Ibi byo ntibisanzwe, Ndayishimiye yibasiriye u Rwanda bikomeye, atangaza n’ibyago byenda kuba mu karere.
Umukuru w’igihugu cy’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, yashinje u Rwanda kandi, agaragaza ko ari rwo ruteza umutekano muke mu karere k’ibiyaga bigari.
Ni ubwo yari i Kampala muri Uganda umusibo ejo ku wa gatanu, ubwo yari munama ya 12 yo ku rwego rwo hejuru y’urwego rw’ubugenzuzi bw’akarere n’ubufatanye kuri RDC.
Ndayishimiye, muri iyo nama yaberaga i Kampala, yashimiye amahanga akomeje kwamagana M23 n’Ingabo z’u Rwanda izo yavuze ko ziri ku butaka bwa Congo.
Yagize ati: “Muri uyu mwanya, ndagira ngo nshimire umuryango mpuzamahanga wafashe umwanzuro wo kwamagana wivuye inyuma ibitero biyowe n’umutwe wa M23 muri Kivu y’Amajyepfo ubifashijwemo n’Ingabo z’u Rwanda, ndetse n’ifatwa ry’imijyi ya Goma na Bukavu.”
Yashimiye kandi ni nama zitandukanye zikorwa ku rwego rw’umuryango wa Afrika zamaganye ubwicanyi avuga ko M23 n’Ingabo z’u Rwanda zakoze muri Congo.
Maze nyuma, asaba abitabiriye iyi nama yarimo ibera i Kampala muri Uganda gushakira umuti igisubizo kirambye umutekano mu Burasizuba bwa Congo.
Yagize ati: “Intambara ibera mu Burasizuba bwa Congo, imaze kugera ku gasongero kayo, ndetse nihatagira igikorwa vuba, izadukira n’ibindi bihugu byo mu karere ako n’u Burundi buherereyemo.”
Yaje gushimangira ibi avuga ko u Rwanda kuri ubu ruri gutoza imitwe yitwaje intwaro ikomoka mu mahanga, ngo kugira ngo ikomeze iteze umutekano muke mu Burasizuba bwa Congo no mu karere.
Ati: “Imitwe yitwaje intwaro ikorera mu Burasizuba bwa Congo, yaba iy’imbere mu gihugu no hanze y’iki gihugu, u Rwanda nirwo ruyiha imyitozo ya gisirikare. Amahirwe mfite ni uko mbabonye ngo mbagezeho iki kibazo giteje akarere umutekano muke, kandi uduce turi gufatwa buri munsi muri Kivu y’Amajyepfo.”
Ubundi kandi yavuze ko intambara ibera mu Burasizuba bwa Congo ikomeje gutuma ubwiyongere bw’impunzi buba bwinshi mu Burundi no mu bindi bihugu.
Ndayishimiye yongeye kwibasira u Rwanda mu gihe mu minsi ishize yarushinje gushaka gutera igihugu cye ndetse agera naho avuga ko nawe yumva yajya mu ntambara na rwo.