• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Saturday, July 25, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Mu kanama ka LONI u Rwanda na RDC bagiye impaka.

minebwenews by minebwenews
December 11, 2024
in Regional Politics
0
Mu kanama ka LONI u Rwanda na RDC bagiye impaka.
89
SHARES
2.2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Mu kanama ka LONI u Rwanda na RDC bagiye impaka.

You might also like

ADF Yongeye Kumena Amaraso: Abasivili Bishwe Bunyamaswa mu Gace Kagenzurwa na FARDC, Mu gihe Aho MRDP-Twirwaneho na AFC/M23 Bagenzura Hakomeje Kurangwa Umutekano

Impaka ku Biganiro by’Igihugu muri RDC: Ese Gukumira Kabila, Nangaa na M23 Bizazana Amahoro Cyangwa Bizakomeza Gucamo Ibice Abanyekongo?

Umunyamakuru w’Inararibonye Colette Yashyize Hanze Ibyo Avuga ku Mikorere ya FDLR n’Imikoranire Yayo na FARDC

Abahagarariye u Rwanda na Repubulika ya demokarasi ya Congo bongeye gushinjanya mu kanama ka LONI gashinzwe amahoro ku Isi.

Ni ahar’ejo ni bwo iyi nama yateranye aho yigaga ku kibazo cy’umutekano muke mu Burasirazuba bwa RDC.

Muri iyi nama, hatanzwemo raporo y’intumwa y’umunyamabanga mukuru wa LONI unakuriye MONUSCO muri RDC, Bintou Keita ku bibazo biri muri RDC.

Ndetse kandi abahagarariye u Rwanda na Congo Kinshasa bagaragaje ko hari byinshi ubutegetsi bw’ibi bihugu butarumvikanaho, nubwo abashinzwe ububanyi n’amahanga bamaze kumvikana ku nyandiko y’ibigomba gukorwa mu gukemura ibibazo.

Muri iyo nama kandi minisitiri w’ubanyi n’amahanga wa RDC, Thérèse Kayikwamba yanenze u Rwanda ko rukomeza kwita ibikorwa byarwo muri RDC ingamba zo kwirinda, avuga ko u Rwanda ruri gukora ibikorwa bihungabanya umutekano w’igihugu cya RDC.

Yanaboneyeho kwibutsa ko RDC yemeye gusenya umutwe wa FDLR, nk’uko byemejwe tariki ya 25/11/2024 i Luanda, yongeraho ko u Rwanda na rwo rwemeye kuvana Ingabo zarwo muri RDC.

Ariko ashinja umutwe wa m23 gukoreshwa n’u Rwanda.

Uhagarariye u Rwanda muri LONI, Ernest Rwamucyo yavuze ko ikibazo kiri mu Burasirazuba bwa RDC atari ikibazo cyo guhangana hagati y’u Rwanda na Congo ahubwo ko ari ikibazo gifite imizi n’impamvu ndende zikwiye kwigirwa hamwe no gukemurwa.

Rwamucyo yanenze raporo yatanzwe na Bintou Keita kuri iki kibazo, avuga ko ibogamiye ku ruhande rwa Leta ya Kinshasa kandi ko ishaka kuvuga ko m23 ari yo mpamvu yamakimbirane mu Burasirazuba bwa RDC, ariko we agaragaza ko amakimbirane muri aka gace ashingiye ku guha akato kw’amoko arimo abavuga ururimi rw’Ikinyarwanda.

Yavuze ko raporo ya Bintou Keita yananiwe kuvuga uburyo mu karere kagenzurwa na m23 hari amahoro kurusha ahagenzurwa n’ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo (Fardc), avuga kandi ko yirengagije ibikorwa by’ubugome, ubwicanyi, amagambo y’urwango n’ibindi byibasira abanyekongo bo mu bwoko bw’Abatutsi.

Ati: “Ibi ni byo shingiro ryo kubaho kwa m23 iharanira uburenganzira bwabo.”

Rwamucyo yavuze ko inkeke ya mbere y’u Rwanda ni ubufatanye bwa FDLR n’indi mitwe.

Yagize ati: “FDLR ni wo mutwe umaze imyaka myinshi muri RDC kandi havutse indi mitwe yo gufasha FDLR nka Nyatura na Wazalendo n’indi itandukanye.”

Yavuze ko mu myaka irenga 20 ishize FDLR yakomeje ibikorwa byo kwica abantu no kubagirira nabi ishingiye ku bwoko bwabo mu Burasirazuba bwa RDC no kugaba ibitero byishe abantu bigasenya n’ibintu.

Avuga ko gusenya FDLR ari ikintu cyingenzi cyane mu kubonera umuti urambye mu Burasirazuba bwa RDC.

