Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Hagaragajwe ibimenyetso by’uko RDC igishaka intambara mu gihe hatangiye ibiganiro by’ubuhuza bya Washington DC na Doha.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
May 5, 2025
in Regional Politics
0
Perezida Tshisekedi yasezeranyije Abanye-Congo ibikomeye ariko byiza.
75
SHARES
1.9k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Hagaragajwe ibimenyetso by’uko RDC igishaka intambara mu gihe hatangiye ibiganiro by’ubuhuza bya Washington DC na Doha.

You might also like

Nyuma y’amasaha make Gen.Muhoozi avuye i Kinshasa, yavuze kuri perezida Kagame.

Umunyamulenge, Bishop Musinga yavuze amagambo akomeye ku Rwanda, ndetse kandi avuga no kuri perezida Kagame.

Afrika y’epfo, mu burakari bwinshi yatangaje ikigiye kongera kuyisubiza muri RDC.

U Rwanda rwatangaje ko rufite ibimenyetso simusiga bigaragaza ko Repubulika ya demokarasi ya Congo, igishaka gukemura amakimbirane yo mu Burasizuba bwayo ikoresheje uburyo bwa gisirikare, nubwo hari kuba ibiganiro by’ubuhuza bitandukanye birimo n’ibya Washington DC muri Leta Zunze ubumwe z’Amerika.

Ibi byagarutsweho na minisitiri w’ubanye n’amahanga w’u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, mu ijoro ryo ku cyumweru tariki ya 04/05/2025.

Yavuze ko ibiganiro by’i Washington DC na Doha bitanga icyizere ku kurangiza amakimbirane ari hagati y’u Rwanda na Congo Kinshasa, ndetse n’ikibazo cy’u mutekano muke uri mu Burasizuba bwa Congo.

Yanavuze ko ibi biganiro bishya bitagamije gukuraho ibiganiro by’i Luanda muri Angola.

Avuga ko ibyo biganiro bigamije kugarura amahoro mu Burasizuba bwa Congo, ngo nubwo hoba ibiganiro bitandukanye, cyangwa abahuza batandukanye ariko bahuriza hamwe, bose bagamije amahoro arambye mu Burasizuba bwa Congo, anavuga ko ibo nk’u Rwanda ntakibazo bibateye.

Byitezwe ko mu kwezi kwa gatandatu uyu mwaka u Rwanda na RDC bizatera umukono ku masezerano y’amahoro azasinywa, mu muhango uzabera muri White House imbere ya perezida Donald Trump.

Ni umuhango amakuru avuga ko uzitabirwa n’abakuru b’ibihugu batandukanye barimo na perezida Felix Tshisekedi wa RDC na mugenzi we Paul Kagame w’u Rwanda ari nabo bombi bazayasinya.

Mu gihe bigaragaza ko hamaze guterwa intambwe ishimishije muri ibyo biganiro, Nduhungurehe yatangaje ko u Rwanda rufite impungenge ku bushake RDC yagiye igaragaza mu kubahiriza ibyaganiriweho.

Yanavuze kandi ko u Rwanda rufite amakuru ko RDC igishaka intambara.

Yagize ati: “N’ubu tuvugana turi mu biganiro tuzi neza ko guverinoma ya Kinshasa igifite ubwo bushake bwo gukomeza intambara, amakuru tugenda tubona hirya no hino yemeza ko bagifite ubwo bushake bwo gukomeza intambara.”

Uretse gushyira umukono ku masezerano, minisitiri w’ubanye n’amahanga w’u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yasabye ko ibihugu biri kugira uruhare muri ubu buhuza byazashyira n’imbaraga mu kugenzura ko RDC yubahiriza ibyaganiriweho.

Mbere yuko amasezerano asinywa, Amerika isobanura ko impande zombi hari ibyo zigomba kuzabanza kumvikanaho. Birimo ko RDC igomba gukemura burundu ibibazo by’u mutekano n’icyo kumaraho umutwe wa FDLR.

Congo kandi igomba kuzabanza kurangiza amavugurura y’imbere mu gihugu ajyanye n’imiyoberere n’uburyo bwo gusaranganya inyungu mu materitware.

Ibihugu byombi kandi bigomba kuzemera ko buri kimwe hari amasezerano kigomba kugirana na Leta Zunze ubumwe z’Amerika ajyanye n’ubukungu.

Tags: IntambaraRdcRwanda
Share30Tweet19Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Nyuma y’amasaha make Gen.Muhoozi avuye i Kinshasa, yavuze kuri perezida Kagame.

by Bruce Bahanda
June 23, 2025
0
Auto Draft

Nyuma y'amasaha make Gen.Muhoozi avuye i Kinshasa, yavuze kuri perezida Kagame. Umugaba mukuru w'Ingabo za Uganda, General Kainarugaba Muhoozi akaba n'umuhungu wa perezida w'iki gihugu, Museveni, nyuma yuko...

Read moreDetails

Umunyamulenge, Bishop Musinga yavuze amagambo akomeye ku Rwanda, ndetse kandi avuga no kuri perezida Kagame.

by Bruce Bahanda
June 22, 2025
1
Umunyamulenge, Bishop Musinga yavuze amagambo akomeye ku Rwanda, ndetse kandi avuga no kuri perezida Kagame.

Umunyamulenge, Bishop Musinga yavuze amagambo akomeye ku Rwanda, ndetse kandi avuga no kuri perezida Kagame. Dr. Emmanuel Musinga wo mu bwoko bw'Abanyamulenge, kuri ubu utuye muri Leta Zunze...

Read moreDetails

Afrika y’epfo, mu burakari bwinshi yatangaje ikigiye kongera kuyisubiza muri RDC.

by Bruce Bahanda
June 22, 2025
0
Afrika y’epfo, mu burakari bwinshi yatangaje ikigiye kongera kuyisubiza muri RDC.

Afrika y'epfo, mu burakari bwinshi yatangaje ikigiye kongera kuyisubiza muri RDC. Igisirikare cya Afrika y'Epfo cyatangaje ko cyiteguye kongera gusubira muri Repubulika ya demokarasi ya Congo kurwanya umutwe...

Read moreDetails

Perezida Trump yavuze impamvu akwiye guhabwa ishimwe rya Nobel ashiramo n’ibihugu byo mu karere RDC iherereyemo .

by Bruce Bahanda
June 21, 2025
0
Perezida Trump yavuze impamvu akwiye guhabwa ishimwe rya Nobel ashiramo n’ibihugu byo mu karere RDC iherereyemo .

Perezida Trump yavuze ko kubera RDC n'u Rwanda, akwiye guhabwa ishimwe rya Nobel. Umukuru w'igihugu cya Leta Zunze ubumwe z'Amerika, Donald Trump yatangaje ko byari bikwiye ko ahabwa...

Read moreDetails

U Burundi n’u Rwanda byaganiriye ku mubano wabyo.

by Bruce Bahanda
June 21, 2025
0
U Burundi n’u Rwanda byaganiriye ku mubano wabyo.

U Burundi n'u Rwanda byaganiriye ku mubano wabyo. Abayobozi bo mu nzego nkuru z'igihugu cy'u Burundi bagiriye uruzinduko rwakazi mu Rwanda bagirana ibiganiro n'abo muri iki gihugu. Ni...

Read moreDetails
Next Post
Umugore wari umaze imyaka 63 yaraburiwe irengero yabonetse.

Umugore wari umaze imyaka 63 yaraburiwe irengero yabonetse.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?