• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Tuesday, October 14, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home sport & entertainment

Leta ya Tshisekedi byavuzwe ko imaze gutsindwa “ibitego bibiri.” Ubusesenguzi.

minebwenews by minebwenews
May 3, 2025
in sport & entertainment
0
Perezida Tshisekedi yasezeranyije Abanye-Congo ibikomeye ariko byiza.
86
SHARES
2.2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Leta ya Tshisekedi byavuzwe ko imaze gutsindwa “ibitego bibiri.” Ubusesenguzi.

You might also like

Vestine na Dorcas batangaje urugendo rwabo rwa mbere muri Canada

Israel Mbonyi yamuritse album y’amateka

Isi yose ibireba amateka y’iyandikiye i Kigali; menya byinshi kuri shampiyona y’amagare yakurikiwe bidasanzwe

Umusesengzi usanzwe anakurikiranira hafi intambara ibera mu Burasizuba bwa Congo akaba kandi akomoka muri icyo gice i Mulenge, William Girinka Kabare, yavuze ko umutwe wa M23 urwanya ubutegetsi bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo, umaze gutsinda iyi Leta ibitego bibiri kandi ko ibyo bitego ari iby’umutwe.

Nibyo Girinka yagarutseho kuri uyu wa gatandatu tariki ya 03/05/2025, mu butumwa bw’inyandiko yahaye ubwanditsi bwa Minembwe Capital News.

Girinka unakunze kunyuza ubutumwa bw’inyandiko ku binyamakuru bitandukanye harimo n’iki cya Minembwe Capital News, yatangiye agira ati: “Burya koko umwana arya inkware se akaruka amashyara, kandi batarayisangiye!”

Yavuze ko perezida Felix Tshisekedi yasenye Congo, ariko ko kw’irimo kubakwa n’ihuriro rya Alliance Fleuve Congo ribarizwamo umutwe wa M23 n’uwa Twirwaneho.

Yagize ati: “Tshisekedi yasenye igihugu none AFC/M23 na Twirwaneho nibyo biri gusana ibyo uyu mu perezida yasenye!”

Yanatanze n’urugero aho yagize ati: “Tshisekedi yahaye Abazungu(ibihugu byo mu burengerazuba bw’Isi) amabuye y’agaciro, kandi abaha kuyakura mu Burasizuba bw’iki gihugu cyane cyane mu ntara za Kivu y’Amajyepfo na Kivu y’Amajyaruguru, ahatuye abiganjemo abavuga ururimi rw’ikinyarwanda (Abatutsi cyangwa Abanyamulenge). Ayo mabuye y’agaciro ayagura intwaro zaje kwica abaturage no kubasenyera.”

Yashimangiye ibi avuga ko izo ntwaro zitabasenyeye amazu gusa no kubica, ahubwo ko zanabsenyeye n’ibikorwa remezo: “imihanda, imirima, amatungo n’ibindi…”

Yavuze kandi ko Tshisekedi aho kwifashisha ariya mabuye y’agaciro mu kubaka igihugu cye we yayifashije mu kugisenya!

Hejuru y’ibyo, avuga ko kuri ubu uyu mutwe wa M23 n’uwa Twirwaneho bimaze amazi atatu gusa biyoboye ibice by’ intara ya Kivu y’Amajyepfo n’iy’Amajyaruru kandi bidafite amafaranga ahagije nta n’abatera nkunga nk’abo Leta y’i Kinshasa ifite. Ariko ko biyemeje gusana no kubaka ibikorwa remezo byasenywe n’ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi, ndetse ngo bari no guhanga ibitarigeze bibaho kuva Leta y’iki gihugu yabona ubwingenge mu 1960.

Aha niho Girinka yahise agira ati: “M23 imaze gutsinda Leta ya Congo ibitego bibiri, kandi by’umutwe.”

Yavuze ko igitego cya mbere M23 yatsinze RDC ni uko ibice byose igenzura hari amahoro n’ituze. Yanatanze n’urugero avuga ko mu mujyi wa Goma mu minsi ishize, ubwo hari hatarigarurirwa n’uy’u mutwe wa M23; nko mu minsi ibiri gusa wasangaga hapfuye abantu barenze umwe, ariko ko ubu abaturage baryama bagasinzira, ngo nk’uko Adamu na Eva bari bameze mu ngobyi ya Edeni.

Usibye nibyo, yavuze kandi ko amazi n’amashanyarazi byari byarabaye ingume, ariko k’ubu biboneka amasaha 24 kuri 24.

