Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Amakuru mashya y’ibitero Abapfulero bagiye kugaba ku Babembe.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
December 9, 2024
in Regional Politics
0
Amakuru mashya y’ibitero Abapfulero bagiye kugaba ku Babembe.
113
SHARES
2.8k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Amakuru mashya y’ibitero Abapfulero bagiye kugaba ku Babembe.

You might also like

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

Amakuru ava muri Secteur ya Ngandji avuga ko Abapfulero bakomeje gukangurira benewabo gutangiza intambara ku Babembe, bo muri teritware ya Fizi mu Ntara ya Kivu y’Amajy’epfo.

Ahitwa i Nyange iri joro ryaraye rikeye ryo ku itariki ya 08/12/2024, abayobozi bo muri Maï Maï-Bishambuke bahakoreye inama. Ni nama byavuzwe ko yari iyobowe n’umuyobozi mukuru wo muri uwo mutwe wa Bishambuke, Colonel Ngomanzito n’undi witwa Nyaruvumbu uzwi cyane ku mbugankoranyambaga, akaba akunze kumvikana ashotora Abanyamulenge cyane.

Bikavugwa ko iyo nama yari igamije gutegura insoresore z’Abapfulero n’Abapfulero bose muri rusange, gutangiza kugaba ibitero ku Babembe muri Secteur ya Lulenge na Ngandji.

Ubuhamya Minembwe.com yahawe buvuga ko muri iyo nama, Abapfulero bayibarijemo Nyaruvumbu ikibazo kigira kiti: “intambara Gen Yakutumba ahanganyemo n’umutwe wa Red-Tabara muri Mibunda, muyivugaho iki?” Undi nawe asubiza ko ibya Red-Tabara bitamureba kandi ko Abapfulero badafitanye ikibazo n’uwo mutwe.”

Ahandi bivugwa ko Abapfulero bari gukangurirwa ku rwanya Ababembe ni mu Rugezi, ndetse n’ahandi mu bindi bice byo muri teritware ya Fizi bituwe n’Abapfulero.

Aya makuru agahamya ko ibyo byatangiye mu kwezi kwa Gatanu uyu mwaka. Ni nyuma y’isubiranamo ryabaye icyo gihe, hagati ya barwanyi ba Ngomanzito wo mu bwoko bw’Abapfulero n’aba Gen Yakutumba nawe uvuka mu bwoko bw’Abembe, ubwo barwaniraga mu Kabanju na Matanganika.

Agace ka Nyange kabereyemo iyo nama yavuzwe mu nkuru haruguru, gaherereye imbere ya Rubicyaku, ni muri Secteur ya Ngandji. Nyange kandi iri mu birometero bike n’umujyi muto wa Misisi.

Tags: BishambukeIbiteroMaï MaïNyange
Share45Tweet28Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho minisitiri w'intebe mushya, Dr. Justin Nsengiyumva. Uyu mwanya wa minisitiri w'intebe w'u Rwanda Dr....

Read moreDetails

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

by Bruce Bahanda
July 21, 2025
0
Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk'abamaraika, agaragaza n'impamvu yabyo. Umugaba mukuru w'Ingabo za Uganda, General Kainarugaba Muhoozi, yatangaje ko umukuru w'igihugu cy'u Rwanda Paul...

Read moreDetails
Next Post
Umurwanyi wahoze muri FLN yashinje u Burundi gukorana n’uwo mutwe.

Umurwanyi wahoze muri FLN yashinje u Burundi gukorana n'uwo mutwe.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?