• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Tuesday, September 9, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Impinduka zabaye muri politiki mu ntara ya Kivu y’Amajy’epfo, umwaka ushize.

minebwenews by minebwenews
January 1, 2025
in Regional Politics
0
Impinduka zabaye muri politiki mu ntara ya Kivu y’Amajy’epfo, umwaka ushize.
109
SHARES
2.7k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Impinduka zabaye muri politiki mu ntara ya Kivu y’Amajy’epfo, umwaka ushize.

You might also like

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Ibyaranze Classe politiki mu ntara ya Kivu y’Amajy’epfo, dusanga harabaye impinduka nyinshi; uhereye kuri guverineri, Theo Ngwabidjye Kasi wayoboye iyi ntara imyaka myinshi yakuweho haza undi mushya.

Tariki ya 02/03/2024 ni bwo hashyizweho guverineri mushya wa Kivu y’Amajy’epfo witwa Jean-Jacques Paruku Sadoki, ukomoka muri teritwari ya Kabare yo muri iyi ntara.

Uyu guverineri yari asimbuye kuri uyu mwanya, Theo Ngwabidjye ukomoka mu duce turimo abavuga ururimi rw’ikinyarwanda bo mu bwoko bw’Abahavu bo kw’i Djwi.

Theo, ubwo yari akiri guverineri w’iyi ntara yaranzwe no kubeshya cyane abaturage ba Minembwe, ni mu gihe ubwo yagiriraga ingendo za kazi muri ako gace yabasezeranyaga ubufasha ariko ntabikore.

Rimwe yarahageze ababwira ko mu minsi ine bari bubone imfashyanyo, amaso abayo!

Akimara guhabwa inshingano zo kuyobora Kivu y’Amajy’epfo, nabwo yabwiye abaturage ko ibyo azibandaho cyane ari iterambere ry’umujyi wa Bukavu n’imijyi yo mu ma teritwari agize iyi ntara, ariko byarangiye bibaye amagambo.

Ikindi cyagaragaye mu bya politiki muri iyi ntara, ni Alexis Gisaro watambutse ku mwanya w’ubudepite mu gihe byari byamaze gutangazwa ko yatsinzwe, ariko aza kongera gusaba ko babara amajwi, asanga yatsinze; yatsidiye ku mwanya w’ubudepite ku rwego rw’igihugu.

Gusa uwo mwanya Gisaro yaje kuwuha Levis Rukema wahoze muri Gumino ya kera, naho we yongera gusubizwa ku mwanya wa minisitiri.

Alexis Gisaro yahoze ari minisitiri w’ibikorwa remezo, ari nawo mwanya yongeye guhabwa, ndetse akaba yarawukozemo ibikorwa aho yatangiye gukoresha umuhanda wa Ngomo(no:5). Uyu muhanda uhuza umujyi wa Bukavu na Kamanyola muri teritwari ya Walungu.

Gisaro yagiye ashimwa kuko yagerageje gukora neza, aho ndetse hari n’imihanda yagiye asana yo muri Uvira kandi hafi yayose yari yarasenyutse. Ubundi kandi uyu muhanda mu nini wa Ngomo ufasha Abanye-kongo kuva i Bukavu baja Uvira batiriwe banyura ku butaka bw’u Rwanda.

Ikindi kandi mu mpera z’ukwezi kwa gatatu uyu mwaka ushyize, muri Uvira hongeye kugaruka umudepite udashimwa na bose, uwo ni Justin Bitakwira. Uyu leta yahise imuha inshingano zo kuba umuhuza w’imitwe yitwaje intwaro ya Maï-Maï; nawe niko guhita atangira gukangurira abo barwanyi ba Maï-Maï gukunda Leta no kuyishigikira. Ibi yabikoraga mu rwego rwo kugira ngo Twirwaneho izasigare ari yo mwanzi wa Leta yonyine, bityo biviremo ku yi rwanya no kwirukana Abanyamulenge ku butaka bw’iki Gihugu cya Congo.

Uyu mudepite yakoresheje n’ibiganiro hirya no hino muri Kivu y’Amajy’epfo, aho yarimo asaba iriya mitwe yitwaje intwaro ya Maï-Maï kutazongera gusubiranamo, hubwo ko igomba kumenya umwanzi wabo. Uwo yababwiraga ni Abanyamulenge.

Mu kurangiza turavuga ku ngabo zo mu itsinda rya TAFOC, izo bamwe muri Kivu y’Amajy’epfo bakunze kwita iza EAC . Izi zageze muri Kivu y’Amajy’epfo nyuma y’aho mu 2022, RDC n’u Burundi byagiranye amasezerano y’ubufanye, ni bwo iz’ingabo zahise zoherezwa ku butaka bwa RDC.

Mu mezi make ashyize, iz’ingabo zakuwe mu Minembwe ku Kuziba, zijanwa mu Mikenke, Mikarati na Kamombo.

Ahandi izi ngabo zoherejwe ni mu bice by’i Ndondo ya Bijombo na Rurambo, gusa nubwo bivugwa ko zagiye kugarura amahoro no kurwanya imitwe yitwaje intwaro muri iyi ntara, nyamara zifatikanya na Maï-Maï na FARDC mu kurwanya Twirwaneho.

Bikaba byagaragaye mu bitero FARDC iheruka kugaba mu Kalingi.

Kimwecyo muri Kivu y’Amajy’epfo hitezwe impinduka nyuma y’aho Leta ya Kinshasa itumye Brig Gen Olivier Gasita i Bukavu aho azungiriza umuyobozi mukuru mu ishami ry’iperereza mu buyobozi bwa FARDC muri iyi ntara.

Mu mateka ya Gasita mu gisirikare cya Congo, azwi kuba yaragiye agarura ubwumvikane hagati y’amoko yabaga ashamiranye mu duce yakoreyemo. Muri Ituri yarahageze ahagarura amahoro hagati y’Abahema n’Abanyanga abari bagize imyaka myinshi bahangana.

Tags: Kivu yamajy'EpfoPolitiki
Share44Tweet27Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya Intumwa z'u Rwanda n'iza Repubulika ya demokarasi ya Congo zahuriye i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe...

Read moreDetails

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Mu Burundi isubira nyuma ry'ubukungu bwaho riravuza ubuhuha Ubukungu bw'igihugu cy'u Burundi ku ngoma ya perezida Evariste Ndayishimiye bugenda burushaho kujya ahabi, kubera ibura ry'ibikomoka kuri peteroli, ugakubitiraho...

Read moreDetails

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

by minebwenews
September 2, 2025
0
Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n'iz'u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo Umuhuza bikorwa w'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho rirwanya...

Read moreDetails

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

by minebwenews
September 1, 2025
0
U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza. U Rwanda ruyobowe na perezida Paul Kagame, rwashyizwe ku mwanya wa kabiri mu bihugu bya...

Read moreDetails

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

by minebwenews
August 30, 2025
0
Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n'uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z'u Burundi zica Abanyamulenge. Freddy Kaniki Umuyobozi wungirije w'ihuriro rya Allience Fleuve...

Read moreDetails
Next Post

Mwambutsa ukomokwaho abaririmbyi bakaze baririmba indirimbo za gospel, yitabye Imana.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?