Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

M23 yageze iwabo w’Abanyamulenge ahazwi nk’i Mulenge, ibyari byifuzo bikomeye.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
March 12, 2025
in Regional Politics
0
M23 yageze iwabo w’Abanyamulenge ahazwi nk’i Mulenge, ibyari byifuzo bikomeye.
122
SHARES
3.1k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

M23 yageze iwabo w’Abanyamulenge ahazwi nk’i Mulenge, ibyari byifuzo bikomeye.

You might also like

Kera kabaye u Burundi bwafunze padiri kubera Misa yasomye.

Nyuma yo guhura n’abayobozi ba AFC/M23, umuyobozi wa MONUSCO yavuze icyo yizeye.

Ibyo gusinya amasezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na Congo si byanone.

Umutwe wa m23 urwanya ubutegetsi bw’i Kinshasa, abarwanyi bawo bamaze gukandagiza ibirenge byabo iwabo w’Abanyamulenge ahazwi nk’i Mulenge muri Kivu y’Amajyepfo, nk’uko amakuru ava yo abivuga.

Akarere k’i Mulenge kagizwe na Rurambo, i Ndondo ya Bijombo, i Cyohagati, Mibunda, Bibogobogo na Minembwe. Utu turere tubarizwa muri za teritware ya Mwenga, Fizi na Uvira.

Gusa, hari utundi duce tutagituwe n’aba Banyamulenge kuko aba barwanya bashigikiwe na Leta y’i Kinshasa bagiye batubirukanamo, kuri ubu tukaba dutuwe n’Abapfulero, Ababembe n’andi moko; utwo duce hari aka Mirimba, Matanganika na Ngandji.

Amakuru Minembwe Capital News yamaze kwakira, ayo dukesha abaturiye imisozi ya Rurambo, ahamya ko m23 yageze iwabo.

Uyu waduhaye iyi nkuru yavuze ko iri ahitwa i Gashama, kandi ko yamaze guhura na Twirwaneho yari isanzwe muri ibyo bice.

Yagize ati: “Turi i Gashama. Ubu turi kumwe na m23. Twese turi hamwe.”

Abarwanyi bo mu mutwe wa m23 bageze i Gashama muri Rurambo, nyuma yuko birukanye ingabo z’u Burundi n’iza Congo, n’imitwe irimo FDLR na Wazalendo i Kaziba muri teritware ya Walungu.
Na nyuma y’aho m23 yakomeje gukurikira ririya huriro ry’ingabo za Congo, baryirukana mu misozi iri hagati ya Rurambo n’i Kaziba, maze iri huriro rihungira mu misozi yunamiye i Lemera muri Uvira.

Uyu mutwe wa m23 gukandagiza ibirenge byabo iwabo w’Abanyamulenge, byari inzozi ku Banyamulenge kuko bari batesetse igihe kirekire, ariko ubu bisa nk’aho babonye umucyunguzi bari bategereje igihe kirekire.

Ntimugura Felix uri mu Rurambo yabwiye Minembwe Capital News ati: “Ibi bisa nk’aho twageze ku mahoro arambye. Erega m23 ni igisubizo kuri twe.”

M23 igeze mu Rurambo mu gihe Twirwaneho iheruka kwigarurira igice cya Minembwe, giherereye mu birometero nka 200 uvuye aha mu Rurambo.

Si Minembwe gusa Twirwaneho yafashe, kuko yanafashe Kamombo na Mikenke. Ubu uyu mutwe wa Twirwaneho uranagenzura ikibuga cy’indege cya Minembwe giherereye ku Kiziba.

Nyamara nubwo ari ibyishimo bidasanzwe ku Banyamulenge bagezwemo na m23, ariko kandi ibagezemo mu gihe ubutunzi bwabo bw’inka bwanyazwe na Wazalendo(Mai Mai), ibifashijwemo n’ingabo za Leta y’i Kinshasa.

Mu mibare yagiye ishyigwa hanze n’imiryango itandukanye y’Abanyamulenge irimo n’uwa Mahoro Peace Association, mu myaka ishyize, yagaragazaga ko Inka zabo Banyamulenge zanyazwe hagati mu mwaka wa 2017 kugeza uwa 2020, zibarirwa mu bihumbi amagana ane.

Ikindi nuko aba Banyamulenge bagiye basenyerwa imihana yabo, ndetse kandi bakicwa bazira ubwoko bwabo.
Hagataho, kuri ubu basa nabatangiye gukandagiza ibirenge byabo mu bisubizo by’amahoro.

Tags: ImulengeM23Rurambo
Share49Tweet31Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Kera kabaye u Burundi bwafunze padiri kubera Misa yasomye.

by Bruce Bahanda
June 16, 2025
0
Kera kabaye u Burundi bwafunze padiri kubera Misa yasomye.

Kera kabaye u Burundi bwafunze padiri kubera Misa yasomye. Butoti Paul, umusaseridoti wa kiliziya gatolika i Bujumbura, yahagaritswe n'inzego zishinzwe umutekano kubera misa yasomeye muri ekeleziya gatolika. Ku...

Read moreDetails

Nyuma yo guhura n’abayobozi ba AFC/M23, umuyobozi wa MONUSCO yavuze icyo yizeye.

by Bruce Bahanda
June 16, 2025
0
Nyuma yo guhura n’abayobozi ba AFC/M23, umuyobozi wa MONUSCO yavuze icyo yizeye.

Nyuma yo guhura n'abayobozi ba AFC/M23, umuyobozi wa MONUSCO yavuze icyo yizeye. Intumwa idasanzwe y'Umunyamabanga mukuru w'umuryango w'Abibumbye muri Congo, akaba n'umuyobozi wa MONUSCO, Bintou Keita yizeye ko...

Read moreDetails

Ibyo gusinya amasezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na Congo si byanone.

by Bruce Bahanda
June 15, 2025
0
Ibyo gusinya amasezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na Congo si byanone.

Ibyo gusinya amasezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na Congo si byanone. Mu gihe Leta Zunze ubumwe z'Amerika zifuza ko u Rwanda na Repubulika ya demokarasi ya Congo muri...

Read moreDetails

Byakomeye i Washington DC hoherejwe intumwa kuja gushinja Tshisekedi kuyobora nabi.

by Bruce Bahanda
June 14, 2025
0
Byakomeye i Washington DC hoherejwe intumwa kuja gushinja Tshisekedi kuyobora nabi.

Byakomeye i Washington DC hoherejwe intumwa kuja gushinja Tshisekedi kuyobora nabi. Kikaya Bin Karubi, usanzwe ari mu bantu bahora hafi ya Joseph Kabila Kabange, akaba n'umujyamama we, ni...

Read moreDetails

Kenya department Of Refugee Service Crack Down on Sim Card Fraud.

by Bruce Bahanda
June 13, 2025
0
Kenya department Of Refugee Service Crack Down on Sim Card Fraud.

Kenya Department of Refugee Service Cracks Down on SIM Card Fraud The Department of Refugee Service (DRS) has issued a stern warning to refugees in Kenya, urging them...

Read moreDetails
Next Post
Byakaze, abagabo bakubita abagore babo, m23 yababuriye.

Byakaze, abagabo bakubita abagore babo, m23 yababuriye.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?