Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home World News

Byinshi wa menya ku gitero cyagabwe na Israel kuri Iran.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
October 26, 2024
in World News
0
Byinshi wa menya ku gitero cyagabwe na Israel kuri Iran.
89
SHARES
2.2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Byinshi wa menya ku gitero cyagabwe na Israel kuri Iran.

You might also like

COVID-19 yongeye kuvugwa cyane, menya ibyayo.

Ibitero by’u Burusiya kuri Ukraine byongeye gukaza umurego.

U Burusiya bwavuze ko ibihugu bishobora kwisanga mu ntambara ya gatatu y’isi.

Ni amakuru yatangajwe na Israel aho yavuze ko ibyo bitero byari bigamije gusenya ibigo bikora misile n’ahari intwaro zirinda ikirere cy’igihugu cya Iran.

Iyi ntambara buri ruhande rugambirira kuzasiba urundi ku ikarita y’isi.
Israel yo inavuga ko Iran ishaka ku yisenya ikoresheje imitwe y’itwaje imbunda irimo Hezbollah ikorera muri Libani na Hamas yo muri Palestine mu Ntara ya Gaza

Iran nayo ivuga ko itakwicara ngo irebere ibikorwa bya Israel bigamije kurimbura Abarabu mu Burasirazuba bwo hagati.
Ingabo zibi bihugu byombi zirasana zikoresheje misile na Drones.

Iri joro ryaraye rikeye rishyira kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 26/10/2024, Israel yarashe ibisasu muri Iran, bigwa ku bigo bikora misile n’ubwirinzi bw’ikirere.

Abayobozi ba Iran bavuze ko ibyo bitero byagabwe mu duce dutatu two muri Tehran, aka IIam na Khuzestan, ngo biza kwangiza ibintu bike.

Leta Zunze Ubumwe z’Amerika isanzwe ari inshuti n’umufatanyabikorwa wa Israel zavuze ko ibyo bitero byari iby’imyitozo yo kwirengera.

Ikindi kandi Leta Zunze Ubumwe z’Amerika n’u Bwongereza byasabye Israel na Iran gucisha make nyuma yuko Israel igabye ibitero by’indege ku bigo bya gisirikare bya Iran mu bice bitandukanye.

Iran yanavuze ko ibyo bitero byahitanye abasirikare bayo babiri. Mu gihe Israel yo yavuze ko byakozwe mu rwego rwo kwihimura kuri Iran nyuma yuko icyo gihugu nacyo kigabye ibitero ku butaka bwa Israel mu ntangiriro z’ukwezi kwa Cumi uyu mwaka.

U Burusiya n’ibihugu byo mu Burasirazuba bwo hagati byo birashinja Israel gukomeza amakimbirane mu karere.

Amerika yasabye Iran guhagarika gutera no gushyigikira imitwe y’itwaje imbunda itera Israel no guca ukubiri n’urugomo nta yandi mananiza abayeho.

Sean Savatt, uvugira akanama gashinzwe umutekano muri perezidansi y’Amerika yabwiye itangazamakuru ko ibyo Israel yakoze biri mu Burengerazuba bwayo bwo kwirwanaho bitandukanye n’ibitero Iran yagabye ku butaka bwa Israel byibasiye cyane imijyi ituwe cyane.

Yagize ati: “Ni intego yacu kwihutisha inzira ya dipolomasi no gukuraho icyatuma intambara ifata indi ntera mu karere ko mu Burengerazuba bwo hagati.”

Minisitiri w’intebe w’u Bwongereza Keir Starmer na we yasabye impande zombi gutuza ahamagarira Iran kutihimura.

U Burusiya bubinyujije mu muvugizi wa minisitiri y’ubanye n’amahanga Maria Zakharova nabwo bwahamagariye impande zombi gucisha make no kwirinda ko ibintu bija irudubi bigakwirakwira akarere kose.

Ibindi bihugu byamaganye ibitero Israel yaraye igabye muri Iran birimo Arabiya Sawudite yaburiye ko batarebye neza akarere kose gashobora kwisanga muri ayo makimbirane.

Tags: AmerikaIranIsrael
Share36Tweet22Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

COVID-19 yongeye kuvugwa cyane, menya ibyayo.

by Bruce Bahanda
June 7, 2025
0
COVID-19 yongeye kuvugwa cyane, menya ibyayo.

COVID-19 yongeye kuvugwa cyane, menya ibyayo. Nyuma y'imyaka irenga itanu icyorezo cya COVID-19 kibayeho, cyongeye kuvugwa cyane kubera ubwoko bushya bw'iyi virusi bwamaze kugaragara mu bihugu byinshi birimo...

Read moreDetails

Ibitero by’u Burusiya kuri Ukraine byongeye gukaza umurego.

by Bruce Bahanda
June 6, 2025
0
Ibitero by’u Burusiya kuri Ukraine byongeye gukaza umurego.

Ibitero by'u Burusiya kuri Ukraine byongeye gukaza umurego. Imirwano yakajije umurego mu bitero bikomeye biri kugabwa mu bice byinshi byo muri Ukraine, aho biri kugabwa n'igisirikare cy'u Burusiya....

Read moreDetails

U Burusiya bwavuze ko ibihugu bishobora kwisanga mu ntambara ya gatatu y’isi.

by Bruce Bahanda
June 6, 2025
0
U Burusiya bwavuze ko ibihugu bishobora kwisanga mu ntambara ya gatatu y’isi.

U Burusiya bwavuze ko ibihugu bishobora kwisanga mu ntambara ya gatatu y'isi. Ambasaderi w'u Burusiya mu Bwongereza yashinje iki gihugu kugira uruhare mu bitero bya dones Ukraine iherutse...

Read moreDetails

Umuherwe Musk na perezida Trump bari inshuti ibyabo byakomeye.

by Bruce Bahanda
June 6, 2025
0
Umuherwe Musk na perezida Trump bari inshuti ibyabo byakomeye.

Umuherwe Musk na perezida Trump bari inshuti ibyabo byakomeye. Ubushuti bwari hagati ya Elon Musk na perezida wa Leta Zunze ubumwe z'Amerika, Donald Trump bwarangiye nyuma y'aho uyu...

Read moreDetails

Icyo isi itegereje nyuma y’ikiganiro perezida wa Amerika yagiranye na mugenzi we w’u Burusiya.

by Bruce Bahanda
June 6, 2025
0
Icyo isi itegereje nyuma y’ikiganiro perezida wa Amerika yagiranye na mugenzi we w’u Burusiya.

Icyo isi itegereje nyuma y'ikiganiro perezida wa Amerika yagiranye na mugenzi we w'u Burusiya. Perezida w'u Burusiya Vradimir Putin yabwiye mugenzi we wa Leta Leta Zunze ubumwe z'Amerika,...

Read moreDetails
Next Post
Amakuru yukuri ku mujyi wa Kalembe ingabo za FARDC zivuga ko zisubije.

Muri Walikale, M23 yigaruriye uduce turenga dutanu.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?