Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Menya ibyo perezida Paul Kagame yaganiriye na perezida João Lourenço kuri telefone.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
November 29, 2024
in Regional Politics
0
Menya ibyo perezida Paul Kagame yaganiriye na perezida João Lourenço kuri telefone.
91
SHARES
2.3k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Menya ibyo perezida Paul Kagame yaganiriye na perezida João Lourenço kuri telefone.

You might also like

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye.

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

Umukuru w’igihugu cya Angola João Lourenço, ku wa 28/11/2024, yahamagaye kuri telefone perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, baganira ku bibazo by’umutekano muke mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo, ndetse n’umubano w’icyo gihugu n’u Rwanda.

Ikiganiro cyaba bakuru b’ibihugu byombi, Angola n’u Rwanda, cyabaye nyuma yuko ku wa gatanu perezida Félix Tshisekedi wa Repubulika ya demokarasi ya Congo yari yaganiriye na perezida wa Angola.

João Lourenço asanzwe ari umuhuza washyizweho n’umuryango wa Afrika y’unze Ubumwe ku makimbirane ari hagati y’u Rwanda na Congo Kinshasa.

Ibiro bya perezida wa Repubulika ya Angola, byatangaje ko “João Lourenço yahamagaye umukuru w’igihugu cy’u Rwanda Paul Kagame ku gicamunsi cyo ku wa kane baganira ku bibazo byinshi birimo n’umutekano w’u Burasirazuba bwa RDC,” iyi akaba ari indi ntambwe itewe nyuma yo kwemeza inyandiko y’ibikorwa bya gisirikare yitezweho kugira uruhare rukomeye mu guhashya imitwe y’itwaje imbunda mu Burasirazuba bwa RDC.”

Iyo nyandiko yemejwe na ba minisitiri b’ubanye n’amahanga b’u Rwanda na Congo Kinshasa yateguwe ku bufasha bwa perezida João Lourenço nk’umuhuza, ikubiyemo imbaraga zihujwe zo guhashya umutwe w’iterabwoba wa FDLR ubangamiye umutekano wa RDC n’uw’u Rwanda.

Ni nyandiko kandi igaragaza umushinga ufite ibyiciro bine by’ingenzi, aho icya mbere ari ugusesegura ingaruka za FDLR ku bihugu byombi ndetse no kumenya ibirindiro byazo, naho uwo mutwe ukura ibikoresho n’ubufasha.

Icyiciro cya kabiri kizaba icyo guhashya burundu uwo mutwe wa FDLR n’abambari bawo bose, nubwo hari ibimenyetso byagiye bigaragara ko hari abagiye bivanga mu ngabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo (FARDC).

Icyiciro cya gatatu kizaba icy’isuzuma rihuriweho n’u Rwanda, RDC na Angola ku ntambwe imaze guterwa mu guhashya uyu mutwe.

Icyiciro cya kane kizaba icyo kugarura ituze mu bice byari byarazahajwe na FDLR kizajyana no gusubiza mu buzima busanzwe abari abarwanyi b’uwo mutwe, ari na ho hazakurikiraho kongera gusubukura umubano uzira amakemwa hagati y’u Rwanda na Congo Kinshasa.

U Rwanda ruhamya ko rufite inyungu ihambaye mu kugarura amahoro n’umutekano mu Burasirazuba bwa RDC, ariko rukagaragaza impungenge z’umutwe w’iterabwoba wa FDLR washyinzwe n’abasize bakoze jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.

Muri iki Cyumweru kandi perezida João Lourenço yari yakiriye intumwa yihariye ya perezida Tshisekedi, Sumbu Sita Mambu, baganira ku rugendo rw’amasezerano ya Luanda.

Nubwo hari imbaraga zikomeje gushyirwa mu rwego rwa dipolomasi, umutekano ukomeje kuzamba muri RDC, by’umwihariko mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru na Kivu y’Amajy’epfo, aho Abatutsi bakomeje kwibasirwa n’ibitero bikomeye bagabwaho n’ingabo za RDC zifatanyije n’imitwe yitwaje intwaro ya Wazalendo n’interahamwe.

Tags: AngolaRdcRwandaUmutekano
Share36Tweet23Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

by Bruce Bahanda
June 5, 2025
0
Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

Perezida Tshisekedi yakiriye wa munyapolitiki uheruka kwibasira Kabila. Perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi, yakiriye umunyapolitiki wo muri iki gihugu Martin Fayulu uheruka gutangaza ko...

Read moreDetails

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
AFC/M23 yatangaje igikorwa iri bwereke Isi kuri uyu wa 5.

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye. Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC, ryatangaje ko ryakiriye umunyapolitiki Marcelin Cishambo, kandi ko yazanye n'abandi banyapolitiki barimo n'abatavuga rumwe n'ubutegetsi...

Read moreDetails

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo. Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yahakanye ibivugwa ko iri mu kwibasira abasirikare ba kuru ba FARDC...

Read moreDetails

Hamenyekanye umunyapolitiki ugiye kuzahura na Tshisekedi vuba.

by Bruce Bahanda
June 3, 2025
0
Icyifuzo cy’ubutegetsi bwa Tshisekedi cyatewe ishoti.

Hamenyekanye umunyapolitiki ugiye kuzahura na Tshisekedi vuba. Umunyapolitiki uri mubasanzwe badacana uwaka n'ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi wa Congo, Martin Fayulu, byamenyekanye ko uyu mukuru w'iki gihugu yamwemereye...

Read moreDetails

Ibyimbitse ku bikorwa Kabila akomeje gukora i Goma mu Burasizuba bwa Congo.

by Bruce Bahanda
June 2, 2025
0
Sena ya RDC yafashe umwanzuro ukakaye kuri Kabila.

Ibyimbitse ku bikorwa Kabila akomeje gukora i Goma mu Burasizuba bwa Congo. Nyuma y'uko bimenyekanye ko Joseph Kabila Kabange wahoze ari perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo...

Read moreDetails
Next Post
Perezida Putin yategetse igisirikare cye gutegura bya bibunda byorimbura Isi.

Perezida Putin yategetse igisirikare cye gutegura bya bibunda byorimbura Isi.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?