• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Wednesday, September 3, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Uvira habereye inama ikaze ku ruhande rw’ingabo za Congo n’iz’u Burundi.

minebwenews by minebwenews
May 15, 2025
in Regional Politics
0
Uvira habereye inama ikaze ku ruhande rw’ingabo za Congo n’iz’u Burundi.
78
SHARES
1.9k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

I Uvira habereye inama ikaze ku ruhande rw’ingabo za Congo n’iz’u Burundi.

You might also like

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

Amakuru aturuka i Uvira muri Kivu y’Amajyepfo mu gihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo, avuga ko haheruka kubera inama idasanzwe yahuriyemo abayobozi b’igisirikare cya Congo n’icyu Burundi, ikanafatirwamo ibyemezo bikaze.

Iyi nama yabaye ku wa gatatu tariki ya 14/05/2025, ibera mu mujyi wa Uvira uherereye mu birometero bike uvuye i Bujumbura mu Burundi.

Bikavugwa ko yahuriyemo umugaba mukuru w’Ingabo za Congo wayijemo avuye i Kinshasa n’uw’u Burundi bwana Lt.Gen. Prime Niyongabo, nawe waje aturuka i Bujumbura mu gihugu cy’u Burundi.

Aya makuru ava muri uwo mujyi muto wa Uvira ahamya ko iyo nama ko yatangiye igihe c’isaha z’igitondo igeza ku gicamunsi cyo kuri uwo wa gatatu.

Aho ngo aba bakuru b’ingabo bayigiyemo ibintu bitandukanye birimo ko bayifatiyemo n’ibyemezo bikomeye, kuko banzuye ko FARDC ivanga ingabo zayo na Wazalendo, ni mu gihe izo mpande zombi zari zigize igihe zitavuga rumwe.

Ibyo kutavuga rumwe kw’izi mpande zombi, byaje nyuma y’aho FARDC yasabye Wazalendo kuva muri uyu mujyi wa Uvira kuko ibashinja kuwutezamo umutekano muke. Gusa kuva mbere impande zombi hagiye haba ukutumvukana, aho byatangiye nyuma yuko umujyi wa Bukavu n’uwa Goma byigaruriwe n’umutwe wa M23. Bigatuma buri ruhande rushinja urundi kuba nyiribayazana wo kwamburwa ibyo bice bivugwa haruguru.

Ibindi kandi byemerejwe muri ibyo biganiro ni uko Wazalendo na FARDC bategetswe kutazongera gusubiranamo, ngo kuko biteza umutekano muke muri uyu mujyi wa Uvira.

Banasezeranyije impande zombi kuzohereza ibikoresho bya gisirikare bikomeye, kugira ngo bizifashe kuwurinda, mu rwego rwo kugira ngo udafatwa n’umutwe wa M23 n’uwa Twirwaneho.

Ndetse kandi umugaba mukuru w’Ingabo za Congo yanabwiye abaturiye uyu mujyi wa Uvira ko utazigera ugwa mu biganza by’abarwanyi ba M23.

Ati: “Abantu ntibagira ubwoba, M23 ntizigera ifata umujyi wa Uvira.”

Na none kandi Wazalendo babwiwe ko bagiye kuzajya bahabwa umushahara, ngo kabone nubwo batazahembwa nk’uko abasirikare bahembwa.

Ati: “Wazalendo, nzabavugira bajye bahabwa amafaranga. Nubwo batohabwa ayumurengera, ariko boza bahabwa make make ku kwezi.”

Uvira ikaba isanzwemo ingabo z’u Burundi iza FARDC, FDLR na Wazalendo. Kuva mu mwaka wa 2023, ingabo z’u Burundi zifasha igisirikare cya RDC kurwanya M23. N’i bikorwa zinahuriramo n’umutwe w’iterabwoba wa FDLR urimo abasize bakoze jenocide yakorewe Abatutsi mu Rwanda.

Tags: BurundiFardcInamaUviraWazalendo
Share31Tweet20Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

by minebwenews
September 2, 2025
0
Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n'iz'u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo Umuhuza bikorwa w'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho rirwanya...

Read moreDetails

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

by minebwenews
September 1, 2025
0
U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza. U Rwanda ruyobowe na perezida Paul Kagame, rwashyizwe ku mwanya wa kabiri mu bihugu bya...

Read moreDetails

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

by minebwenews
August 30, 2025
0
Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n'uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z'u Burundi zica Abanyamulenge. Freddy Kaniki Umuyobozi wungirije w'ihuriro rya Allience Fleuve...

Read moreDetails

U Rwanda na RDC byahuriye mu biganiro byo ku rwego rwo hejuru.

by minebwenews
August 29, 2025
0
U Rwanda na RDC byahuriye mu biganiro byo ku rwego rwo hejuru.

U Rwanda na RDC byahuriye mu biganiro byo ku rwego rwo hejuru. Intumwa z'u Rwanda n'iza Repubulika ya demokarasi ya Congo byahuriye mu biganiro muri Leta Zunze ubumwe...

Read moreDetails

Umwe mu bahoze bayoboye kimwe mu bihugu byo muri Afrika agiye guhuza AFC/M23 na Leta ya RDC.

by minebwenews
August 29, 2025
0
Umwe mu bahoze bayoboye kimwe mu bihugu byo muri Afrika agiye guhuza AFC/M23 na Leta ya RDC.

Umwe mu bahoze bayoboye kimwe mu bihugu byo muri Afrika agiye guhuza AFC/M23 na Leta ya RDC. Thabo Mbeki wayoboye Afrika y'Epfo iri mu bihugu bikomeye byo muri...

Read moreDetails
Next Post
Ihuriro ry’ingabo za Congo zihishe i Walungu, M23 yaziburiye.

Ibindi byavuzwe ku gitero FARDC yenda gutera mu Minembwe.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rugezi Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?