Ati: “Mu mujyi wa Goma amazi yari yarabaye ikibazo gikomeye igihe cya Tshisekedi, kimwe kandi n’amashanyarazi, ariko ubu ngwino nawe wirebere. Biboneka amasaha 24 kuri 24.”

Agaragaza ko ibyo abaturage batuye i Goma n’ahandi mu bindi bice bigenzurwa n’uyu mutwe wa M23 n’uwa Twirwaneho, babikesha iyo mitwe ibiri ibarizwa muri AFC.

Igitego cya kabiri, yavuze ko ari amajyanbere abaturage bari kwinjiramo batigeze babona n’ikindi gihe. Yanavuze ko hari mugusanwa ibyo izindi Leta zitigeze zishobora mu myaka 60 ishize.

Yasoje avuga ko agira inama Abanye-Congo bo mu Burasizuba bw’iki gihugu gushyigikira uyu mutwe wa M23 n’uwa Twirwaneho, ngo kuko bishyize imbere mukubashakira amahoro arambye.

Agaragaza ko n’ibindi bitaragerwaho, iyo mitwe ibiri izabibagezaho. Avuga ko gukunda igihugu n’abanyigihugu ko ari yo ntego y’iyi mitwe ibiri ibarizwa mu ihuriro rya AFC.

Tags: Ibitego bibiriRdcTshisekediUbusesenguzi
Share34Tweet22Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Vestine na Dorcas batangaje urugendo rwabo rwa mbere muri Canada

by Bahanda Bruce
October 8, 2025
0
Vestine na Dorcas batangaje urugendo rwabo rwa mbere muri Canada

Vestine na Dorcas batangaje urugendo rwabo rwa mbere muri Canada Abahanzi b’abavandimwe Vestine na Dorcas, bazwi cyane mu muziki wa Gospel mu Rwanda, batangaje urugendo rwabo rwa mbere...

Read moreDetails

Israel Mbonyi yamuritse album y’amateka

by Bahanda Bruce
October 8, 2025
0
Israel Mbonyi yamuritse album y’amateka

Israel Mbonyi yamuritse album y'amateka Kuwa 5 zukwezikwa cumi 2025, Intare Conference Arena yahindutse ahantu h’imbonekarimwe ubwo umuhanzi Israel Mbonyi yamurikaga ku mugaragaro album ye ya gatandatu yise...

Read moreDetails

Isi yose ibireba amateka y’iyandikiye i Kigali; menya byinshi kuri shampiyona y’amagare yakurikiwe bidasanzwe

by Bahanda Bruce
September 29, 2025
0
Isi yose ibireba amateka y’iyandikiye i Kigali; menya byinshi kuri shampiyona y’amagare yakurikiwe bidasanzwe

Isi yose ibireba amateka y'iyandikiye i Kigali; menya byinshi kuri shampiyona y'amagare yakurikiwe bidasanzwe Mu isiganwa ryagaragayemo amazina ayoboye ayandi mu mukino w'amagare, Tadej Pogacare, w'Umunya-Slovania ni we...

Read moreDetails

Umuhanzi wa Gospel Nkomezi urimubakomeye mu Rwanda yavuze icyo ahishiye abakunzi biwe

by Bahanda Bruce
September 22, 2025
0
Umuhanzi wa Gospel Nkomezi urimubakomeye mu Rwanda yavuze icyo ahishiye abakunzi biwe

Umuhanzi wa Gospel Nkomezi urimubakomeye mu Rwanda yavuze icyo ahishiye abakunzi biwe Prosper Nkomezi ni umuhanzi w’Umunyarwanda uzwi cyane mu njyana ya gospel, avuka i Mulenge mu ntara...

Read moreDetails

Vinícius Júnior yaba ari mu Muryango usohoka muri Real Madrid?

by Bahanda Bruce
September 22, 2025
0
Vinícius Júnior yaba ari mu Muryango usohoka muri Real Madrid?

Vinícius Júnior yaba ari mu Muryango usohoka muri Real Madrid? Amakuru ari kuvugwa muri Espagne no hanze yayo arerekana ko Vinícius Júnior, umwe mu bakinnyi bakomeye ba Real...

Read moreDetails
Next Post
Abantu babiri bishwe barashwe i Uvira muri iri joro.

I Uvira ubwoba ni bwose nyuma y'uko abahatuye batangiye kwikanga abaje kuyifata.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?