• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Friday, April 24, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Uvira: FDLR mu kwambara umwambaro w’igisirikare cy’u Burundi havuzwe impamvu yabyo.

minebwenews by minebwenews
November 25, 2024
in Regional Politics
0
Uvira: FDLR mu kwambara umwambaro w’igisirikare cy’u Burundi havuzwe impamvu yabyo.
114
SHARES
2.8k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

FDLR mu kwambara umwambaro w’igisirikare cy’u Burundi havuzwe impamvu yabyo.

You might also like

The Fifth Meeting in Washington Between Rwanda and the DRC Highlights Progress and Remaining Challenges

Inama ya Gatanu i Washington hagati y’u Rwanda na RDC yagaragaje aho ibintu bigeze n’imbogamizi zisigaye

Impinduka zikomeye mu Ngabo z’u Burundi nyuma y’iturika rikomeye ry’ububiko bw’intwaro i Bujumbura

Abarwanyi bo mu mutwe w’iterabwoba wa FDLR mu misozi yo muri teritware ya Uvira, mu ntara ya Kivu y’Amajy’epfo, bambitswe impuzakano y’igisikare cy’u Burundi mu rwego rwo kugira ngo bayobye uburari ariko icyo bashaka ni ukugaba ibitero mu Banyamulenge, bitwaje kurwanya Twirwaneho, nk’uko amasoko yacu atundukanye abivuga.

Aba barwanyi ba FDLR bitwa kandi “Interahamwe” bahawe icyumbi mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo, nyuma y’uko bari bamaze gutsindwa intambara na FPR inkotanyi mu Rwanda mu 1994.

Barimo abasize bakoze jenoside yakorewe Abatutsi muri iki gihugu cy’u Rwanda. Kuva ubwo bahungiraga muri RDC, bakakirwa na Leta ya Mobutu, bavuga ko bazatera u Rwanda bagakuraho ingoma ihari ya perezida Paul Kagame.

Mu mezi make ashize aba barwanyi, nk’uko bahora bahindagura ibyicaro, abenshi muribo bavuye mu mashyamba yo muri teritware ya Mwenga berekeza mu nce zo muri Rurambo.

Aha Rurambo ni agace gatuwemo n’Abanyamulenge, Abapfulero n’Abatwa, kakaba gaherereye mu misozi iri muri teritware ya Uvira.

Hari amakuru avuga ko kugira ngo aba barwanyi bave mu mashyamba yo muri teritware ya Mwenga berekeza mu Rurambo baje ku busabe bw’ihuriro ry’Ingabo za RDC, Ingabo z’u Burundi n’indi mitwe y’itwaje imbunda irimo Gumino na Maï Maï.

Ni mu gihe babwirwaga ko Twirwaneho ikorana n’u Rwanda, bityo berekeza muri ibyo bice kugira ngo bashore intambara ku Rwanda bahereye muri iyi misozi.

Bamwe mu baturiye ibice byo muri Rurambo banabwiye MCN ko aba barwanyi nyuma yokugera muri Rurambo bakakirwa na Gumino na Maï Maï ku busabe bw’igisirikare cya Repubulika ya demokarasi ya Congo (FARDC) n’icy’u Burundi bambitswe imyambaro yigisikare cya FDNB n’iya FARDC.

Bivugwa ko ibyo byakozwe mu rwego rwo kujijisha, kandi ndetse kubu barimo kwitegura kugaba ibitero muri Twirwaneho.

Aya makuru anavuga ko kuri ubu utapfa kuba wamenya gutandukanya umurwanyi wa FDLR n’umusirikare w’u Burundi kuko bamaze kwivanga bose udasize RDC, n’imitwe y’itwaje imbunda, uwa Gumino na Maï Maï.
Uduce bivangiyemo hari akitwa Nyundo, aha ni hafi no ku Kiryama, mu Gitoga, ku Gitabo no kuri Gatobwe, ndetse no mu Kidote.

Ariko nubwo ahanini bivugwa ko ikigenderewe ari ukurwanya Twirwaneho, hari andi makuru avuga ko u Burundi na RDC bishaka gushora intambara ku Rwanda babinyujije kuri FDLR.

Hagati aho, nta gitero kirakorwa, ariko ubwoba ni bwinshi ku baturage baturiye ibyo bice byo mu misozi miremire y’Imulenge, cyane cyane muri teritware ya Uvira muri Kivu y’Amajy’epfo. Bavuga ko umwanya uwari wo wose intambara yovuka.

Tags: FardcFDLRFDNBRurambo
Share46Tweet29Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

The Fifth Meeting in Washington Between Rwanda and the DRC Highlights Progress and Remaining Challenges

by Bahanda Bruce
April 24, 2026
0
The Fifth Meeting in Washington Between Rwanda and the DRC Highlights Progress and Remaining Challenges

The Fifth Meeting in Washington Between Rwanda and the DRC Highlights Progress and Remaining Challenges As part of ongoing efforts to find a lasting solution to the long-standing...

Read moreDetails

Inama ya Gatanu i Washington hagati y’u Rwanda na RDC yagaragaje aho ibintu bigeze n’imbogamizi zisigaye

by Bahanda Bruce
April 24, 2026
0
Inama ya Gatanu i Washington hagati y’u Rwanda na RDC yagaragaje aho ibintu bigeze n’imbogamizi zisigaye

Inama ya Gatanu i Washington hagati y’u Rwanda na RDC yagaragaje aho ibintu bigeze n’imbogamizi zisigaye Mu rwego rwo gukomeza gushakira umuti urambye ibibazo by’umutekano bimaze igihe mu...

Read moreDetails

Impinduka zikomeye mu Ngabo z’u Burundi nyuma y’iturika rikomeye ry’ububiko bw’intwaro i Bujumbura

by Bahanda Bruce
April 23, 2026
0
Perezida Ndayishimiye w’u Burundi adaciye ku ruhande yatangaje amagambo akakaye ku rubuga rwitwa “Imbwa”

Impinduka zikomeye mu Ngabo z’u Burundi nyuma y’iturika rikomeye ry’ububiko bw’intwaro i Bujumbura Perezida w’u Burundi, Évariste Ndayishimiye, yakoze ivugurura rikomeye mu buyobozi bw’ingabo, ririmo guhindura abayobozi bashinzwe...

Read moreDetails

Les États-Unis envisagent de transférer des réfugiés afghans en RDC

by Bahanda Bruce
April 23, 2026
0
Les États-Unis envisagent de transférer des réfugiés afghans en RDC

Les États-Unis envisagent de transférer des réfugiés afghans en RDC Dans le cadre de discussions menées dans la plus grande discrétion, les États-Unis d’Amérique sont en pourparlers avec...

Read moreDetails

Amerika igiye kwimurira impunzi z’Abanyafghanistan muri RDC

by Bahanda Bruce
April 23, 2026
0
Amerika igiye kwimurira impunzi z’Abanyafghanistan muri RDC

Amerika igiye kwimurira impunzi z’Abanyafghanistan muri RDC Mu biganiro bikomeje kurangwa n’ibanga rikomeye, Leta Zunze Ubumwe za Amerika ziri kuganira na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) ku...

Read moreDetails
Next Post
Igisirikare cy’u Burundi cyagize ibyo kivuga kubyo gishinjwa byo gutegura kwica Abanyamulenge .

Igisirikare cy'u Burundi cyagize ibyo kivuga kubyo gishinjwa byo gutegura kwica Abanyamulenge .

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 America Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Drone Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?