Nyuma yo guhura n’abayobozi ba AFC/M23, umuyobozi wa MONUSCO yavuze icyo yizeye.
Intumwa idasanzwe y’Umunyamabanga mukuru w’umuryango w’Abibumbye muri Congo, akaba n’umuyobozi wa MONUSCO, Bintou Keita yizeye ko kugera ku mahoro arambye bishobora muri RDC, nk’uko yabitangaje.
Yabitangaje nyuma y’aho agereye i Goma mu Burasizuba bw’iki gihugu cya RDC, tariki ya 12/06/2025. Rwari uruzinduko yahagiriye rugamije kumenya uko umutekano wifashe mu bice bigenzurwa n’ihuriro rya AFC ribarizwamo umutwe wa M23 n’uwa Twirwaneho.
Biteganyijwe ko ibyo Bintou Keita yaboneye i Goma azabigeza mu kanama ka Loni gashyizwe amahoro ku Isi mu nama yako izaba ku itariki ya 27/06/2025.
Muri uru ruzinduko kandi Bintou Keita yaganiriye n’abarimo umuyobozi w’ingabo z’umuryango wa Afrika y’Amajyepfo ziri mu mujyi wa Goma, Maj.Gen. Monwabisi Dyakopu, ndetse n’abasirikare bari mu butumwa bwa Loni.
Nyuma rero y’uru ruzinduko rw’iminsi itatu yagiriye muri iki gice cya Goma, ubwo yaganiraga n’itangazamakuru yagize ati: “Kajugujugu yanzanye yaguye ku kigo cya MONUSCO. Kugwa kwayo byakuruye amarangamutima menshi muri njye. Mu biganiro nagiranye n’abo twahuye n’umvise icyizere. Nizeye ko ibiganiro by’amahoro bikomeje bizatanga umusaruro ufatika.”
Kugera kwa Bintou Keita i Goma ni ubwa mbere kuva umutwe wa M23 wafata uyu mujyi wa Goma mu mpera z’ukwezi kwa mbere uyu mwaka wa 2025. Nyamara n’ubwo kuhagera kwe bitanga icyizere, ariko mu busanzwe iri huriro rya AFC/M23 ryahoraga rimushinja kubogamira ku ruhande rwa Leta ya perezida Felix Tshisekedi iyo rihanganye naryo.