Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Uwahoze ari minisitiri w’intebe muri RDC yahamijwe kunyereza akayabo k’amafaranga, bituma akatirwa gufungwa.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
May 21, 2025
in Conflict & Security
0
Uwahoze ari minisitiri w’intebe muri RDC yahamijwe kunyereza akayabo k’amafaranga, bituma akatirwa gufungwa.
71
SHARES
1.8k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Uwahoze ari minisitiri w’intebe muri RDC yahamijwe kunyereza akayabo k’amafaranga, bituma akatirwa gufungwa.

You might also like

Iby’akaga kashyikiye abateye Abanyamulenge mu Mikenke, komanda wabo yahasize ubuzima abandi benshi barakomereka.

FARDC yariyateye mu Mikenke yakubiswe ahababaza.

FARDC nyuma yogukubitwa izakabwana mu Mikenke yateye mu kandi gace.

Uwahoze ari minisitiri w’intebe muri Repubulika ya demokarasi ya Congo, Matata Ponyo Augustin, yakatiwe imyaka 10 yo gukora imirimo y’agahato nyuma yo guhamywa kugira uruhare mu inyerezwa rya miliyoni 245 z’amadolari yaragenewe umushinga wo kubaka icyanya cy’inganda zitunganya ibikomoka ku buhinzi mu gace ka Bukanga-Lonzo.

Matata Ponyo Augustin yabaye minisitiri w’intebe kuva mu 2012 kugeza 2016. Ubwo hari igihe cya Joseph Kabila Kabange.

Mu mwaka wa 2020, mu kwezi kwa cumi numwe, urwego rw’igihugu rushinzwe ubugenzuzi mu ikoreshwa ry’imari, rwagaragaje ko umushinga wo kubaka iki cyanya wagombaga gutangira mu 2014, wanyerejwemo miliyoni 205 z’amadolari. Ubushinjacyaha bwatangiye gukurikirana Matata nk’uwari ushinzwe kuwukirana ndetse n’abandi bayobozi.

Muri uyu mwaka wa 2025, m’ukwezi gushize, ubushinjacyaha bwa mushinje kunyereza miliyoni 115 muri uyu mushinga. Bwamusabiye igihano cyo gukora imirimo y’agahato mu gihe cy’imyaka 20 no kubuzwa uburenganzira bwo kujya mu mirimo ya Leta mu myaka 10.

Perezida w’urukiko rushinzwe kurengera itegeko nshinga, Dieudonne Kamuleta, ku munsi w’ejo ku wa kabiri tariki ya 20/05/2025, yasobanuye ko muri miliyoni 279 z’amadolari y’Amerika zari ziteganyirijwe umushinga wa Bukanga-Lonzo byagaragaye ko miliyoni 34 gusa ari zo zakoreshejwe uko bikwiye, izindi ziranyerezwa.

Asobanura ko byagaragaye ko Matata hamwe n’umushoramari Christo Grobler wo muri Afrika y’Epfo banyereje miliyoni 156 z’amadolari, Matata yongera kunyereza miliyoni 89 z’amadolari afatanyije na Deogratias Mutombo wabaye guverineri wa Banki nkuru ya RDC, yose yari yarateganyirijwe uyu mushinga.

Ati: “Urukiko rukatiye Matata Ponyo Augustin imyaka 5 y’imirimo y’agahato ku bw’inyereza yafatanyije na Gobler Christo Stefanus n’indi myaka 5 y’imirimo y’agahato kubera inyereza yafatanyije na Mutombo Mwananyembo Deogratias. Bivuze ko ari igihano cy’imyaka 10.”

Imwe mu ngingo zagiweho impaka ubwo Matata Ponyo yasubiraga imbere y’uru rukiko ni ubudahangarwa afite nka Senateri, hibazwa niba kumuburanisha mu gihe atarabwamburwa bikurikije amategeko. Kamuleta asobanuye ko kuba Matata Ponyo yarabaye Senateri mu gihe yari yaratangiye gukurikiranwa, bihagije kugira ngo ahanwe.

Tags: KunyerezaMatataMinisitiri wintebe
Share28Tweet18Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Iby’akaga kashyikiye abateye Abanyamulenge mu Mikenke, komanda wabo yahasize ubuzima abandi benshi barakomereka.

by Bruce Bahanda
May 24, 2025
0
Iby’akaga kashyikiye abateye Abanyamulenge mu Mikenke, komanda wabo yahasize ubuzima abandi benshi barakomereka.

Iby'akaga kashyikiye abateye Abanyamulenge mu Mikenke, komanda wabo yahasize ubuzima abandi benshi barakomereka. Igitero ihuriro ry'Ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo zagabye mu Mikenke cyaguyemo umusirikare mukuru...

Read moreDetails

FARDC yariyateye mu Mikenke yakubiswe ahababaza.

by Bruce Bahanda
May 23, 2025
0
FARDC yariyateye mu Mikenke yakubiswe ahababaza.

FARDC yariyateye mu Mikenke yakubiswe ahababaza. Ibitero ihuriro ry'Ingabo za Congo ririmo FARDC, FDNB, FDLR na Wazalendo zagabye mu duce dutuwe n'Abanyamulenge two mu Mikenke ho muri secteur...

Read moreDetails

FARDC nyuma yogukubitwa izakabwana mu Mikenke yateye mu kandi gace.

by Bruce Bahanda
May 23, 2025
0
Iby’imirwano itari yavuzwe yabereye mu Rurambo hagati ya Twirwaneho na Wazalendo.

FARDC nyuma yogukubitwa izakabwana mu Mikenke yateye mu kandi gace. Nyuma y'aho FARDC n'abambari bayo bazindutse bagaba ibitero mu mihana y'Abanyamulenge mu Mikenke, umutwe wa Twirwaneho n'uwa M23...

Read moreDetails

I Kinshasa bataye muri yombi umusirikare ukomeye.

by Bruce Bahanda
May 23, 2025
0
I Kinshasa bataye muri yombi umusirikare ukomeye.

I Kinshasa bataye muri yombi umusirikare ukomeye. Brigadier General Pierre Banywesize wigeze kuba umugaba mukuru w'Ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo igihe cya Joseph Kabila ubwo yari...

Read moreDetails

Sena ya RDC yafashe umwanzuro ukakaye kuri Kabila.

by Bruce Bahanda
May 23, 2025
1
Sena ya RDC yafashe umwanzuro ukakaye kuri Kabila.

Sena ya RDC yafashe umwanzuro ukakaye kuri Kabila. Joseph Kabila wahoze ari perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo kuva mu mwaka wa 2001 kugeza mu 2018, Sena...

Read moreDetails
Next Post
Icyo abaturage bavuga kuri disikuru yatanzwe na guverineri Perusi i Uvira.

Icyo abaturage bavuga kuri disikuru yatanzwe na guverineri Perusi i Uvira.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?