Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Uvira: FDLR mu kwambara umwambaro w’igisirikare cy’u Burundi havuzwe impamvu yabyo.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
November 25, 2024
in Regional Politics
0
Uvira: FDLR mu kwambara umwambaro w’igisirikare cy’u Burundi havuzwe impamvu yabyo.
113
SHARES
2.8k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

FDLR mu kwambara umwambaro w’igisirikare cy’u Burundi havuzwe impamvu yabyo.

You might also like

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

Abarwanyi bo mu mutwe w’iterabwoba wa FDLR mu misozi yo muri teritware ya Uvira, mu ntara ya Kivu y’Amajy’epfo, bambitswe impuzakano y’igisikare cy’u Burundi mu rwego rwo kugira ngo bayobye uburari ariko icyo bashaka ni ukugaba ibitero mu Banyamulenge, bitwaje kurwanya Twirwaneho, nk’uko amasoko yacu atundukanye abivuga.

Aba barwanyi ba FDLR bitwa kandi “Interahamwe” bahawe icyumbi mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo, nyuma y’uko bari bamaze gutsindwa intambara na FPR inkotanyi mu Rwanda mu 1994.

Barimo abasize bakoze jenoside yakorewe Abatutsi muri iki gihugu cy’u Rwanda. Kuva ubwo bahungiraga muri RDC, bakakirwa na Leta ya Mobutu, bavuga ko bazatera u Rwanda bagakuraho ingoma ihari ya perezida Paul Kagame.

Mu mezi make ashize aba barwanyi, nk’uko bahora bahindagura ibyicaro, abenshi muribo bavuye mu mashyamba yo muri teritware ya Mwenga berekeza mu nce zo muri Rurambo.

Aha Rurambo ni agace gatuwemo n’Abanyamulenge, Abapfulero n’Abatwa, kakaba gaherereye mu misozi iri muri teritware ya Uvira.

Hari amakuru avuga ko kugira ngo aba barwanyi bave mu mashyamba yo muri teritware ya Mwenga berekeza mu Rurambo baje ku busabe bw’ihuriro ry’Ingabo za RDC, Ingabo z’u Burundi n’indi mitwe y’itwaje imbunda irimo Gumino na Maï Maï.

Ni mu gihe babwirwaga ko Twirwaneho ikorana n’u Rwanda, bityo berekeza muri ibyo bice kugira ngo bashore intambara ku Rwanda bahereye muri iyi misozi.

Bamwe mu baturiye ibice byo muri Rurambo banabwiye MCN ko aba barwanyi nyuma yokugera muri Rurambo bakakirwa na Gumino na Maï Maï ku busabe bw’igisirikare cya Repubulika ya demokarasi ya Congo (FARDC) n’icy’u Burundi bambitswe imyambaro yigisikare cya FDNB n’iya FARDC.

Bivugwa ko ibyo byakozwe mu rwego rwo kujijisha, kandi ndetse kubu barimo kwitegura kugaba ibitero muri Twirwaneho.

Aya makuru anavuga ko kuri ubu utapfa kuba wamenya gutandukanya umurwanyi wa FDLR n’umusirikare w’u Burundi kuko bamaze kwivanga bose udasize RDC, n’imitwe y’itwaje imbunda, uwa Gumino na Maï Maï.
Uduce bivangiyemo hari akitwa Nyundo, aha ni hafi no ku Kiryama, mu Gitoga, ku Gitabo no kuri Gatobwe, ndetse no mu Kidote.

Ariko nubwo ahanini bivugwa ko ikigenderewe ari ukurwanya Twirwaneho, hari andi makuru avuga ko u Burundi na RDC bishaka gushora intambara ku Rwanda babinyujije kuri FDLR.

Hagati aho, nta gitero kirakorwa, ariko ubwoba ni bwinshi ku baturage baturiye ibyo bice byo mu misozi miremire y’Imulenge, cyane cyane muri teritware ya Uvira muri Kivu y’Amajy’epfo. Bavuga ko umwanya uwari wo wose intambara yovuka.

Tags: FardcFDLRFDNBRurambo
Share45Tweet28Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

by Bruce Bahanda
July 21, 2025
0
Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk'abamaraika, agaragaza n'impamvu yabyo. Umugaba mukuru w'Ingabo za Uganda, General Kainarugaba Muhoozi, yatangaje ko umukuru w'igihugu cy'u Rwanda Paul...

Read moreDetails

Umudipolomate wa RDC ukorera mu Bubiligi yafunzwe.

by Bruce Bahanda
July 21, 2025
0
Umudipolomate wa RDC ukorera mu Bubiligi yafunzwe.

Umudipolomate wa RDC ukorera mu Bubiligi yafunzwe. Mu buryo budasanzwe umudipolomate wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Mutebwa Mulumba Jean Dieu, usanzwe ari umujyanama wa kabiri muri ambasade...

Read moreDetails

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ntambwe imaze guterwa hagati ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 20, 2025
0
Icyo minisitiri Nduhungirehe yavuze ku biganiro biri kubera i Doha bihuza RDC na AFC/M23.

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ntambwe imaze guterwa hagati ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Leta y'u Rwanda yatangaje ko yishimiye isinywa ry'inyandiko y'amahame y'ibanze ngenderwaho aganisha...

Read moreDetails
Next Post
Igisirikare cy’u Burundi cyagize ibyo kivuga kubyo gishinjwa byo gutegura kwica Abanyamulenge .

Igisirikare cy'u Burundi cyagize ibyo kivuga kubyo gishinjwa byo gutegura kwica Abanyamulenge .

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?