Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Perezida w’u Burundi yanenze ingabo za RDC.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
February 12, 2025
in Regional Politics
0
Perezida w’u Burundi yanenze ingabo za RDC.
122
SHARES
3.1k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Perezida w’u Burundi yanenze ingabo za RDC.

You might also like

Kwa Tshisekedi barakajwe n’itsinda ry’abayobozi bo mukarere baheruka kuganira na AFC/M23.

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye.

Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye yasabye Abarundi ko bagomba kumenya ko hari umwanzi bafite ukomeye, avuga ko ari u Rwanda, asaba ko batagomba gupfa nk’ihene nk’uko bimeze muri Repubulika ya demokarasi ya Congo.

Ni byo perezida w’u Burundi yatangarije muri Komine ya Bugabira mu Ntara ya Kirundo, aho yari yasuye abaturage baho abaha n’ibiribwa.

Amakuru ava muri icyo gihugu cy’u Burundi avuga ko perezida Evariste Ndayishimiye yatanze ibiribwa ku miryango igera kuri 22,236 ni nyuma y’aho ihuye n’ikibazo cy’amapfa, buri rugo rukaba rwarimo rugenerwa kilogramu 15 z’ibigori, nk’ibiryo bizamara icyumweru.

Ibiro by’umukuru w’igihugu mu Burundi bivuga ko hazakorwa igenzura nyuma y’ukwezi, hakarebwa niba ibyo biribwa byongerwa cyangwa bikagabanywa, cyangwa niba inkunga izahagarara.

Ubwo yarimo atanga ibi biribwa yasabye abaturage kutarya umugondorajosi.

Yagize ati: “Mbibabwire ntimurye ngo musinzire umugondorajosi. Guverineri yabibabwiye ko mufite umuturanyi mubi, murabizi ko aduhiga. Namaze kumumenyesha ko uzadukubira tuzamukubita. Mube mwiteguye, ntimugire ubwoba, bariya turaziranye.”

Evariste Ndayishimiye yanibukije Abarundi ko kuva kera igihe cy’abami u Rwanda rutigeze rutsinda u Burundi.

Ati: “Ubu ntibadushobora, hano murabizi mu bibutse izina ryo mu Kirundo. Muzabibutse muti murabizi mu Kirundo aho iryo zina ryavuye? Uti rero tuzareba.”

Yakomeje agira ati: “Noneho si mwe mwenyine Kirundo, twese n’uw’i Nyanzara-Lac hafi ya Tanzania ureba Kigoma azaba ari aha . Twese, Abarundi, ntituzemera gupfa nk’Abanyekongo. Abagabo bakicwa nk’ihene uko nyine, kandi ari abantu b’ababagabo bakicwa bakanuye. Abarinda umutekano wa Congo ntabyo bazi.”

Perezida w’u Burundi aherutse gutangaza kandi ko u Rwanda rushaka gutera igihugu cye, ibi yabwiye abahagarariye ibihugu byabo mu Burundi.

Abivuze mu gihe atagaragaye mu nama y’abakuru b’ibihugu bya Afrika y’i Burasirazuba n’iya majy’epfo yabereye i Dar es Salaam muri Tanzania, aho yari igamije gushakira amahoro n’umutekano u Burasirazuba bwa RDC.

Perezida Ndayishimiye yohereje intumwa, kimwe na mugenzi we wa RDC, Félix Tshisekedi wari wayoherejemo minisitiri w’intebe, Judith Sumunwa. Gusa, iyi nama na Tshisekedi ubwe, yayikurikiye akoresheje ubuhanga bwa none.

U Burundi bufite ingabo muri RDC zifasha iza RDC kurwanya umutwe wa M23 , nubwo ntacyo zihindura kuko uyu mutwe ukomeje kwagura muburyo budasanzwe ibirindiro byawo muri Kivu y’Amajy’epfo na Kivu y’Amajyaruguru. Ndetse imirwano ikomeye iri kwerekeza i Bukavu ahazwi nk’umurwa mukuru w’iyi ntara ya Kivu y’Epfo. Ahar’ejo imirwano hagati y’impande zombi yiriwe ibera i Kalehe kuri zone.

Tags: CongoEvariste NdayishimiyeRwanda
Share49Tweet31Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Kwa Tshisekedi barakajwe n’itsinda ry’abayobozi bo mukarere baheruka kuganira na AFC/M23.

by Bruce Bahanda
June 7, 2025
0
Kwa Tshisekedi barakajwe n’itsinda ry’abayobozi bo mukarere baheruka kuganira na AFC/M23.

Kwa Tshisekedi barakajwe n'itsinda ry'abayobozi bo mukarere baheruka kuganira na AFC/M23. Repubulika ya demokarasi ya Congo yagaragaje ko yababajwe n'urwego rwa karere ka Afrika y'ibiyaga bigari rushinzwe kugenzura...

Read moreDetails

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

by Bruce Bahanda
June 5, 2025
0
Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

Perezida Tshisekedi yakiriye wa munyapolitiki uheruka kwibasira Kabila. Perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi, yakiriye umunyapolitiki wo muri iki gihugu Martin Fayulu uheruka gutangaza ko...

Read moreDetails

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
AFC/M23 yatangaje igikorwa iri bwereke Isi kuri uyu wa 5.

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye. Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC, ryatangaje ko ryakiriye umunyapolitiki Marcelin Cishambo, kandi ko yazanye n'abandi banyapolitiki barimo n'abatavuga rumwe n'ubutegetsi...

Read moreDetails

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo. Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yahakanye ibivugwa ko iri mu kwibasira abasirikare ba kuru ba FARDC...

Read moreDetails

Hamenyekanye umunyapolitiki ugiye kuzahura na Tshisekedi vuba.

by Bruce Bahanda
June 3, 2025
0
Icyifuzo cy’ubutegetsi bwa Tshisekedi cyatewe ishoti.

Hamenyekanye umunyapolitiki ugiye kuzahura na Tshisekedi vuba. Umunyapolitiki uri mubasanzwe badacana uwaka n'ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi wa Congo, Martin Fayulu, byamenyekanye ko uyu mukuru w'iki gihugu yamwemereye...

Read moreDetails
Next Post

Umunya-tanzaniya-kazi uri mu bavuga rikijana yanenze ubutegetsi bwa Kinshasa.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?