Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Hatanzwe ubusobanuro ku mpamvu Leta yasabwe kugabanya abasirikare mu mujyi wa Goma.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
August 28, 2024
in Regional Politics
0
Hatanzwe ubusobanuro ku mpamvu Leta yasabwe kugabanya abasirikare mu mujyi wa Goma.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Hatanzwe ubusobanuro ku mpamvu Leta yasabwe kugabanya abasirikare mu mujyi wa Goma.

You might also like

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

Nibyasabwe na Sosiyete sivile yo mu mujyi wa Goma mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo, yasabye leta kugabanya abasirikare bari muri uyu mujyi, igaragaza ko bamwe muri bo ari bo bakomeje gukora ibyaha birimo ubujura no kwambura abantu ubuzima.

Perezida w’iy’i Sosiyete sivile, Marion Ngavo, yatanze ubu busabe nyuma yaho umusirikare wari wambaye imyambaro y’igisikare ateye agace ka Majengo muri uyu mujyi tariki ya 26/08/2024, akarasa mu baturage nyuma yo kwambura umugore amafaranga yavunjaga.

Umucuruzi wabonye uyu musirikare yagize ati: “Umusirikare ufite imbunda yaje, asaba uyu mugore ku muha amafaranga yose, undi nawe arabyanga ariko ubwo yabonaga imbunda, yarayamuhaye. Abaturage babibonye bavugirije umusirikare induru. Ubwo ni bwo yatangiye kurasa amasasu menshi mu nzira. Twamukurikiye ariko yakomeje kurasa aza no kugira abo akomeretsa.”

Ngavo yasobanuye ko mu mezi menshi ashize , abateza umutekano muke i Goma ari abasirikare batari ku rugamba, birirwa bazerera muri uyu mujyi, kandi bakabaye baba mu bigo bya gisirikare.

Ati: “Abateza umutekano muke n’imfu amanywa n’ijoro rimwe na rimwe baba ari abasirikare. Urugero ni urw’umusirikare wibye amafaranga umuvunjayi, akarasa abantu, umwe muri bo agapfira ku bitaro. Mu gihe aba basirikare batari ku rugamba, bagomba gusubizwa mu bigo byabo.

Uyu muyobozi wa Sosiyete sivile yakomeje ati: “Ntabwo bakwiye kuba bazererana imbunda mu mujyi wa Goma kubera ko ibintu biri kurushaho kuba bibi.”

Abasirikare bongerewe mu mujyi wa Goma mu ntangiriro za 2024 ubwo umutwe witwaje imbunda wa M23 wafataga ibice biwukikije. Icyo gihe hari ubwoba ko abarwanyi ba M23 bashobora kuwufata. Ikibazo abaturage ni uko abakabarindiye umutekano ari bo bakomeje kubambura ubuzima n’imitungo yabo.

                MCN.
Tags: GomaKugabanywaUbusobanuro
Share24Tweet15Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

by Bruce Bahanda
July 24, 2025
0
U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi. Guverinoma ya Repubulika ya demokarasi ya Congo n'iy'u Rwanda zagiranye amasezerano yo gucyura impunzi ziri mu bihugu byombi zibishaka,...

Read moreDetails

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho minisitiri w'intebe mushya, Dr. Justin Nsengiyumva. Uyu mwanya wa minisitiri w'intebe w'u Rwanda Dr....

Read moreDetails

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails
Next Post
Ibyo wa menya ku migambi iri gucurwa na Justin Bitakwira afatikanije n’abamwe mu bategetsi b’u Burundi.

Ibyo wa menya ku migambi iri gucurwa na Justin Bitakwira afatikanije n'abamwe mu bategetsi b'u Burundi.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?