Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
June 5, 2025
in Regional Politics
0
Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.
80
SHARES
2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Perezida Tshisekedi yakiriye wa munyapolitiki uheruka kwibasira Kabila.

You might also like

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi, yakiriye umunyapolitiki wo muri iki gihugu Martin Fayulu uheruka gutangaza ko Joseph Kabila agomba kuva i Goma mu Burasizuba bw’iki gihugu ngo kuko hagenzurwa n’umutwe uwo avuga ko usenya igihugu.

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa kane tariki ya 05/06/2025, ni bwo Tshisekedi yakiriye Martin Fayulu i Kinshasa ku murwa mukuru w’iki gihugu.

Amashusho yagiye hanze, agaragaza Tshisekedi ari kwakira uyu munyapolitiki usanzwe ari mubatavugarumwe n’ubutegetsi bwe, aho ubona aramutsa n’amaboko abandi bose bari muri iyi sale ya mwakiririyemo yamugeraho agahita amugwa munda aramuhobera.

Uyu mubonano ubaye nyuma y’aho Tshisekedi ashimiye Martin Fayulu wari uheruka kugenera ubutumwa abarimo Tshisekedi wamwakiriye, Corneille Nangaa umuhuza bikorwa mukuru w’ihuriro rya Alliance Fleuve Congo rirwanya ubutegetsi bw’iki gihugu na Joseph Kabila Kabange uheruka kugera i Goma mu gice kigenzurwa n’iri huriro riyobowe na Nangaa.

Mu butumwa yaganeye Felix Tshisekedi, uyu munyapolitiki Martin Fayulu yamwibukije ko afite inshingano zo kurinda igihugu n’Abanye-kongo kugira ngo abo mu bihe bizaza batazasanga iki gihugu mu bibazo bidasobanutse.

Yanaboneyeho kandi asaba uyu mukuru w’iki gihugu umubonano, yagize ati: “Ndifuza ko duhura atari ku bw’impuhwe ahubwo ku bw’ibiganiro by’imbonankubone.”

Nyuma yabwiye Kabila ko agomba kuva i Goma, ndetse amugaragariza ko atari akwiye kuja mu gice kigenzurwa n’umutwe wa M23.

Mu masaha make Martin Fayulu atambukije ubu butumwa, Tshisekedi yahise atangaza ko afite ubushake bwo guhura na we bakaganira.

Umuvugizi wa Tshisekedi, Tina Salama asubiza Martin Fayulu yagize ati: “Perezida wa Repubulika yashimye umuhate wo gukunda igihugu n’umuhate wo gukunda ubumwe bw’igihugu byagaragajwe na Martin Fayulu. Afite ubushake bwo guhura na we mu rwego rwo gukura igihugu cyacu mu bibazo byugarije inzego zacu n’ubusugire bw’igihugu.”

Martin Fayulu ari kureshwa na Tshisekedi nyuma yuko ashinje Joseph Kabila ubugambanyi, uretse ku mushinja ubugambanyi yanamusabye kugana inzira y’ibiganiro, ngo aho kujya kwifatanya n’abo yise abanzi basenya.

Hari amakuru ataragenzurwa neza yavugaga ko Martin Fayulu mbere yuko atangaza biriya byo gushinja Kabila ubugambanyi, yari yabonanye na Tshisekedi mu ibanga rikomeye bagira ibyo bumvikanaho, ndetse kandi ngo amwemerera no kuzamuha umwanya ukomeye muri Leta .

Mu gije uyu mubonano wofatirwemo imyanzuro ijyanye n’ibyavuzwe, ayo makuru yaba ari yo.

Ikindi nuko Kabila atagahezwemo, kuko na we yashubije Martin Fayulu, aho yagize ati: “Ndi Umunye-Kongo ufite uburenganzira bwo kugera aho ari ho hose muri RDC, kandi n’i Goma na ho ni muri Congo.”

Tags: Martin FayuluTshisekediUmubanano
Share32Tweet20Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

by Bruce Bahanda
July 21, 2025
0
Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk'abamaraika, agaragaza n'impamvu yabyo. Umugaba mukuru w'Ingabo za Uganda, General Kainarugaba Muhoozi, yatangaje ko umukuru w'igihugu cy'u Rwanda Paul...

Read moreDetails

Umudipolomate wa RDC ukorera mu Bubiligi yafunzwe.

by Bruce Bahanda
July 21, 2025
0
Umudipolomate wa RDC ukorera mu Bubiligi yafunzwe.

Umudipolomate wa RDC ukorera mu Bubiligi yafunzwe. Mu buryo budasanzwe umudipolomate wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Mutebwa Mulumba Jean Dieu, usanzwe ari umujyanama wa kabiri muri ambasade...

Read moreDetails
Next Post
Icyo isi itegereje nyuma y’ikiganiro perezida wa Amerika yagiranye na mugenzi we w’u Burusiya.

Icyo isi itegereje nyuma y'ikiganiro perezida wa Amerika yagiranye na mugenzi we w'u Burusiya.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?