• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Friday, October 24, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Mu kanama ka LONI u Rwanda na RDC bagiye impaka.

minebwenews by minebwenews
December 11, 2024
in Regional Politics
0
Mu kanama ka LONI u Rwanda na RDC bagiye impaka.
89
SHARES
2.2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Mu kanama ka LONI u Rwanda na RDC bagiye impaka.

You might also like

AFC/M23 yakomoje ku biganiro ivugwamo na perezida Evariste Ndayishimiye

U Rwanda na RDC byongeye guhurira i Washington DC

Menya Abanya-Rukombe binjiye igisirikare, harimo n’abarwanye intambara yo kubuhora u Rwanda

Abahagarariye u Rwanda na Repubulika ya demokarasi ya Congo bongeye gushinjanya mu kanama ka LONI gashinzwe amahoro ku Isi.

Ni ahar’ejo ni bwo iyi nama yateranye aho yigaga ku kibazo cy’umutekano muke mu Burasirazuba bwa RDC.

Muri iyi nama, hatanzwemo raporo y’intumwa y’umunyamabanga mukuru wa LONI unakuriye MONUSCO muri RDC, Bintou Keita ku bibazo biri muri RDC.

Ndetse kandi abahagarariye u Rwanda na Congo Kinshasa bagaragaje ko hari byinshi ubutegetsi bw’ibi bihugu butarumvikanaho, nubwo abashinzwe ububanyi n’amahanga bamaze kumvikana ku nyandiko y’ibigomba gukorwa mu gukemura ibibazo.

Muri iyo nama kandi minisitiri w’ubanyi n’amahanga wa RDC, Thérèse Kayikwamba yanenze u Rwanda ko rukomeza kwita ibikorwa byarwo muri RDC ingamba zo kwirinda, avuga ko u Rwanda ruri gukora ibikorwa bihungabanya umutekano w’igihugu cya RDC.

Yanaboneyeho kwibutsa ko RDC yemeye gusenya umutwe wa FDLR, nk’uko byemejwe tariki ya 25/11/2024 i Luanda, yongeraho ko u Rwanda na rwo rwemeye kuvana Ingabo zarwo muri RDC.

Ariko ashinja umutwe wa m23 gukoreshwa n’u Rwanda.

Uhagarariye u Rwanda muri LONI, Ernest Rwamucyo yavuze ko ikibazo kiri mu Burasirazuba bwa RDC atari ikibazo cyo guhangana hagati y’u Rwanda na Congo ahubwo ko ari ikibazo gifite imizi n’impamvu ndende zikwiye kwigirwa hamwe no gukemurwa.

Rwamucyo yanenze raporo yatanzwe na Bintou Keita kuri iki kibazo, avuga ko ibogamiye ku ruhande rwa Leta ya Kinshasa kandi ko ishaka kuvuga ko m23 ari yo mpamvu yamakimbirane mu Burasirazuba bwa RDC, ariko we agaragaza ko amakimbirane muri aka gace ashingiye ku guha akato kw’amoko arimo abavuga ururimi rw’Ikinyarwanda.

Yavuze ko raporo ya Bintou Keita yananiwe kuvuga uburyo mu karere kagenzurwa na m23 hari amahoro kurusha ahagenzurwa n’ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo (Fardc), avuga kandi ko yirengagije ibikorwa by’ubugome, ubwicanyi, amagambo y’urwango n’ibindi byibasira abanyekongo bo mu bwoko bw’Abatutsi.

Ati: “Ibi ni byo shingiro ryo kubaho kwa m23 iharanira uburenganzira bwabo.”

Rwamucyo yavuze ko inkeke ya mbere y’u Rwanda ni ubufatanye bwa FDLR n’indi mitwe.

Yagize ati: “FDLR ni wo mutwe umaze imyaka myinshi muri RDC kandi havutse indi mitwe yo gufasha FDLR nka Nyatura na Wazalendo n’indi itandukanye.”

Yavuze ko mu myaka irenga 20 ishize FDLR yakomeje ibikorwa byo kwica abantu no kubagirira nabi ishingiye ku bwoko bwabo mu Burasirazuba bwa RDC no kugaba ibitero byishe abantu bigasenya n’ibintu.

Avuga ko gusenya FDLR ari ikintu cyingenzi cyane mu kubonera umuti urambye mu Burasirazuba bwa RDC.

Rwamucyo yavuze ko uruhande rwabo nk’u Rwanda bagiye babisubiramo kenshi ko ntagisubizo cya gisirikare kizaboneka kuri aya makimbirane.

Uwari uhagarariye Angola muri iyi nama yavuze ko umuhate w’umuhuza Perezida João Lourenço uzagera ku ntego ari uko gusa impande zirimo guhuzwa zibigizemo ubushake.

Tags: ImpakaLoniRdcRwanda
Share36Tweet22Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

AFC/M23 yakomoje ku biganiro ivugwamo na perezida Evariste Ndayishimiye

by Bahanda Bruce
October 24, 2025
0
Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

AFC/M23 yakomoje ku biganiro ivugwamo na perezida Evariste Ndayishimiye Ihuriro rya Allience Fleuve Congo, AFC /M23 ryavuze ko amakuru avuga ko yagiranye ibiganiro na perezida w'u Burundi, Evariste...

Read moreDetails

U Rwanda na RDC byongeye guhurira i Washington DC

by Bahanda Bruce
October 23, 2025
0
U Rwanda na RDC byongeye guhurira i Washington DC

U Rwanda na RDC byongeye guhurira i Washington DC U Rwanda na Repubulika ya demokarasi ya Congo, byongeye guhurira i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe z'Amerika, mu...

Read moreDetails

Menya Abanya-Rukombe binjiye igisirikare, harimo n’abarwanye intambara yo kubuhora u Rwanda

by Bahanda Bruce
October 21, 2025
0
Menya Abanya-Rukombe binjiye igisirikare, harimo n’abarwanye intambara yo kubuhora u Rwanda

Menya Abanya-Rukombe binjiye igisirikare, harimo n'abarwanye intambara yo kubohora u Rwanda Ababarirwa mu mirongo barimo abahungu n'abagabo, bavuye mu gice kizwi nk'i Rukombe binjira igisirikare cy'umutwe wa FDL...

Read moreDetails

U Burundi bwasabye kimwe mu bihugu by’ibihangange ku isi kubuhuriza mu biganiro n’u Rwanda

by Bahanda Bruce
October 20, 2025
0
Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

U Burundi bwasabye kimwe mu bihugu by'ibihangange ku isi kubuhuriza mu biganiro n'u Rwanda Perezida w'u Burundi, Evariste Ndayishimiye, yasabye u Bufaransa ngo bumuhurize mu biganiro n'u Rwanda,...

Read moreDetails

Icyo amakuru avuga ku biganiro perezida w’u Burundi yagiranye na AFC/M23

by Bahanda Bruce
October 18, 2025
0
Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Perezida w'u Burundi yagiranye ibiganiro na AFC/M23 Perezida w'u Burundi Evariste Ndayishimiye yagiranye ibiganiro by'ibanga n'intumwa z'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika ya demokarasi...

Read moreDetails
Next Post
Mucyohagati: Maï Maï yanyaze Inka z’Abanyamulenge.

Mucyohagati: Maï Maï yanyaze Inka z'Abanyamulenge.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
Manage options Manage services Manage {vendor_count} vendors Read more about these purposes
View preferences
{title} {title} {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?