Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Umugambi wa perezida Tshisekedi wo gutera u Rwanda ukomeje kurushaho kunozwa nyuma y’uko Kayumba aherutse i Kinshasa.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
September 28, 2024
in Regional Politics
0
Umugambi wa perezida Tshisekedi wo gutera u Rwanda ukomeje kurushaho kunozwa nyuma y’uko Kayumba aherutse i Kinshasa.
102
SHARES
2.6k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Umugambi wa perezida Tshisekedi wo gutera u Rwanda ukomeje kurushaho kunozwa nyuma y’uko Kayumba aherutse i Kinshasa.

You might also like

Kera kabaye u Burundi bwafunze padiri kubera Misa yasomye.

Nyuma yo guhura n’abayobozi ba AFC/M23, umuyobozi wa MONUSCO yavuze icyo yizeye.

Ibyo gusinya amasezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na Congo si byanone.

Hagati muri uku kwezi kwa Cyenda, byavuzwe ko Kayumba Nyamwasa yageze i Kinshasa muri Repubulika ya demokarasi ya Congo, aho yaje guhura n’abategetsi batandukanyijwe b’iki gihugu barimo n’abo mu mutwe wa FDLR.

Uru rugendo Kayumba yaruguriye muri iki gihugu cya RDC, mu gihe bwana perezida Félix Tshisekedi hari hashize iminisi atangije gahunda yo kwiyunga n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Rwanda mu rwego rwo kugira ngo azashore intambara muri iki gihugu cy’u Rwanda.

Nyamwasa niwe watangije umutwe wa RNC, ni nawe wanagize uruhare mu gushinga ihuriro rya P5 rigizwe n’imitwe y’iterabwoba igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda.

Umutwe wa Rud-Urunana ubarizwa muri iryo huriro rya P5, uri muyagerageje kugaba igitero mu Rwanda, aho wakigabye i Musanze mu Rwanda mu 2019 , igitero cyasize gihitanye inzira karengane.

Igitangaza makuru cya Igihe dukesha iy’inkuru cyatangaje ko Kayumba Nyamwasa hashize igihe afitanye imikoranire yahafi na Africa Theoneste Misago ushinzwe ibikorwa bya FDLR mu gice cya Afrika y’Amajy’epfo na Alphonse Munyarugendo ubarizwa muri Mozambique.

Muri iyo mikoranire na FDLR, Nyamwasa afashwa cyane na Etienne Mutabazi nawe wahoze mu ngabo za Habyarimana. Uyu Mutabazi yanabayeho umuvugizi wa RNC mu 2019.

Binavugwa kandi ko Kayumba Nyamwasa avugana umunsi ku wundi na Maj Gaston Iyamuremye uzwi nka Victor Byiringiro uyoboye umutwe wa FDLR muri iki gihe.

Byanavuzwe kandi ko muri iyi gahunda nshya ya Kayumba, Misago ashinzwe guhuza ibikorwa byose bya FDLR ndetse ni we ugira uruhare mu bukangurambaga bwo gushaka abajya muri uyu mutwe n’ubwo gukusanya imisanzu.

Munyarugendo ukorera ubucuruzi muri Mozambique, yinjiye igisirikare cyo kwa Habyarimana mu 1989. Kimwe n’abandi barwanya ubuyobozi bw’u Rwanda, abarizwa mu mutwe wa FDLR.

Aho akorera akazi ku bucuruzi muri Mozambique, yitwa Monasco Dollar, avuka mu ntara y’uburengerazuba mu Rwanda. Avukana na Col Anotole Nsengiyumva wahamijwe ibyaha bya jenoside. Mu 1994, Munyarugendo yari ashinzwe ikoreshwa ry’imbunda nini mu kigo cya gisirikare cya Kanombe.

Uyu kandi yanabaye mu ngabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo (FARDC), icyo gihe yari ashinzwe ibikorwa bya gisirikare mu gace ka Pweto.

