• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Thursday, October 23, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Ndayishimiye yavuze ibyo maneko z’u Rwanda zamubwiye.

minebwenews by minebwenews
March 26, 2025
in Regional Politics
0
Perezida w’u Burundi yavuze ibyo gutera u Rwanda, avuga n’impamvu abantu batamenya imbaraga igisirikare cye gifite.
94
SHARES
2.4k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ndayishimiye yavuze ibyo maneko z’u Rwanda zamubwiye.

You might also like

U Rwanda na RDC byongeye guhurira i Washington DC

Menya Abanya-Rukombe binjiye igisirikare, harimo n’abarwanye intambara yo kubuhora u Rwanda

U Burundi bwasabye kimwe mu bihugu by’ibihangange ku isi kubuhuriza mu biganiro n’u Rwanda

Umukuru w’igihugu cy’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, yongeye kuvuga amagambo gashoza ntambara ku Rwanda, ubwo yumvikanaga avuga ko afite amakuru yavanye muri ba maneko b’u Rwanda, kandi ko bamubwiye ko umutwe wa Red-Tabara ukorera mu Burasizuba bwa Congo urwanya ubutegetsi bwe, akaba kandi awushinja gufashwa n’u Rwanda, ushaka gutera i Bujumbura, avuga ko muri icyo gihe nawe ingabo ze zizahita zitera i Kigali mu Rwanda.

Hari mu kiganiro perezida w’u Burundi aheruka kugirana n’igitangaza makuru cya BBC, aho yumvikanye akivugamo ko azi neza ko u Rwanda rushaka gukoresha inyeshyamba za Red-Tabara mu gutera igihugu cye.

Yagize ati: “Turabizi ko bashaka gukoresha Red-Tabara mu gutera u Burundi, nka kuriya bari kubikora muri Congo bakoresheje m23. Abarundi turi teguye.”

Yongeyeho kandi ati: “Barashaka kudutera baturutse i Congo, ariko natwe i Kigali sikure duciye mu Kirundo.”

Ndayishimiye yagaragaje ko ibyo yabivanye mu makuru y’ubutasi, nyamara kandi nko m’ukwezi kwa cumi n’umwe umwaka ushize ubwo uyu mutwe wari umaze iminsi ugaba ibitero muri zone ya Gatumba i Bujumbura, nabwo yabyegetse k’u Rwanda ndetse birangira afunze imipaka yose yo kubutaka ihuza ibihugu byombi.

Ubundi kandi mu mwaka ushize wa 2024 ubwo uyu mukuru w’iki gihugu cy’u Burundi yarimo aganira n’urubyiruko rw’Abanye-Kongo i Kinshasa mu ruzinduko yari yagiriye yo, yumvikanye avuga ko azafasha urubyiruko rw’Abanyarwanda gukuraho ubutegetsi bwabo.

Bigaragaza ko amagambo ya perezida Ndayishimiye ku Rwanda atari mashya, kuko n’ubushize kandi ubwo yari muri komine Bugabira mu ntara ya Kirundo, hafi y’umupaka w’u Rwanda, yavuze ko Abarundi biteguye guhangana n’Abanyarwanda.

Ati: “Mwebwe mwitegure, ntimugire ubwoba, bariya turaziranye. Mu bugesera muraziranye, kuva kungoma ya cyami ntibigeze batunesha, ubu ni bwo badushobora? Mubibutse muti muzi mu Kirundo aho byavuye?”

Uyu mutegetsi asanzwe ashinja u Rwanda gukorana n’umutwe wa Red-Tabara, ibintu u Rwanda rwahakanye, rugasobanura ko ntaho ruhuriye n’u mutwe uwari wo wose urwanya ubutegetsi bw’i Bujumbura.

Ndayishimiye akomeje kuvuga ibi mu gihe hari icyizere cy’uko umubano w’ibihugu byombi (u Rwanda n’u Burundi) uri kugaruka.

Ni mu gihe minisitiri w’ubanye n’amahanga w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, yari aherutse gutangaza ko abayobozi bo mu Rwanda n’abo mu Burundi bakomeje ibiganiro, biri mu nzira yo guhagarika ubushamirane.

Akoresheje x, yagize ati: “U Rwanda n’u Burundi biri mu nzira nziza yo guhagarika ubushamirane no kumvikana, mu gihe ibiganiro bikomeje hagati y’abayobozi bo mu bihugu byombi.”

Ibi kandi byari biheruka gutangazwa na perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, aho yavuze ko bari mu nzira zo kumvikana hagati y’igihugu cye n’u Burundi.

Tags: Gashoza ntambara ku RwandaNdayishimiyeU Rwanda
Share38Tweet24Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

U Rwanda na RDC byongeye guhurira i Washington DC

by Bahanda Bruce
October 23, 2025
0
U Rwanda na RDC byongeye guhurira i Washington DC

U Rwanda na RDC byongeye guhurira i Washington DC U Rwanda na Repubulika ya demokarasi ya Congo, byongeye guhurira i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe z'Amerika, mu...

Read moreDetails

Menya Abanya-Rukombe binjiye igisirikare, harimo n’abarwanye intambara yo kubuhora u Rwanda

by Bahanda Bruce
October 21, 2025
0
Menya Abanya-Rukombe binjiye igisirikare, harimo n’abarwanye intambara yo kubuhora u Rwanda

Menya Abanya-Rukombe binjiye igisirikare, harimo n'abarwanye intambara yo kubohora u Rwanda Ababarirwa mu mirongo barimo abahungu n'abagabo, bavuye mu gice kizwi nk'i Rukombe binjira igisirikare cy'umutwe wa FDL...

Read moreDetails

U Burundi bwasabye kimwe mu bihugu by’ibihangange ku isi kubuhuriza mu biganiro n’u Rwanda

by Bahanda Bruce
October 20, 2025
0
Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

U Burundi bwasabye kimwe mu bihugu by'ibihangange ku isi kubuhuriza mu biganiro n'u Rwanda Perezida w'u Burundi, Evariste Ndayishimiye, yasabye u Bufaransa ngo bumuhurize mu biganiro n'u Rwanda,...

Read moreDetails

Icyo amakuru avuga ku biganiro perezida w’u Burundi yagiranye na AFC/M23

by Bahanda Bruce
October 18, 2025
0
Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Perezida w'u Burundi yagiranye ibiganiro na AFC/M23 Perezida w'u Burundi Evariste Ndayishimiye yagiranye ibiganiro by'ibanga n'intumwa z'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika ya demokarasi...

Read moreDetails

Abarundi bakoze igikorwa kigayitse nyuma yibyatangajwe na Sedate

by Bahanda Bruce
October 18, 2025
0
Abarundi bakoze igikorwa kigayitse nyuma yibyatangajwe na Sedate

Abarundi bakoze igikorwa kigayitse nyuma yibyatangajwe na Sedate Abarundi mu mujyi wa Bujumbura bawutwikiyemo imodoka ifite pulake y'u Rwanda nyuma y'amagambo yatangajwe n'umushoramari w'Umunyarwanda Sadate Munyakazi. Iyi modoka...

Read moreDetails
Next Post
Red-Tabara yahishuye ukuri kwayo gutandukanye n’ibimaze iminsi biyivugwaho.

Red-Tabara yahishuye ukuri kwayo gutandukanye n'ibimaze iminsi biyivugwaho.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?