Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Umunyamulenge ukuze yasubiye mu gisirikare kugira ngo yifatikanye n’abandi kurwanya ubutegetsi bw’i Kinshasa.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
April 16, 2025
in Regional Politics
0
Umunyamulenge ukuze yasubiye mu gisirikare kugira ngo yifatikanye n’abandi kurwanya ubutegetsi bw’i Kinshasa.
93
SHARES
2.3k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Umunyamulenge ukuze yasubiye mu gisirikare kugira ngo yifatikanye n’abandi kurwanya ubutegetsi bw’i Kinshasa.

You might also like

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

Umusaza w’Umunyamulenge ufite imyaka 61 y’amavuko yavuye muri Leta Zunze ubumwe z’Amerika aza kwifatanya na Twirwaneho ibarizwa mu ihuriro rya Alliance Fleuve Congo(AFC) rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo butoteza abavuga ururimi rw’ikinyarwanda muri iki gihugu cyane cyane abo mu Burasizuba bwacyo.

Uyu musaza yitwa Sebinama Muhasha Enock. Mu minsi mike ishize nibwo yavuye muri Amerika aza kwifatanya na Twirwaneho kurwanya ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi.

Yabwiye itangazamakuru ko yaje muri iri huriro kugira ngo arwanye akarengane Abanye-Congo bo mu bwoko bw’Abatutsi bagirirwa.

Asobanura ko ishyaka ryonyine ari ryo ryatumye yumva ko akwiye gutabara aba Banyamulenge(Abatutsi).

Nk’uko yabivuze yagize ati: “Mfite umuryango wanjye umeze neza, ntabwo mbuze amata yo kunywa cyangwa icyo kurya ahubwo ni ishyaka ryatumye numva nagaruka gutabara kandi ntabwo naje gupfa naratabaye.”

Yanavuze ko yabaye mu gisirikare cya RDC kuva mu mwaka wa 1996 kandi ko mu gihe yari akiri muto, yabonaga kirimo ivangura kuko hari ubwo bagenzi be bamubazaga niba ari umunye-Kongo.

Ati: “Nibuka njyewe igihe twari turi za Kabamba, twigeze kwicara umunsi w’isoko, abandi basirikare barambaza bati ‘wowe ko uvuga ko uri Umukongomani, muri iri soko ryose urabona usa nande?’ Kuko nabuze igisubizo, nababwiye ko nsa na Yesu kuko na bo ntibasa na Yesu.”

Yavuze ko kuba ari mu myaka yo gufata ikiruhuko cy’izabukuru bitamubuza kurwanira igihugu cye, cyane cyane gutabara abakomeje kwicwa n’imitwe ya Wazalendo bazira kuvuga ikinyarwanda.

Yagize ati: “Mfite imyaka 61, ubu mba ndi mu kiruhuko cy’izabukuru ariko mu ntege nkeya zanjye mfite mu mibiri, ngomba kurwanira igihugu, nkwiriye kugitabara.”

Kuri ubu uyu musaza aherereye mu bice bya Kamanyola muri Kivu y’Amajyepfo.

Tags: GutabaraUmunyamulengeUmusaza
Share37Tweet23Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

by Bruce Bahanda
July 24, 2025
0
U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi. Guverinoma ya Repubulika ya demokarasi ya Congo n'iy'u Rwanda zagiranye amasezerano yo gucyura impunzi ziri mu bihugu byombi zibishaka,...

Read moreDetails

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho minisitiri w'intebe mushya, Dr. Justin Nsengiyumva. Uyu mwanya wa minisitiri w'intebe w'u Rwanda Dr....

Read moreDetails

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails
Next Post
Havuzwe aho ingabo za FARDC zerekeje ziva mu mujyi wa Uvira.

Havuzwe aho ingabo za FARDC zerekeje ziva mu mujyi wa Uvira.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?