Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

I Kinshasa bagize icyo bavuga kubasirikare bayo batsinzwe urugamba bahungira kuri MONUSCO.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
May 4, 2025
in Regional Politics
0
I Kinshasa bagize icyo bavuga kubasirikare bayo batsinzwe urugamba bahungira kuri MONUSCO.
87
SHARES
2.2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

I Kinshasa bagize icyo bavuga kubasirikare bayo batsinzwe urugamba bahungira kuri MONUSCO.

You might also like

U Rwanda rwatangaje icyo rwiteguye gukora kugira ngo ruhangane n’ingaruka zaterwa n’intambara ya Israel na Iran.

Kera kabaye u Burundi bwafunze padiri kubera Misa yasomye.

Nyuma yo guhura n’abayobozi ba AFC/M23, umuyobozi wa MONUSCO yavuze icyo yizeye.

Leta y’i Kinshasa ibinyujije kuri minisitiri wayo w’intebe, Judith Sumunwa Tuluku, yashimiye abasirikare bahungiye mu bigo by’ingabo z’umuryango w’Abibumbye, Monusco, ubwo umutwe wa M23 urwanya ubwo butegetsi wafataga umujyi wa Goma mu Burasizuba bw’iki gihugu.

Ni ahagana mu rukerera rwo ku itariki ya 27/01/2025 ni bwo M23 yafashe i Goma nyuma y’aho hari hashyize iminsi ibiri isabye ingabo zose zari ziyirimo kurambika intwaro zabo hasi, mu rwego rwo kwirinda ko hari ibyakwangirika.

Abasirikare binangiye bahanganye na M23, nyuma yo gutsindwa bamwe bahungiye mu bigo by’ingabo ziri mu butumwa bwa SADC abandi muri Monusco, nubwo bivugwa ko SADC yanze kubakira ariko hari abo yakiriye ku munota wanyuma.

Ni mu gihe Monusco yo yabakiririye mu bigo byayo biherereye mu mujyi wa Goma n’ibiri i Sake n’ahandi nka Mubambiro, icyakoze kugira ngo badahungabanya umutekano bariya basirikare ba Leta y’i Kinshasa barenga 2000 bambuwe intwaro zabo.

Mu ntangiriro z’ukwezi kwa mbere uyu mwaka, M23 yashinje Monusco kurekura abasirikare 800 mu bo yakiriye, isobanura ko ari bo bamaze iminsi bagerageza guhungabanya umutekano w’abaturage mu mujyi wa Goma.

Bikaba byari mu rwego rwo gukumira ikibazo aba basirikare n’abapolisi bashoboraga guteza. Komite mpuzamahanga y’umuryango wa Crois-Rouge (ICRC) yamenyesheje impande zirebwa n’aya makimbirane ko igiye gutanga ubufasha mu kubacyura.

Mu cyiciro cya mbere, ICRC yacyuye abasirikare 130 tariki ya 30/04/2025, nk’uko M23 yabitangaje. Aba batwawe mu ndege ya LONI, kukibuga mpuzamahanga cya Ndjili giherereye i Kinshasa ku murwa mukuru w’iki gihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo.

Rero, aba basirikare bakiriwe na minisitiri w’intebe w’iki gihugu, Sumunwa Tuluku, ubwo yabakiraga yababwiye ko babaye intwari ngo kuko bagize uruhare rukomeye mu gutuma abarwanyi ba M23 badafata umujyi wa Goma vuba.

Yagize ati: “Turabizi ko mwakoze ibishoboka byose kugira ngo umujyi wa Goma udafatwa, nubwo waje gufatwa. Ni mwebwe mwatumye turwana uko dushoboye kandi turabibashimira. Nubwo biriya byose byabaye, ntimukwiye gucika intege. Turi kumwe namwe, Leta na perezida wa Repubulika bazakora ibishoboka kugira ngo byose bigende neza.”

Ubundi kandi minisitiri w’intebe yanababwiye ko na perezida Felix Tshisekedi azabasura kugira ngo abashimire.

Tags: abasirikareBatsinzwe urugambaKinshasaSumunwa Tuluku
Share35Tweet22Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

U Rwanda rwatangaje icyo rwiteguye gukora kugira ngo ruhangane n’ingaruka zaterwa n’intambara ya Israel na Iran.

by Bruce Bahanda
June 20, 2025
0
U Rwanda rwatangaje icyo rwiteguye gukora kugira ngo ruhangane n’ingaruka zaterwa n’intambara ya Israel na Iran.

U Rwanda rwatangaje icyo rwiteguye gukora kugira ngo ruhangane n'ingaruka zaterwa n'intambara ya Israel na Iran. Guverinoma y'u Rwanda yatangaje ko u Rwanda rwashyizeho itsinda rihora rigenzura ibikomoka...

Read moreDetails

Kera kabaye u Burundi bwafunze padiri kubera Misa yasomye.

by Bruce Bahanda
June 16, 2025
0
Kera kabaye u Burundi bwafunze padiri kubera Misa yasomye.

Kera kabaye u Burundi bwafunze padiri kubera Misa yasomye. Butoti Paul, umusaseridoti wa kiliziya gatolika i Bujumbura, yahagaritswe n'inzego zishinzwe umutekano kubera misa yasomeye muri ekeleziya gatolika. Ku...

Read moreDetails

Nyuma yo guhura n’abayobozi ba AFC/M23, umuyobozi wa MONUSCO yavuze icyo yizeye.

by Bruce Bahanda
June 16, 2025
0
Nyuma yo guhura n’abayobozi ba AFC/M23, umuyobozi wa MONUSCO yavuze icyo yizeye.

Nyuma yo guhura n'abayobozi ba AFC/M23, umuyobozi wa MONUSCO yavuze icyo yizeye. Intumwa idasanzwe y'Umunyamabanga mukuru w'umuryango w'Abibumbye muri Congo, akaba n'umuyobozi wa MONUSCO, Bintou Keita yizeye ko...

Read moreDetails

Ibyo gusinya amasezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na Congo si byanone.

by Bruce Bahanda
June 15, 2025
0
Ibyo gusinya amasezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na Congo si byanone.

Ibyo gusinya amasezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na Congo si byanone. Mu gihe Leta Zunze ubumwe z'Amerika zifuza ko u Rwanda na Repubulika ya demokarasi ya Congo muri...

Read moreDetails

Byakomeye i Washington DC hoherejwe intumwa kuja gushinja Tshisekedi kuyobora nabi.

by Bruce Bahanda
June 14, 2025
0
Byakomeye i Washington DC hoherejwe intumwa kuja gushinja Tshisekedi kuyobora nabi.

Byakomeye i Washington DC hoherejwe intumwa kuja gushinja Tshisekedi kuyobora nabi. Kikaya Bin Karubi, usanzwe ari mu bantu bahora hafi ya Joseph Kabila Kabange, akaba n'umujyamama we, ni...

Read moreDetails
Next Post
Umushumba Misigaro yatanze ibisobanuro byimbitse hejuru yo “kuramya Imana no kuyihimbaza.”

Umushumba Misigaro yatanze ibisobanuro byimbitse hejuru yo "kuramya Imana no kuyihimbaza."

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?