Ishyaka rya CNDD-FDD rirashinjwa gutuma u Burundi bugwiza injiji.
Ishyaka rya UPRONA ryayoboye u Burundi igihe kirekire kuri ubu riri mu mashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi, rirashinja CNDD-FDD ya perezida Evariste Ndayishimiye guha akazi abanyamuryango, rititaye ku bumenyi bukenewe kugira ngo igihugu gitere imbere.
Ni byatangajwe na perezida w’ishyaka rya UPRONA, Olivier Nkurunziza, yavuze ko CNDD-FDD yimakaje akazu no guheza abahanga.
Yagize ati: “Urubyiruko rwinshi rushoboye ruguma mu rugo mu gihe abafite ibisabwa bahabwa imirimo kubera gusa ko ari abanyamuryanngo ba CNDD-FDD.”
Yagaragaje kandi ko CNDD-FDD idaha agaciro abarimu n’abashakashastsi, cyane cyane abo muri kaminuza y’u Burundi, nyamara ari urufatiro rw’iterambere ry’iki gihugu.
Yanavuze ko abadipolomate bahagarariye u Burundi mu mahanga badakora akazi kabo uko bikwiye, nk’aho igihugu cyabo kitagishishikajwe no kuba cyagirana umubano mwiza n’ibindi byo hirya no hino.
Umuyobozi mukuru wa UPRONA yatangaje ko Abarundi bakeneye abayobozi baha agaciro ubumenyi kandi baharanira ineza rusange, aho guteza imbere gusa abo mu ishyaka rimwe.