Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

U Bubiligi bwongeye kuregwa n’abagore ba Banye-kongo bajanwe mu Bubiligi igihe cy’ubukoloni.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
September 11, 2024
in Regional Politics
0
U Bubiligi bwongeye kuregwa n’abagore ba Banye-kongo bajanwe mu Bubiligi igihe cy’ubukoloni.
61
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

U Bubiligi bwongeye kuregwa n’abagore ba Banye-kongo bajanwe mu Bubiligi igihe cy’ubukoloni.

You might also like

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Ni abagore batanu baba metisse, bakuwe mu gihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo, igihe cy’ubukoloni, bajyanye leta y’u Bubiligi mu rukiko bayishinja ku batandukanya n’ababyeyi babo.

Barimo uwitwa Simone Ngalula, Monique Bintu Bingi, Lea Tavares Mujinga, Noelle Verbeeken na Marie-Jose Loshi, bose babyawe n’abagore b’Abanyekongo batewe inda n’Ababiligi bari muri RDC igihe cy’ubukoloni.

Ahagana mu mwaka w’ 1948 na 1961, bajyanywe mu bigo bya gikristo byo mu Bubiligi, batandukanyijwe na ba nyina.

U Bubiligi bwasobanuye ko kujyana aba bana i Bruxelles mu Bubiligi byari ukugira ngo bahabwe uburezi bwiza bw’iburayi, ariko ukuri kwamenyekanye ni uko batashakaga ko baguma muri RDC.

Ubwo u Bubiligi bwategekaga Repubulika ya demokarasi ya Congo, bwagiye kuvayo bujana abana bari hagati ya 14,000 na 20,000. Impamvu nyakuri yatumye bubikora, ni uko butashakaga ko bazamenya ubwenge, bakazabahinduka.

U Bubiligi kandi bwatinyaga ni uko Abanyekongo bashoboraga kwitiranya aba ba metissses n’Ababiligi bakazabafata nk’abanyembaraga.

Aba bagore bose bafite imyaka 70 y’amavuko. Ahagana mu mwaka w’ 2021 bari bareze kandi leta y’u Bubiligi, bagaragaza ko gutandukanywa n’ababyeyi babo biri mu bigize ibyaha byibasiye inyoko muntu.

Icyo gihe urukiko rw’i Bruxelles mu Bubiligi rwateye utwatsi ikirego cyabo, rusobanura ko rudashobora kugendera ku itegeko ritabagaho rigena icyaha kitabagaho igihe cy’u Bukoloni.

Nyuma y’umwanzuro w’uru rukiko, abanyamategeko b’aba ba metissses bagize bati: “Barashimuswe, bafatwa nabi, barirengagiza, bakurwa mu Isi. Ni ikimenyetso kiriho cy’icyaha cyakozwe na leta ariko kitahawe agaciro.”

Mu bujurire batanze kuri uyu wa Mbere tariki ya 09/09/2024, bagaragaje ko bifuza ko urukiko rwemeza ko icyaha cyibasiye inyokomuntu cyabagaho mu gihe cy’ubukoloni.

Abanyamategeko babo banagagaragaje ko iki cyaha cyabagaho ngo kuko n’urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rwa Nuremberg, muri icyo gihe rwaburanishije ndetse ngo runakatira ubutegetsi bw’Abanazi bari barakoze ibifitanye isano nibyo.

Aba bagore bose kwari batanu bifuza ko mu gihe bazatsinda uru rubanza, bazahabwa indishyi. Ikiruta ibindi kuri bo ni uko icyaha bakorewe cyazahabwa agaciro n’ubutabera bw’u Bubiligi.

Ahagana mu mwaka w’ 2019, Charles Michele wari minisitiri w’intebe w’u Bubiligi yasabye imbabazi ku bana b’Abanyekongo u Bubiligi bwashimuse muri RDC hagati mu 1959 na 1962, agaragaza ko bitari bikwiye ko bimwa ubutabera.

Umwami Philippe w’u Bubiligi na we ubwo yagiriraga uruzinduko muri Repubulika ya demokarasi ya Congo mu 2022, yasabye imbabazi ku bw’ubububare Ababiligi bateye Abanyakongo mu gihe cy’ubukoloni, gusa ntacyo yavuze ku ndishyi bamaze igihe kirekire basaba.

            MCN.
Tags: Abagoreb'AbanyekongoBajanye u BubiligiBatanuUrukiko
Share24Tweet15Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

by Bruce Bahanda
July 21, 2025
0
Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk'abamaraika, agaragaza n'impamvu yabyo. Umugaba mukuru w'Ingabo za Uganda, General Kainarugaba Muhoozi, yatangaje ko umukuru w'igihugu cy'u Rwanda Paul...

Read moreDetails

Umudipolomate wa RDC ukorera mu Bubiligi yafunzwe.

by Bruce Bahanda
July 21, 2025
0
Umudipolomate wa RDC ukorera mu Bubiligi yafunzwe.

Umudipolomate wa RDC ukorera mu Bubiligi yafunzwe. Mu buryo budasanzwe umudipolomate wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Mutebwa Mulumba Jean Dieu, usanzwe ari umujyanama wa kabiri muri ambasade...

Read moreDetails
Next Post
Muri Rutshuru habyukiye imirwano ikaze hagati ya M23 n’ihuriro ry’ingabo za RDC.

Muri Rutshuru habyukiye imirwano ikaze hagati ya M23 n'ihuriro ry'ingabo za RDC.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?