeho Leta Zunze ubumwe z'Amerika zashimye umwanzuro wafatiwe mu biganiro by'i Doha muri Qatar wo guhagarika imirwano hagati y'Ingabo...

Read moreDetails
Next Post
Andi makuru yavuzwe kuri Wazalendo na FDLR, imitwe y’itwaje imbunda ifasha FARDC kurwanya M23.

Andi makuru yavuzwe kuri Wazalendo na FDLR, imitwe y'itwaje imbunda ifasha FARDC kurwanya M23.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?