Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Bitakwira yongeye kumvikana mu mvugo zibasira u Rwanda.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
April 1, 2025
in Regional Politics
0
Bitakwira yongeye kumvikana mu mvugo zibasira u Rwanda.
98
SHARES
2.4k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Bitakwira yongeye kumvikana mu mvugo zibasira u Rwanda.

You might also like

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye.

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

Umudepite muri Repubulika ya demokarasi ya Congo, Justin Bitakwira yongeye kumvikana mu mvugo zibasira u Rwanda ndetse kandi akangurira Wazalendo kurwana bivuye inyuma.

Hari mu kiganiro yagiranye na Wazalendo i Uvira, aho yababwiraga ko u Rwanda rufite ibyitso muri Kivu y’Amajyepfo na Kivu y’Amajyaruguru.

Yagize ati: “Hariho ibyitso by’umwanzi muri Kivu y’Amajyepfo na Kivu y’Amajyaruguru. Roho zacu zagurishijwe kuri Kagame. Kandi n’amadorali ijana ashobora kugura umuntu.”

Yakomeje agira ati: “Nahamagariye urundi rubyiruko gukurikira ingabo zacu. Ibi nabitanzeho ibisobanuro mu yindi nama nagiranye na Wazalendo.”

Bitakwira muri iki kiganiro yagaragaje ko u Rwanda ari rwo mwanzi Congo ifite.

Ati: “Duhanganye n’u Rwanda kandi iyi ntambara ntabwo ari intambara yo kurwanya perezida Felix Tshisekedi. Ni ugutwara igihugu cyacu.”

Yavuze kandi ko azahura na bayobozi ba Uvira kugira ngo bashakire igisubizo iyi ntambara barimo.

Yagaragaje kandi ko uruzinduko rwe muri iki gice cya Uvira ko rutagamije amacakubiri.

Ati: “Ntabwo nagiye muri Uvira ngo ntandukanye abantu, cyangwa ngo nsabe akazi, kubera ko ntabwo ndi umushomeri. Ndi umudepite. Nagiye muri Uvira kuzamura molare ya Wazalendo.”

Akomeza agira ati: “Kandi ndasezeranya n’abo muri Mwenga, Kalehe, Shabunda, ko imitima yacu iri kumwe na bo . Ndashishikaza abarwanira Nyangenzi, imitima yacu iri kumwe na bo.”

Justin Bitakwira yijeje ati: “Dufite ingabo zingenzi mu badepite bacu. Turakomeza kuzishyigira binyuze mu ngingo zitandukanye.”

Uyu depite Bitakwira ni umuntu wakunze kurangwa n’imvugo zivangura amoko kandi zibiba urwango izibasira by’umwihariko Abanye-Congo b’Abatutsi.

Tags: BitakwiraUrwangoUviraWazalendo
Share39Tweet25Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

by Bruce Bahanda
June 5, 2025
0
Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

Perezida Tshisekedi yakiriye wa munyapolitiki uheruka kwibasira Kabila. Perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi, yakiriye umunyapolitiki wo muri iki gihugu Martin Fayulu uheruka gutangaza ko...

Read moreDetails

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
AFC/M23 yatangaje igikorwa iri bwereke Isi kuri uyu wa 5.

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye. Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC, ryatangaje ko ryakiriye umunyapolitiki Marcelin Cishambo, kandi ko yazanye n'abandi banyapolitiki barimo n'abatavuga rumwe n'ubutegetsi...

Read moreDetails

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo. Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yahakanye ibivugwa ko iri mu kwibasira abasirikare ba kuru ba FARDC...

Read moreDetails

Hamenyekanye umunyapolitiki ugiye kuzahura na Tshisekedi vuba.

by Bruce Bahanda
June 3, 2025
0
Icyifuzo cy’ubutegetsi bwa Tshisekedi cyatewe ishoti.

Hamenyekanye umunyapolitiki ugiye kuzahura na Tshisekedi vuba. Umunyapolitiki uri mubasanzwe badacana uwaka n'ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi wa Congo, Martin Fayulu, byamenyekanye ko uyu mukuru w'iki gihugu yamwemereye...

Read moreDetails

Ibyimbitse ku bikorwa Kabila akomeje gukora i Goma mu Burasizuba bwa Congo.

by Bruce Bahanda
June 2, 2025
0
Sena ya RDC yafashe umwanzuro ukakaye kuri Kabila.

Ibyimbitse ku bikorwa Kabila akomeje gukora i Goma mu Burasizuba bwa Congo. Nyuma y'uko bimenyekanye ko Joseph Kabila Kabange wahoze ari perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo...

Read moreDetails
Next Post
Mu misozi ya Fizi hazindukiye imirwano ikaze .

Agezweho ku ngabo ziri mu Bibogobogo nyuma y'aho kwa Mulima habaye imirwano.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?