• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Wednesday, September 10, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Mu Bibogobogo, Twirwaneho yatezwe iminsi.

minebwenews by minebwenews
December 27, 2024
in Regional Politics
0
Mu Bibogobogo, Twirwaneho yatezwe iminsi.
114
SHARES
2.8k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Mu Bibogobogo, Twirwaneho yatezwe iminsi.

You might also like

U Rwanda rwagaragaje ko RDC yarengereye kubyo yavuze ku ngabo zarwo

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Umusirikare mukuru uyoboye ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo, mu Bibogobogo muri teritware ya Fizi, Colonel Ntagawa yasabye abapolisi n’abasirikare kwitegura kurwanya Twirwaneho.

Col. Ntagawa ni we uyoboye Regima y’ingabo za RDC ziri mu Bibogobogo.

Amasoko yacu avuga ko mu ntangiriro z’iki Cyumweru turimo, uyu musirikare mukuru yakoranye ikiganiro n’abasirikare hamwe n’abapolisi, abasaba kwitandukanya na Twirwaneho

Ni ikiganiro yakoze mbere y’uko FARDC mu Minembwe ku wa kabiri tariki ya 25/12/2024 ishora intambara ku baturage baturiye i Lundu, Lwiko na Runundu kuri Evomi.

Aho iyo ntambara yasize ihitanye abasivile barenga 10 barimo abagore n’abana, ndetse kandi abandi bafatwa ku ngufu, udasize ko aba basirikare ba Leta ya Kinshasa basahuye mu mazu y’abaturage.

Muri icyo kiganiro cya Col.Ntagawa n’abasirikare hamwe n’abapolisi yababuriye ko mu mwaka utaha w’2025 Twirwaneho yo muri ibyo bice bazayirimbura.

Yagize ati: “Ndabasaba kwitegura kurwanya Twirwaneho. Umwaka utaha hano muri Bibogobogo hazaza indi regima nshya, izaba ije kurimbura Twirwaneho. Rero basirikare namwe bapolisi ni mwe mugomba gufata iya mbere mukaranga aho iri hose.”

Yashimangiye ibi avuga ko “Twirwaneho ahariho hose igiye guhigwa.”

Ati: “Mu Bijombo naho hagiye koherezwa abasirikare bashya bazava Uvira n’ahandi, ndetse kandi no mu Minembwe, ikigenderewe ni ukurandura Twirwaneho.”

Hagataho , Twirwaneho ni abaturage bo mu bwoko bw’Abanyamulenge, bagiye birwanaho mu gihe bagabweho ibitero bigamije ku bica no kunyaga inka zabo.

Kuva mu 2017, Abanyamulenge bo mu misozi miremire n’imigufi y’i Mulenge mu Ntara ya Kivu y’Amajy’epfo, bagiye baterwa na Mai-Mai ku bufasha bw’ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo (FARDC).

Ni ibitero Maï-Maï yakoraga igamije kubarimbura no kubangaza bakava muri iki gihugu, nk’uko uwo mutwe wabyigambaga, aho uvuga ko atari Abanyekongo.

Ibi bikaba byaratumye haba kwirwanaho mu Banyamulenge.

Tags: BibogobogoFardcTwirwanehoYatezwe iminsi
Share46Tweet29Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

U Rwanda rwagaragaje ko RDC yarengereye kubyo yavuze ku ngabo zarwo

by Bahanda Bruce
September 10, 2025
0
U Rwanda rwagaragaje ko RDC yarengereye kubyo yavuze ku ngabo zarwo

U Rwanda rwagaragaje ko RDC yarengereye kubyo yavuze ku ngabo zarwo Guverinoma y'u Rwanda yamaganiye kure imvugo bamwe mu bagize guverinoma ya Repubulika ya demokarasi ya Congo bashinje...

Read moreDetails

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya Intumwa z'u Rwanda n'iza Repubulika ya demokarasi ya Congo zahuriye i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe...

Read moreDetails

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Mu Burundi isubira nyuma ry'ubukungu bwaho riravuza ubuhuha Ubukungu bw'igihugu cy'u Burundi ku ngoma ya perezida Evariste Ndayishimiye bugenda burushaho kujya ahabi, kubera ibura ry'ibikomoka kuri peteroli, ugakubitiraho...

Read moreDetails

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

by minebwenews
September 2, 2025
0
Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n'iz'u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo Umuhuza bikorwa w'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho rirwanya...

Read moreDetails

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

by minebwenews
September 1, 2025
0
U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza. U Rwanda ruyobowe na perezida Paul Kagame, rwashyizwe ku mwanya wa kabiri mu bihugu bya...

Read moreDetails
Next Post
Perezida Tshisekedi yakaniye kubyo guhindura itegeko nshinga.

Perezida Tshisekedi yakaniye kubyo guhindura itegeko nshinga.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?