• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Wednesday, August 20, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Umugambi wa perezida Tshisekedi wo gutera u Rwanda ukomeje kurushaho kunozwa nyuma y’uko Kayumba aherutse i Kinshasa.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
September 28, 2024
in Regional Politics
0
Umugambi wa perezida Tshisekedi wo gutera u Rwanda ukomeje kurushaho kunozwa nyuma y’uko Kayumba aherutse i Kinshasa.
102
SHARES
2.6k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Umugambi wa perezida Tshisekedi wo gutera u Rwanda ukomeje kurushaho kunozwa nyuma y’uko Kayumba aherutse i Kinshasa.

You might also like

Kenya yatanze ibisobanuro impamvu yashyizeho uyihagararira i Goma.

RDC na AFC/M23 byashyikirijwe umushinga w’amasezerano y’amahoro.

Gen Muhoozi yagaragaje uruhande ashyigikiye hagati ya RDC na AFC/M23.

Hagati muri uku kwezi kwa Cyenda, byavuzwe ko Kayumba Nyamwasa yageze i Kinshasa muri Repubulika ya demokarasi ya Congo, aho yaje guhura n’abategetsi batandukanyijwe b’iki gihugu barimo n’abo mu mutwe wa FDLR.

Uru rugendo Kayumba yaruguriye muri iki gihugu cya RDC, mu gihe bwana perezida Félix Tshisekedi hari hashize iminisi atangije gahunda yo kwiyunga n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Rwanda mu rwego rwo kugira ngo azashore intambara muri iki gihugu cy’u Rwanda.

Nyamwasa niwe watangije umutwe wa RNC, ni nawe wanagize uruhare mu gushinga ihuriro rya P5 rigizwe n’imitwe y’iterabwoba igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda.

Umutwe wa Rud-Urunana ubarizwa muri iryo huriro rya P5, uri muyagerageje kugaba igitero mu Rwanda, aho wakigabye i Musanze mu Rwanda mu 2019 , igitero cyasize gihitanye inzira karengane.

Igitangaza makuru cya Igihe dukesha iy’inkuru cyatangaje ko Kayumba Nyamwasa hashize igihe afitanye imikoranire yahafi na Africa Theoneste Misago ushinzwe ibikorwa bya FDLR mu gice cya Afrika y’Amajy’epfo na Alphonse Munyarugendo ubarizwa muri Mozambique.

Muri iyo mikoranire na FDLR, Nyamwasa afashwa cyane na Etienne Mutabazi nawe wahoze mu ngabo za Habyarimana. Uyu Mutabazi yanabayeho umuvugizi wa RNC mu 2019.

Binavugwa kandi ko Kayumba Nyamwasa avugana umunsi ku wundi na Maj Gaston Iyamuremye uzwi nka Victor Byiringiro uyoboye umutwe wa FDLR muri iki gihe.

Byanavuzwe kandi ko muri iyi gahunda nshya ya Kayumba, Misago ashinzwe guhuza ibikorwa byose bya FDLR ndetse ni we ugira uruhare mu bukangurambaga bwo gushaka abajya muri uyu mutwe n’ubwo gukusanya imisanzu.

Munyarugendo ukorera ubucuruzi muri Mozambique, yinjiye igisirikare cyo kwa Habyarimana mu 1989. Kimwe n’abandi barwanya ubuyobozi bw’u Rwanda, abarizwa mu mutwe wa FDLR.

Aho akorera akazi ku bucuruzi muri Mozambique, yitwa Monasco Dollar, avuka mu ntara y’uburengerazuba mu Rwanda. Avukana na Col Anotole Nsengiyumva wahamijwe ibyaha bya jenoside. Mu 1994, Munyarugendo yari ashinzwe ikoreshwa ry’imbunda nini mu kigo cya gisirikare cya Kanombe.

Uyu kandi yanabaye mu ngabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo (FARDC), icyo gihe yari ashinzwe ibikorwa bya gisirikare mu gace ka Pweto.

