• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Wednesday, September 10, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Ubugizi bwa nabi bwa Wazalendo bwongeye gufata indi ntera i Kaziba, bituma abaho batabaza m23.

minebwenews by minebwenews
March 24, 2025
in Regional Politics
0
Ubugizi bwa nabi bwa Wazalendo bwongeye gufata indi ntera i Kaziba, bituma abaho batabaza m23.
91
SHARES
2.3k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ubugizi bwa nabi bwa Wazalendo bwongeye gufata indi ntera i Kaziba, bituma abaho batabaza m23.

You might also like

U Rwanda rwagaragaje ko RDC yarengereye kubyo yavuze ku ngabo zarwo

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

I Kaziba muri teritware ya Walungu, mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, mu gihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo, Wazalendo barwana ku ruhande rwa Leta bari kuhica abaturage ubundi kandi bagafata n’abagore ku ngufu, ibyatumye abaturage bahatuye bahamagarira umutwe wa m23 kubagoboka.

Ni ubutumwa bwanditse tumaze kwakira kuri Minembwe Capital News, ubwo twahawe n’abamwe mu baturage baho(i Kaziba), aho bari gutabariza m23 kubatabara, ngo kuko Wazalendo bari kubica, bagafata n’abagore ku ngufu no kubakorera ibindi bikorwa bigayitse.
Bagize bati: “M23 yari kwiye kuza ikagera hano i Kaziba, ikatwirukanira Wazalendo badutesheje cyane. Umutekano wacu urabangamiwe bikomeye, bariya Wazalendo baratunyaga kandi bakangiza n’ibyacu.”

Muri ubu butumwa basobanuye ko Wazalendo baheruka kwicira umuturage muri centre ya Kaziba bamuziza ubusa, ndetse kandi bafata n’umugore waho ku ngufu.

Ati: “Nibyo. Baheruka kwicira umuturage muri centre, bamuteye ibyuma gusa kugeza avuyemo umwuka. Bafashe ku ngufu kandi n’umugore bari babonye gusa aho muri centre.”

Ibindi byavuzwe muri ubu butumwa nuko aba Wazalendo bari gushinga amabariyeri ahantu henshi, bakayanyagiramo abaturage.

Mu ntangiriro z’uku kwezi turimo abarwanyi bo mu mutwe wa m23 bafashe iki gice cya Kaziba, nyuma y’imirwano ikomeye yasize uyu mutwe wa m23 wirukanye ihuriro ry’ingabo za Congo ririmo FARDC, FDLR, FDNB na Wazalendo ryari muri iki gice cya Kaziba.

Aba barwanyi ntibahamaze gatatu, kuko bahise bakomeza berekeza mu bice bya Rurambo, aho bahise bakomeza berekeza na Minembwe.

Ubwo uyu mutwe wafataga iki gice, nabwo kandi wasanze aba Wazalendo bakirebaga, abaturage babivovotera, ahanini byari ukubera babamburaga utwabo bakoresheje ariya mabariyeri bashinga ahantu hatandukanye. Ariko m23 ikihagera yahise isenya ayo mabariyeri.

Amakuru dufite kuri ubu avuga ko aba barwanyi bageze mu Cyohagati, ubwo ni za Bijabo n’ahandi.

Nyuma yokuva kwa m23 i Kaziba, Wazalendo n’abo bahise bahinjira, kuri ubu bakomeje ubugizi bwa nabi bwabo.

Ibiri gutuma abaturiye icyo gice batabaza, bagasaba ko uyu mutwe wa m23 ukigarukamo kugira ngo babone amahoro n’ituze.

Tags: KazibaKwicaUmutekano
Share36Tweet23Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

U Rwanda rwagaragaje ko RDC yarengereye kubyo yavuze ku ngabo zarwo

by Bahanda Bruce
September 10, 2025
0
U Rwanda rwagaragaje ko RDC yarengereye kubyo yavuze ku ngabo zarwo

U Rwanda rwagaragaje ko RDC yarengereye kubyo yavuze ku ngabo zarwo Guverinoma y'u Rwanda yamaganiye kure imvugo bamwe mu bagize guverinoma ya Repubulika ya demokarasi ya Congo bashinje...

Read moreDetails

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya Intumwa z'u Rwanda n'iza Repubulika ya demokarasi ya Congo zahuriye i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe...

Read moreDetails

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Mu Burundi isubira nyuma ry'ubukungu bwaho riravuza ubuhuha Ubukungu bw'igihugu cy'u Burundi ku ngoma ya perezida Evariste Ndayishimiye bugenda burushaho kujya ahabi, kubera ibura ry'ibikomoka kuri peteroli, ugakubitiraho...

Read moreDetails

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

by minebwenews
September 2, 2025
0
Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n'iz'u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo Umuhuza bikorwa w'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho rirwanya...

Read moreDetails

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

by minebwenews
September 1, 2025
0
U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza. U Rwanda ruyobowe na perezida Paul Kagame, rwashyizwe ku mwanya wa kabiri mu bihugu bya...

Read moreDetails
Next Post
Bimwe mubyagarutsweho cyane mu nama yahuje umuryango wa EAC n’uwa SADC.

Bimwe mubyagarutsweho cyane mu nama yahuje umuryango wa EAC n'uwa SADC.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?