• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Saturday, September 6, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Umutekano w’ikibuga cy’indege cya Minembwe wakajijwe.

minebwenews by minebwenews
February 6, 2025
in Regional Politics
0
Umutekano w’ikibuga cy’indege cya Minembwe wakajijwe.
111
SHARES
2.8k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Umutekano w’ikibuga cy’indege cya Minembwe wakajijwe.

You might also like

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Igisirikare cya Repubulika ya demokarasi ya Congo(FARDC) cyarushijeho kongera umubare w’ingabo zacyo ku kibuga cy’indege cya Minembwe muri Kivu y’Amajy’epfo.

Ingabo za FARDC nyinshi, Wazalendo na FDLR, ku mu goroba w’ahar’ejo boherejwe ku kibuga cy’indege cya Minembwe giherereye ku Kizaba.

Aka gace ka Kiziba karimo iki kibuga cy’indege, kari gasanzwe karebwa n’ i batayo imwe y’ingabo za Leta.

Mu busanzwe batayo imwe y’ingabo z’iki gihugu iba irimo abasirikare bari hujuru ya 300.

Iyi batayo ikambi yayo, yubatse iruhande rw’umuhana wa Kiziba, uherereyemo itorero rya Free Methodist, riyobowe na Surtandant Bitebetebe.

Iyi nkuru rero ikaba ivuga ko aba basirikare bongerewe cyane n’ubwo umubare wabahoherejwe utazwi neza. Ariko ko bahise bazenguruka iki kibuga cy’indege mu buryo budasanzwe. Kandi ko atari FARDC gusa yahoherjwe, hubwo ko hajanwe na Wazalendo na FDLR.

Umuturage uri muri aka gace yahaye Minembwe.com ubutumwa bwanditse bugira buti: “Katanyama yakajije umutekano kubyo gucyunga ikibuga cy’indege cya Minembwe. Uhereye ejo hashize, ingabo nyinshi na FDLR ndetse na Wazalendo boherejwe kuri iki kibuga, ndetse kandi no ku mugoroba haza abandi nabo benshi.”

Ubu butumwa bw’uyu muturage bunagaragaza ko hari abandi basirikare baturutse muri Madegu centre bajabuka i Lundu ahari amarango yitegeye iki kibuga cy’indege, bahageze bashinga ibibunda binini.

Ati: “Igihe cy’umugoroba w’ejo hashize, abasirikare bavuye mu Madegu centre baja i Lundu bageze kuri rya Rango ryo kwa Buhimba ry’itegeye ku Kiziba bahashinga ibibunda binini.”

Ibyo bibaye mugihe mu mpera zakiriya cyumweru gishize, mu Minembwe hisutse abasirikare benshi, aho baje baturutse mu bice by’i Baraka na Uvira.

Bikavugwa ko baje kurinda aka gace kugira ngo ntigafatwe na Twirwaneho iyo bashinja gukorana byahafi n’umutwe wa M23 uheruka gufata umujyi wa Goma, ndetse kandi ukaba uri kwerekeza mu gufata n’umujyi wa Bukavu muri Kivu y’Amajy’epfo.

FARDC mu Minembwe nyuma y’uko itangiye kwifatanya n’imitwe yitwaje intwaro irimo FDLR, Maï-Maï n’indi, igahita itangira kugaba ibitero mu mihana ituwe n’Abanyamulenge. Nibwo yatangiye kurebana nabi na Twirwaneho, ndetse igenda iyishinja kurwanya ingabo z’iki gihugu, nubwo ataribyo.

Ubundi Twirwaneho yabayeho mu rwego rwo kugira ngo irinde Abanyamulenge n’ibyabo, mu gihe bagabwaho ibitero bya Maï-Maï kubufasha bw’ingabo za FARDC bigamije kubangaza no kubarimbura, ndetse no kunyaga Inka zabo, nk’uko byagiye bigaragazwa n’inzobere nyinshi zo mu Banyamulenge.

I Komine ya Minembwe ituwe n’Abanyamulenge benshi, irebwa na brigade y’ingabo z’iki gihugu ya 21, icyicaro gikuru cyayo kiri muri centre ya Minembwe. Iyi brigade ifite rejima zibiri imwe iri i Gakenke indi ikaba i Lundu.

Si kibuga cy’indege cya Minembwe gusa, umutekano wacyo wakajijwe, kuko ni cya Kavumu kiri hafi n’i Bukavu, FARDC yagishinzemo ibirindiro bikomeye by’ingabo zayo. Bikavugwa ko ari naho Lt.Gen. Pacifique Masunzu aherereye. Aha ni nyuma y’uko umutwe wa M23 ugeze mu ntera y’ibirometero 25 uvuye kuri iki kibuga cy’indege.

Tags: FardcIkibuga cy'indegeMinembweTwirwanehoUmutekano
Share44Tweet28Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya Intumwa z'u Rwanda n'iza Repubulika ya demokarasi ya Congo zahuriye i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe...

Read moreDetails

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Mu Burundi isubira nyuma ry'ubukungu bwaho riravuza ubuhuha Ubukungu bw'igihugu cy'u Burundi ku ngoma ya perezida Evariste Ndayishimiye bugenda burushaho kujya ahabi, kubera ibura ry'ibikomoka kuri peteroli, ugakubitiraho...

Read moreDetails

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

by minebwenews
September 2, 2025
0
Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n'iz'u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo Umuhuza bikorwa w'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho rirwanya...

Read moreDetails

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

by minebwenews
September 1, 2025
0
U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza. U Rwanda ruyobowe na perezida Paul Kagame, rwashyizwe ku mwanya wa kabiri mu bihugu bya...

Read moreDetails

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

by minebwenews
August 30, 2025
0
Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n'uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z'u Burundi zica Abanyamulenge. Freddy Kaniki Umuyobozi wungirije w'ihuriro rya Allience Fleuve...

Read moreDetails
Next Post
Amasasu Fardc yaraye irasa mu Mikenke menya ukwayo.

Inama yakozwe na FARDC y'ikuba gahu, yatumye mu Minembwe haba ubwoba.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rugezi Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?