• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Wednesday, September 10, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Hatanze umucyo ku musirikare uheruka kwicwa arashwe mu Minembwe.

minebwenews by minebwenews
January 15, 2025
in Regional Politics
0
Esikoti wo kwa Lt Gen. Masunzu yishwe arashwe mu Minembwe.
154
SHARES
3.8k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Hatanze umucyo ku musirikare uheruka kwicwa arashwe mu Minembwe.

You might also like

U Rwanda rwagaragaje ko RDC yarengereye kubyo yavuze ku ngabo zarwo

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Bikubiye mu ibaruwa yashyizwe hanze n’umuyobozi w’ungirije wa sosiyete sivile ya Minembwe, Mufashi Santos, aho igaragaza ko Captain Eric Uwimana uheruka kwitaba Imana, yarashwe n’ingabo za Congo zikorera ku Kiziba mu Minembwe.

Ahagana isaha ya saa moya z’ijoro ryo ku itariki ya 13/01/2025, ni bwo Captain Eric Uwimana wari usanzwe arinda inzu ya Lt.Gen Masunzu iri ku Kiziba yishwe arashwe.

Iyi nzu uriya murinzi wo kwa Masunzu yarasiweho, iherereye hafi n’ikibuga cy’indege cya Minembwe, ikaba kandi iri mu ntera y’ikirometero kimwe uvuye aho ikambi y’abasirikare ba FARDC iri ku Kiziba.

Nk’uko bigaragara mu ibaruwa yashyizwe hanze n’umuyobozi w’ungirije wa sosiyete sivile ya Minembwe, ivuga ko “nubwo bitaratangazwa ku mugaragaragaro uwishe Captain Eric Uwimana, ariko ko amakuru y’ibanze yemeza ko yarashwe na Major Papy ureba abasirikare ba FARDC ku Kiziba.”

Muri iyi baruwa kandi, sosiyete sivile yagaragaje ko iki gikorwa cyo kwica Major Papy yakoze, atari cyo cya mbere ngo kuko tariki ya 27/10/2024, nabwo kandi yategetse Esikoti we kurasa mugenzi we warimo asaba umushahara we. Aramurasa arapfa.

Nubwo muri iyi baruwa sosiyete sivile itagaragaje icyatumye Maj Papy yica Captain Eric, amakuru yo kuruhande avuga ko mbere y’uko haba igikorwa cyo kwica barashe, hari habanje kuba intonganya hagati ya Papy na Eric. Aya makuru akavuga ko Eric yari yameneye ibanga bagenzi be ko Papy ari “interahamwe” yihinduye umunye-Kongo.

Mu busanzwe, interahamwe(FDLR) zikorana byahafi n’igisirikare cya Congo, FARDC, ndetse abenshi murizo usanga banakora mu nzego zohejuru mu buyobozi bukuru bw’Ingabo za RDC.

Uyu Eric wishwe we, akomoka mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, ariko akaba yarashakanye n’umukobwa w’Umunyamulenge uvuka i Gakenke.

Nyuma y’iraswa rya Captain Eric Uwimana, sosiyete sivile yavuze ko muri ibyo bice humvikanye urusaku rw’imbunda rwinshi, kandi ko zaraswaga n’ingabo za Congo.

Uyu musirikare wishwe, yasize umugore n’abana 11, akaba kandi asize n’umukazana.

Tubibutse ko yashinguwe mu cyubahiro ahar’ejo tariki ya 14/01/2025, ashingurwa i Gakenke ahari umuryango w’iwe.

Tags: EricKuziba
Share62Tweet39Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

U Rwanda rwagaragaje ko RDC yarengereye kubyo yavuze ku ngabo zarwo

by Bahanda Bruce
September 10, 2025
0
U Rwanda rwagaragaje ko RDC yarengereye kubyo yavuze ku ngabo zarwo

U Rwanda rwagaragaje ko RDC yarengereye kubyo yavuze ku ngabo zarwo Guverinoma y'u Rwanda yamaganiye kure imvugo bamwe mu bagize guverinoma ya Repubulika ya demokarasi ya Congo bashinje...

Read moreDetails

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya Intumwa z'u Rwanda n'iza Repubulika ya demokarasi ya Congo zahuriye i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe...

Read moreDetails

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Mu Burundi isubira nyuma ry'ubukungu bwaho riravuza ubuhuha Ubukungu bw'igihugu cy'u Burundi ku ngoma ya perezida Evariste Ndayishimiye bugenda burushaho kujya ahabi, kubera ibura ry'ibikomoka kuri peteroli, ugakubitiraho...

Read moreDetails

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

by minebwenews
September 2, 2025
0
Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n'iz'u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo Umuhuza bikorwa w'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho rirwanya...

Read moreDetails

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

by minebwenews
September 1, 2025
0
U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza. U Rwanda ruyobowe na perezida Paul Kagame, rwashyizwe ku mwanya wa kabiri mu bihugu bya...

Read moreDetails
Next Post
Umuyobozi w’Abanyamulenge muri Kamanyola yafunzwe.

Umuyobozi w'Abanyamulenge muri Kamanyola yafunzwe.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?