Rwamucyo yavuze ko uruhande rwabo nk’u Rwanda bagiye babisubiramo kenshi ko ntagisubizo cya gisirikare kizaboneka kuri aya makimbirane.

Uwari uhagarariye Angola muri iyi nama yavuze ko umuhate w’umuhuza Perezida João Lourenço uzagera ku ntego ari uko gusa impande zirimo guhuzwa zibigizemo ubushake.

Tags: ImpakaLoniRdcRwanda
Share36Tweet22Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

ADF Yongeye Kumena Amaraso: Abasivili Bishwe Bunyamaswa mu Gace Kagenzurwa na FARDC, Mu gihe Aho MRDP-Twirwaneho na AFC/M23 Bagenzura Hakomeje Kurangwa Umutekano

by Bahanda Bruce
July 23, 2026
0
ADF Yongeye Kumena Amaraso: Abasivili Bishwe Bunyamaswa mu Gace Kagenzurwa na FARDC, Mu gihe Aho MRDP-Twirwaneho na AFC/M23 Bagenzura Hakomeje Kurangwa Umutekano

ADF Yongeye Kumena Amaraso: Abasivili Bishwe Bunyamaswa mu Gace Kagenzurwa na FARDC, Mu gihe Aho MRDP-Twirwaneho na AFC/M23 Bagenzura Hakomeje Kurangwa Umutekano MINEMBWE CAPITAL NEWS (MCN) Mu gitondo...

Read moreDetails

Impaka ku Biganiro by’Igihugu muri RDC: Ese Gukumira Kabila, Nangaa na M23 Bizazana Amahoro Cyangwa Bizakomeza Gucamo Ibice Abanyekongo?

by Bahanda Bruce
July 22, 2026
0
Corneille Nangaa Yanenze Ibiganiro Byifuzwaga na Kinshasa, Atangaza Icyo Asanga Ari Wo Muti Wonyine w’Ibibazo bya RDC

Impaka ku Biganiro by'Igihugu muri RDC: Ese Gukumira Kabila, Nangaa na M23 Bizazana Amahoro Cyangwa Bizakomeza Gucamo Ibice Abanyekongo? MINEMBWE CAPITAL NEWS (MCN) Mu gihe Perezida wa Repubulika...

Read moreDetails

Umunyamakuru w’Inararibonye Colette Yashyize Hanze Ibyo Avuga ku Mikorere ya FDLR n’Imikoranire Yayo na FARDC

by Bahanda Bruce
July 21, 2026
0
Umunyamakuru w’Inararibonye Colette Yashyize Hanze Ibyo Avuga ku Mikorere ya FDLR n’Imikoranire Yayo na FARDC

Umunyamakuru w'Inararibonye Colette Yashyize Hanze Ibyo Avuga ku Mikorere ya FDLR n'Imikoranire Yayo na FARDC MINEMBWE CAPITAL NEWS (MCN) Umunyamakuru w'inararibonye akaba n'umusesenguzi mpuzamahanga, Colette Braeckman, umaze imyaka...

Read moreDetails

The U.S.–DRC Strategic Partnership Remains Under Scrutiny: Strong Diplomatic Commitments, but Tangible Investment Has Yet to Materialize

by Bahanda Bruce
July 19, 2026
0
RDC n’u Rwanda Byatangaje Intambwe Ikomeye mu Ishyirwa mu Bikorwa ry’Amasezerano y’Amahoro ya Washington

The U.S.–DRC Strategic Partnership Remains Under Scrutiny: Strong Diplomatic Commitments, but Tangible Investment Has Yet to Materialize MINEMBWE CAPITAL NEWS (MCN) More than seven months have passed since...

Read moreDetails

Amasezerano y’Ubufatanye Hagati ya Amerika na RDC Aracyibazwaho: Amatangazo Ni Menshi, Ariko Ishoramari Rifatika Riracyabura

by Bahanda Bruce
July 19, 2026
0
Amasezerano y’Ubufatanye Hagati ya Amerika na RDC Aracyibazwaho: Amatangazo Ni Menshi, Ariko Ishoramari Rifatika Riracyabura

Amasezerano y’Ubufatanye Hagati ya Amerika na RDC Aracyibazwaho: Amatangazo Ni Menshi, Ariko Ishoramari Rifatika Riracyabura MINEMBWE CAPITAL NEWS (MCN) Hashize amezi arenga arindwi u Rwanda, Repubulika Iharanira Demokarasi...

Read moreDetails
Next Post
Mucyohagati: Maï Maï yanyaze Inka z’Abanyamulenge.

Mucyohagati: Maï Maï yanyaze Inka z'Abanyamulenge.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 America Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Drone Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kabila Kagame Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Not enough quota to unlock this post
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?