• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Wednesday, September 10, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Ibivugwa ku ngabo z’u Burundi zapfuye ku bwinshi i Masisi.

minebwenews by minebwenews
January 21, 2025
in Regional Politics
0
Ibivugwa ku ngabo z’u Burundi zapfuye ku bwinshi i Masisi.
121
SHARES
3k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ibivugwa ku ngabo z’u Burundi zapfuye ku bwinshi i Masisi.

You might also like

U Rwanda rwagaragaje ko RDC yarengereye kubyo yavuze ku ngabo zarwo

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta ya Kinshasa zigwiriyemo iz’u Burundi n’inyeshyamba zo muri FDLR zaguye mu mutego w’abarwanyi bo mu mutwe wa M23 mu bice byo muri teritware ya Masisi, izibarirwa mu magana zihasiga ubuzima.

Amasoko yacu atandukanye avuga ko mu gitondo cy’ahar’ejo tariki ya 20/01/2025, ingabo z’u Burundi na FDLR zasabye ubuyobozi bwa FARDC kubareka bakagenda bonyine kuja kwisubiza centre ya Masisi iheruka gufatwa na M23.

Bivugwa ko babwiye FARDC ko ari bo bashobora kubohoza iriya centre ngo kuko abo bahanganye bo muri m23 bahuje ururimi.

Ariko bikavugwa ko m23 yamenye aya makuru mbere y’uko icyo gitero kirimo ingabo z’u Burundi n’iza FDLR gihaguruka giturutse mu bice bigenzurwa n’uruhande rwa Leta.

Nyuma iki gitero cyaraje kigeze mu ntera ngufi n’ibitaro bikuru bya teritware ya Masisi kigwa mu gico cy’abarwanyi ba M23. Icyakurikiyeho ni umuborogo w’abasirikare b’u Burundi na FDLR.

Amakuru amwe avuga ko ingabo z’u Burundi na FDLR zapfiriye muri aka gace zitari munsi y’amagana atanu. Mu gihe ku rundi ruhande bivugwa ko nta warokotse, hubwo ko n’utarapfuye yafashwe matekwa.

M23 kandi yabambuye n’ibikoresho byinshi byagisirikare, birimo imbunda, amasasu n’ibikoresho bikoreshwa mu itumanaho.

Ubwo ibyo byabaga, mu nkengero za Sake hari imirwano iremereye aho yarimo yumvikanamo imbunda zikaze hagati ya M23 n’ihuriro ry’Ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta. Iyi mirwano yanasize umutwe wa M23 wigaruriye uduce twose twunamiye centre ya Sake iri mu birometero nka 27 uvuye mu mujyi wa Goma.

Nanone kandi ahar’ejo indi mirwano ikomeye yavuzwe muri teritware ya Kalehe mu Ntara ya Kivu y’Amajy’epfo.

Minembwe.com yabashe no kumenya ko abapolisi n’abasirikare bari bashinzwe umutekano mu duce twa Bitonga, Bwerimana, Bishange, Kabalegesha n’ahandi bahungiye mu mujyi wa Minova. Ubundi utwo duce twose M23 iratwigarurira.

Akandi gace M23 yigaruriye muri Kalehe ni umusozi wa Buragiza uriho ikibuga cy’indege.

Si aho gusa kuko uyu mutwe wafashe n’umujyi Minova harimo kandi ko wafashe n’inkengero zayo.

Tags: Ingabo z'u BurundiM23
Share48Tweet30Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

U Rwanda rwagaragaje ko RDC yarengereye kubyo yavuze ku ngabo zarwo

by Bahanda Bruce
September 10, 2025
0
U Rwanda rwagaragaje ko RDC yarengereye kubyo yavuze ku ngabo zarwo

U Rwanda rwagaragaje ko RDC yarengereye kubyo yavuze ku ngabo zarwo Guverinoma y'u Rwanda yamaganiye kure imvugo bamwe mu bagize guverinoma ya Repubulika ya demokarasi ya Congo bashinje...

Read moreDetails

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya Intumwa z'u Rwanda n'iza Repubulika ya demokarasi ya Congo zahuriye i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe...

Read moreDetails

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Mu Burundi isubira nyuma ry'ubukungu bwaho riravuza ubuhuha Ubukungu bw'igihugu cy'u Burundi ku ngoma ya perezida Evariste Ndayishimiye bugenda burushaho kujya ahabi, kubera ibura ry'ibikomoka kuri peteroli, ugakubitiraho...

Read moreDetails

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

by minebwenews
September 2, 2025
0
Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n'iz'u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo Umuhuza bikorwa w'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho rirwanya...

Read moreDetails

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

by minebwenews
September 1, 2025
0
U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza. U Rwanda ruyobowe na perezida Paul Kagame, rwashyizwe ku mwanya wa kabiri mu bihugu bya...

Read moreDetails
Next Post
M23 nyuma yogufata umujyi wa Minova yafashe utundi duce twingenzi muri Kivu y’Epfo.

M23 nyuma yogufata umujyi wa Minova yafashe utundi duce twingenzi muri Kivu y'Epfo.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?