Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Imibare yabaguye muri gereza ya Makala ikomeje kwiyongera.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
September 11, 2024
in Regional Politics
0
Imibare yabaguye muri gereza ya Makala ikomeje kwiyongera.
61
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Imibare yabaguye muri gereza ya Makala ikomeje kwiyongera.

You might also like

Kigali yafashe umwanzuro ukakaye nyuma y’uko RDC iyitambitse imbere.

Kwa Tshisekedi barakajwe n’itsinda ry’abayobozi bo mukarere baheruka kuganira na AFC/M23.

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

Byatangajwe n’umuvugizi wa Guverinoma ya Kinshasa, Patrick Muyaya, aho yavuze ko abapfiriye muri gereza nkuru ya Makala iherereye i Kinshasa ku murwa mukuru w’i Gihugu biyongereye.

Amasasu yahitanye imfungwa zari zifungiye muri gereza ya Makala yumvikanye mu gitondo cyo ku itariki ya 02/09/2024, nyuma y’uko zari zagerageje gucika, nk’uko abategetsi ba RDC bakomeje kubyigamba muri icyo gihe.

Minisitiri w’umutekano w’imbere mu gihugu, Jacquemain Shabani, yatangaje ko imfungwa 129 ari zo zapfuye, zirimo 24 zarashwe n’abacungagereza, hakomereka 59, izindi z’abagore zifatwa ku ngufu.

Iyi mibare yaje guterwa utwatsi n’imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu yo muri Repubulika ya demokarasi ya Congo, isaba ko habaho iperereza ryigenga ryafasha Abanyekongo kumenya imibare nyakuri y’abapfuye n’abakomeretse.

Rero, umuryango wa FBCP(Foundation Bill Clinton Pour la paix), uyobowe na Emmanuel Adu Cole, wagaragaje ko hari imfungwa za Makala 1.767 zaburiwe irengero nyuma y’uko kugerageza gucika gereza.

Mu gihe Patrick Muyaya ku itariki ya 09/09/2024 yatangaje ko perezida Félix Tshisekedi yasabye abari gukora iperereza ku byabereye muri gereza ya Makala kugaragaza ibyavuyemo mu gihe kitarenze iminsi irindwi.

Yagize ati: “Ariko birababaje. Umubare w’Abapfuye wari 129, ariko ubu hiyongereyemo babiri bazize ibikomere bakuye muri iki kibazo. Icyo twahisemo ni ukugaragaza ukuri, bitandukanye n’iby’abanyapolitiki bashaka kuyobya.”

Yakomeje agira ati: “Hafashwe n’ingamba zirimo gufasha abagore bose bafashwe ku ngufu kandi ibiro bya Loni bishinzwe uburenganzira bw’ikiremwamuntu byinjiye muri iri perereza kugira ngo buri wese amenye ukuri ku byabaye.”

Minisitiri w’ubutabera wa RDC, Constant Mutamba, kuri izi tariki 09/09/2024, we, yatangaje ko abagore 48 bafatiwe ku ngufu muri gereza ya Makala ubwo habagaho igeragezwa ryo gucika. Mu bashinjwa kubafata ku ngufu harimo abacungagereza.

                MCN.
Tags: AbaguyeImibareMakaraYiyongereye
Share24Tweet15Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Kigali yafashe umwanzuro ukakaye nyuma y’uko RDC iyitambitse imbere.

by Bruce Bahanda
June 7, 2025
0
Kigali yafashe umwanzuro ukakaye nyuma y’uko RDC iyitambitse imbere.

Kigali yafashe umwanzuro ukakaye nyuma y'uko RDC iyitambitse imbere. Igihugu cy'u Rwanda cyikuye mu muryango wa CEEAC nyuma y'aho Repubulika ya demokarasi ya Congo ikibangamiye. Uyu mwanzuro u...

Read moreDetails

Kwa Tshisekedi barakajwe n’itsinda ry’abayobozi bo mukarere baheruka kuganira na AFC/M23.

by Bruce Bahanda
June 7, 2025
0
Kwa Tshisekedi barakajwe n’itsinda ry’abayobozi bo mukarere baheruka kuganira na AFC/M23.

Kwa Tshisekedi barakajwe n'itsinda ry'abayobozi bo mukarere baheruka kuganira na AFC/M23. Repubulika ya demokarasi ya Congo yagaragaje ko yababajwe n'urwego rwa karere ka Afrika y'ibiyaga bigari rushinzwe kugenzura...

Read moreDetails

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

by Bruce Bahanda
June 5, 2025
0
Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

Perezida Tshisekedi yakiriye wa munyapolitiki uheruka kwibasira Kabila. Perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi, yakiriye umunyapolitiki wo muri iki gihugu Martin Fayulu uheruka gutangaza ko...

Read moreDetails

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
AFC/M23 yatangaje igikorwa iri bwereke Isi kuri uyu wa 5.

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye. Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC, ryatangaje ko ryakiriye umunyapolitiki Marcelin Cishambo, kandi ko yazanye n'abandi banyapolitiki barimo n'abatavuga rumwe n'ubutegetsi...

Read moreDetails

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo. Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yahakanye ibivugwa ko iri mu kwibasira abasirikare ba kuru ba FARDC...

Read moreDetails
Next Post
U Bubiligi bwongeye kuregwa n’abagore ba Banye-kongo bajanwe mu Bubiligi igihe cy’ubukoloni.

U Bubiligi bwongeye kuregwa n'abagore ba Banye-kongo bajanwe mu Bubiligi igihe cy'ubukoloni.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?