Perezida Tshisekedi yakiriye wa munyapolitiki uheruka kwibasira Kabila.
Perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi, yakiriye umunyapolitiki wo muri iki gihugu Martin Fayulu uheruka gutangaza ko Joseph Kabila agomba kuva i Goma mu Burasizuba bw’iki gihugu ngo kuko hagenzurwa n’umutwe uwo avuga ko usenya igihugu.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa kane tariki ya 05/06/2025, ni bwo Tshisekedi yakiriye Martin Fayulu i Kinshasa ku murwa mukuru w’iki gihugu.
Amashusho yagiye hanze, agaragaza Tshisekedi ari kwakira uyu munyapolitiki usanzwe ari mubatavugarumwe n’ubutegetsi bwe, aho ubona aramutsa n’amaboko abandi bose bari muri iyi sale ya mwakiririyemo yamugeraho agahita amugwa munda aramuhobera.

Uyu mubonano ubaye nyuma y’aho Tshisekedi ashimiye Martin Fayulu wari uheruka kugenera ubutumwa abarimo Tshisekedi wamwakiriye, Corneille Nangaa umuhuza bikorwa mukuru w’ihuriro rya Alliance Fleuve Congo rirwanya ubutegetsi bw’iki gihugu na Joseph Kabila Kabange uheruka kugera i Goma mu gice kigenzurwa n’iri huriro riyobowe na Nangaa.
Mu butumwa yaganeye Felix Tshisekedi, uyu munyapolitiki Martin Fayulu yamwibukije ko afite inshingano zo kurinda igihugu n’Abanye-kongo kugira ngo abo mu bihe bizaza batazasanga iki gihugu mu bibazo bidasobanutse.
Yanaboneyeho kandi asaba uyu mukuru w’iki gihugu umubonano, yagize ati: “Ndifuza ko duhura atari ku bw’impuhwe ahubwo ku bw’ibiganiro by’imbonankubone.”
Nyuma yabwiye Kabila ko agomba kuva i Goma, ndetse amugaragariza ko atari akwiye kuja mu gice kigenzurwa n’umutwe wa M23.
Mu masaha make Martin Fayulu atambukije ubu butumwa, Tshisekedi yahise atangaza ko afite ubushake bwo guhura na we bakaganira.
Umuvugizi wa Tshisekedi, Tina Salama asubiza Martin Fayulu yagize ati: “Perezida wa Repubulika yashimye umuhate wo gukunda igihugu n’umuhate wo gukunda ubumwe bw’igihugu byagaragajwe na Martin Fayulu. Afite ubushake bwo guhura na we mu rwego rwo gukura igihugu cyacu mu bibazo byugarije inzego zacu n’ubusugire bw’igihugu.”
Martin Fayulu ari kureshwa na Tshisekedi nyuma yuko ashinje Joseph Kabila ubugambanyi, uretse ku mushinja ubugambanyi yanamusabye kugana inzira y’ibiganiro, ngo aho kujya kwifatanya n’abo yise abanzi basenya.
Hari amakuru ataragenzurwa neza yavugaga ko Martin Fayulu mbere yuko atangaza biriya byo gushinja Kabila ubugambanyi, yari yabonanye na Tshisekedi mu ibanga rikomeye bagira ibyo bumvikanaho, ndetse kandi ngo amwemerera no kuzamuha umwanya ukomeye muri Leta .
Mu gije uyu mubonano wofatirwemo imyanzuro ijyanye n’ibyavuzwe, ayo makuru yaba ari yo.
Ikindi nuko Kabila atagahezwemo, kuko na we yashubije Martin Fayulu, aho yagize ati: “Ndi Umunye-Kongo ufite uburenganzira bwo kugera aho ari ho hose muri RDC, kandi n’i Goma na ho ni muri Congo.”