• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Wednesday, September 10, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home World News

Uganda: Gen Muhoozi yavuze ku musirikare ufite ipeti rya Lieutenant wiyahuye.

minebwenews by minebwenews
January 4, 2025
in World News
0
Uganda: Gen Muhoozi yavuze ku musirikare ufite ipeti rya Lieutenant wiyahuye.
86
SHARES
2.2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Uganda: Gen Muhoozi yavuze ku musirikare ufite ipeti rya Lieutenant wiyahuye.

You might also like

Burya Abanyaburayi ngo n’ubwo bakolonije Abanya-Frika ariko n’abo ni abacakara kimwe n’abandi- byose abishize ku karubanda

IDF yagabye igitero karundura i Doha ahari intumwa za Hamas

IDF yateguje gukora ibitero karahabutaka kuri Gaza

Umugaba mukuru w’ingabo za Uganda, Gen Kainarugaba Muhoozi yahishuye ko yababajwe n’urupfu rw’umusirikare ufite ipeti rya Lieutenant wiyahuye akoresheje imbunda.

Uwiyahuye ni Lieutenant Ariho Amon aho yakoresheje imbunda arirasa, ku wa gatanu igihe c’isaha z’umugoroba ni bwo uyu musirikare yiyambuye ubuzima.

Amakuru ava muri ibyo bice avuga ko byabereye mu gace ka Nakirembe mu karere ka Mpigi, mbere y’uko y’irasa yabanje guhagarika imodoka ye ku kibuga cy’umupira , abanza gutatanya abarimo bakinira umupira muri icyo kibuga maze arirasa akoresheje imbunda yo mu bwoko bwa karashinikove.

Gen Kainarugaba Muhoozi, ari nawe mugabo w’ingabo za Uganda; mu butumwa yanyujije kuri x, yagize ati: “Ku giti cyanjye nababajwe no kuba Lieutenant Ariho yiyahuye nk’umuofisiye wari ukiri muto.”

Yakomeje agira ati: “Yapfuye kubera ruswa njye na mzee perezida Museveni twakunze kuvugaho igihe kinini. Amaraso ye azahererwa kandi abajura bazabyishyura.”

Ubwo uyu musirikare yari amaze kwiyahura yirashe, ibyari mu mudoka ye birimo telephone ndetse n’ibyangombwa , byahise bijyanwa n’inzego zirimo polisi n’igisirikare kugira ngo hatangire iperereza, mu gihe umurambo we wahise ujanwa mu buruhukiro bw’ibitaro bya Mulago, ndetse imbunda yakoresheje yiyahura n’imodoka ye, bijyanwa kuri sitasiyo ya polisi ya Mpingi.

Igisirikare cya Uganda nacyo gihita gitangiza iperereza mu rwego rwo kugira ngo hamenyekane icyaha cyatumye uyu musirikare wo mu itsinda ry’abasirikare bashinzwe ubwubatsi yiyambura ubuzima.

Uvugira igisirikare cya Uganda wungirije, Col.Deo Akili, yagize ati: “Umusirikare yiyishe, kandi twatangiye iperereza duherereye ku makuru yabamuri hafi kugira ngo tumenye icyabimuteye.”

Yanaboneyeho kwibutsa ko igisirikare cy’igihugu cyabo gihugura abasirikare uko bakora bakamenya ibimenyetso by’umunaniro ukabije kandi bakanatanga ubufasha ku babukeneye. Avuga ko mu myaka yavuba itambutse, bagiye babona abagize ibibazo byo mu mutwe mu basirikare babo, ariko bigahita bibereka ko bagifite akazi ko guhugura.

Mu gihe iperereza rikomeje gukorwa kuri uku kwiyahura k’uyu musirikare, uyu muvugizi wa UPDF yizeje umuryango we kuzawuha ubufasha.

Tags: ArihoLtYiyahuye
Share34Tweet22Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Burya Abanyaburayi ngo n’ubwo bakolonije Abanya-Frika ariko n’abo ni abacakara kimwe n’abandi- byose abishize ku karubanda

by Bahanda Bruce
September 10, 2025
0
Burya Abanyaburayi ngo n’ubwo bakolonije Abanya-Frika ariko n’abo ni abacakara kimwe n’abandi- byose abishize ku karubanda

Burya Abanyaburayi ngo n'ubwo bakolonije Abanya-Frika ariko n'abo ni abacakara kimwe n'abandi- byose abishize ku karubanda Nubwo Abanyaburayi bagize uruhare rukomeye mu kugurisha Abanya-Frika nk'abacakara, babakoloniza; nyuma bakaza...

Read moreDetails

IDF yagabye igitero karundura i Doha ahari intumwa za Hamas

by Bahanda Bruce
September 9, 2025
0
IDF yagabye igitero karundura i Doha ahari intumwa za Hamas

IDF yagabye igitero karundura i Doha ahari intumwa za Hamas Ingabo za Israel zakoze igitero gikomeye cyumvikanyemo iturika ridasanzwe, aho zakigabye i Doha muri Qatar ahari intumwa z'umutwe...

Read moreDetails

IDF yateguje gukora ibitero karahabutaka kuri Gaza

by Bahanda Bruce
September 8, 2025
0
IDF yateguje gukora ibitero karahabutaka kuri Gaza

IDF yateguje gukora ibitero karahabutaka kuri Gaza Ingabo za Israel (IDF) zatangaje ko zifite umugambi wo kugaba ibitero bikomeye no gusenya umujyi wa Gaza ugenzurwa n'abarwanyi bo mu...

Read moreDetails

Perezida Trump yahinduye izina rya minisiteri y’ingabo avuga n’impamvu

by Bahanda Bruce
September 6, 2025
0
Perezida Trump yahinduye izina rya minisiteri y’ingabo avuga n’impamvu

Perezida Trump yahinduye izina rya minisiteri y'ingabo avuga n'impamvu Perezida wa Leta Zunze ubumwe z'Amerika, Donald Trump yahinduye izina rya minisiteri y'ingabo ayita minisiteri y'intambara, avuga ko isi...

Read moreDetails

Icyemezo gikakaye n’icyo ubutabera bw’i Dubai bwafashe ku mwana w’umukobwa w’imyaka 23

by Bahanda Bruce
September 6, 2025
0
Icyemezo gikakaye n’icyo ubutabera bw’i Dubai bwafashe ku mwana w’umukobwa w’imyaka 23

Icyemezo gikakaye n'icyo ubutabera bw'i Dubai bwafashe ku mwana w'umukobwa w'imyaka 23 Umukobwo w'imyaka 23 y'amavuko witwa Mia O'Brien ukomoka mu ntara ya Liverpool mu Bwongereza urukiko rw'i...

Read moreDetails
Next Post
Amakuru ava mu Mikenke aravuga uko umupolisi mukuru uhafungiwe yagerageje gutoroka.

Amakuru ava mu Mikenke aravuga uko umupolisi mukuru uhafungiwe yagerageje gutoroka.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?