Byavuzwe ko Kayumba aherutse i Kinshasa, kandi ko akomeje kugirana imikoranire yahafi n’umutwe wa FDLR, urimo abasize bakoze jenoside mu Rwanda mu 1994. Uru rugendo Kayumba Nyamwasa yagiriye i Kinshasa rushimangira umugambi wa Tshisekedi wo gutera u Rwanda, nk’uko yagiye abitangaza mu minsi ishize.

Mu mpera z’u mwaka w’ 2023, Tshisekedi yagize ati: “Abanyarwanda ni abavandimwe bacu, ahubwo bakeneye ubufasha bwacu kuko baraboshywe, bakeneye ubufasha bwacu ngo tubabohore. Ni abavandimwe bakeneye ko dushyira hamwe tukabakiza abayobozi babasubiza inyuma.”

Nyuma y’ibyo TSHISEKEDI yari amaze gutangaza, yahise arushyirizaho kugirana imikoranire yahafi n’abarwanya ubutegetsi bw’u Rwanda.

          MCN.
Tags: Kayumba NyamwasaUmugambi wa TshisekediUrugendo i KinshasaUrushaho kunozwa
Share41Tweet26Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Kenya yatanze ibisobanuro impamvu yashyizeho uyihagararira i Goma.

by Bruce Bahanda
August 19, 2025
0
Kenya yatanze ibisobanuro impamvu yashyizeho uyihagararira i Goma.

Kenya yatanze ibisobanuro impamvu yashyizeho uyihagararira i Goma. Minisitiri w'ubanye n'amahanga wa Kenya yatanze ibisobanuro ku muntu wayo yashyizeho uyihagararira i Goma mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi...

Read moreDetails

RDC na AFC/M23 byashyikirijwe umushinga w’amasezerano y’amahoro.

by Bruce Bahanda
August 18, 2025
0
RDC na AFC/M23 byashyikirijwe umushinga w’amasezerano y’amahoro.

RDC na AFC/M23 byashyikirijwe umushinga w'amasezerano y'amahoro. Guverinoma ya Qatar yashyikirije iya Repubulika ya demokarasi ya Congo n'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23 umushinga w'amasezerano y'amahoro kugira ngo...

Read moreDetails

Gen Muhoozi yagaragaje uruhande ashyigikiye hagati ya RDC na AFC/M23.

by Bruce Bahanda
August 18, 2025
0
Gen Muhoozi yagaragaje uruhande ashyigikiye hagati ya RDC na AFC/M23.

Gen Muhoozi yagaragaje uruhande ashyigikiye hagati ya RDC na AFC/M23. Umugaba mukuru w'Ingabo za Uganda akaba n'umuhungu wa perezida w'iki gihugu, Yoweli Kaguta Museveni, General Kainarugaba Muhoozi yerekanye...

Read moreDetails

Uwanze kumva ntiyanze no kubona.

by Bruce Bahanda
August 18, 2025
0
Uwanze kumva ntiyanze no kubona.

Uwanze kumva ntiyanze no kubona. Umusesenguzi Girinka William Kabare uwo twaherukaga kuri Minembwe Capital News mu ntangiriro z'uyu mwaka yongeye kugaruka, maze avuga ko avuga kuri Repubulika ya...

Read moreDetails

U Rwanda rwagaragaje impungenge ruterwa n’u mutwe wa FDLR.

by Bruce Bahanda
August 17, 2025
0
U Rwanda rwagaragaje impungenge ruterwa n’u mutwe wa FDLR.

U Rwanda rwagaragaje impungenge ruterwa n'u mutwe wa FDLR. U Rwanda rubinyujije kuri minisitiri warwo w'ubanye n'amahanga, Olivier Nduhungurehe, rwatangaje ko ibikorwa by'umutwe w'iterabwoba wa FDLR ruruteye inkenke...

Read moreDetails
Next Post
Ibyo wa menya kuri perezida Tshisekedi wiswe umunyakinyoma.

Ibyo wa menya kuri perezida Tshisekedi wiswe umunyakinyoma.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?