Byavuzwe ko Kayumba aherutse i Kinshasa, kandi ko akomeje kugirana imikoranire yahafi n’umutwe wa FDLR, urimo abasize bakoze jenoside mu Rwanda mu 1994. Uru rugendo Kayumba Nyamwasa yagiriye i Kinshasa rushimangira umugambi wa Tshisekedi wo gutera u Rwanda, nk’uko yagiye abitangaza mu minsi ishize.

Mu mpera z’u mwaka w’ 2023, Tshisekedi yagize ati: “Abanyarwanda ni abavandimwe bacu, ahubwo bakeneye ubufasha bwacu kuko baraboshywe, bakeneye ubufasha bwacu ngo tubabohore. Ni abavandimwe bakeneye ko dushyira hamwe tukabakiza abayobozi babasubiza inyuma.”

Nyuma y’ibyo TSHISEKEDI yari amaze gutangaza, yahise arushyirizaho kugirana imikoranire yahafi n’abarwanya ubutegetsi bw’u Rwanda.

          MCN.
Tags: Kayumba NyamwasaUmugambi wa TshisekediUrugendo i KinshasaUrushaho kunozwa
Share41Tweet26Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Kera kabaye u Burundi bwafunze padiri kubera Misa yasomye.

by Bruce Bahanda
June 16, 2025
0
Kera kabaye u Burundi bwafunze padiri kubera Misa yasomye.

Kera kabaye u Burundi bwafunze padiri kubera Misa yasomye. Butoti Paul, umusaseridoti wa kiliziya gatolika i Bujumbura, yahagaritswe n'inzego zishinzwe umutekano kubera misa yasomeye muri ekeleziya gatolika. Ku...

Read moreDetails

Nyuma yo guhura n’abayobozi ba AFC/M23, umuyobozi wa MONUSCO yavuze icyo yizeye.

by Bruce Bahanda
June 16, 2025
0
Nyuma yo guhura n’abayobozi ba AFC/M23, umuyobozi wa MONUSCO yavuze icyo yizeye.

Nyuma yo guhura n'abayobozi ba AFC/M23, umuyobozi wa MONUSCO yavuze icyo yizeye. Intumwa idasanzwe y'Umunyamabanga mukuru w'umuryango w'Abibumbye muri Congo, akaba n'umuyobozi wa MONUSCO, Bintou Keita yizeye ko...

Read moreDetails

Ibyo gusinya amasezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na Congo si byanone.

by Bruce Bahanda
June 15, 2025
0
Ibyo gusinya amasezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na Congo si byanone.

Ibyo gusinya amasezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na Congo si byanone. Mu gihe Leta Zunze ubumwe z'Amerika zifuza ko u Rwanda na Repubulika ya demokarasi ya Congo muri...

Read moreDetails

Byakomeye i Washington DC hoherejwe intumwa kuja gushinja Tshisekedi kuyobora nabi.

by Bruce Bahanda
June 14, 2025
0
Byakomeye i Washington DC hoherejwe intumwa kuja gushinja Tshisekedi kuyobora nabi.

Byakomeye i Washington DC hoherejwe intumwa kuja gushinja Tshisekedi kuyobora nabi. Kikaya Bin Karubi, usanzwe ari mu bantu bahora hafi ya Joseph Kabila Kabange, akaba n'umujyamama we, ni...

Read moreDetails

Kenya department Of Refugee Service Crack Down on Sim Card Fraud.

by Bruce Bahanda
June 13, 2025
0
Kenya department Of Refugee Service Crack Down on Sim Card Fraud.

Kenya Department of Refugee Service Cracks Down on SIM Card Fraud The Department of Refugee Service (DRS) has issued a stern warning to refugees in Kenya, urging them...

Read moreDetails
Next Post
Ibyo wa menya kuri perezida Tshisekedi wiswe umunyakinyoma.

Ibyo wa menya kuri perezida Tshisekedi wiswe umunyakinyoma.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?