• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Friday, August 22, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Umukuru w’igihugu cy’u Rwanda yavuze uburyo Tshisekedi yageze ku ngoma.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
July 4, 2025
in Regional Politics
0
Umukuru w’igihugu cy’u Rwanda yavuze uburyo Tshisekedi yageze ku ngoma.
79
SHARES
2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Umukuru w’igihugu cy’u Rwanda yavuze uburyo Tshisekedi yageze ku ngoma.

You might also like

Perezida Tshisekedi yahishyuriye u Bubiligi ibyo atashimye ku biganiro bihuza Leta ye na M23 i Doha.

Kenya yatanze ibisobanuro impamvu yashyizeho uyihagararira i Goma.

RDC na AFC/M23 byashyikirijwe umushinga w’amasezerano y’amahoro.

Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame yatangaje ko mugenzi we wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi, yashyizwe ku butegetsi n’abatekerezaga ko bazakorana na we neza.

Umukuru w’igihugu cy’u Rwanda yabitangaje kuri uyu wa gatanu tariki ya 04/07/2025, mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru i Kigali mu Rwanda.

Iki kiganiro cyagarutse ku ngingo zitandukanye zirimo ibyo u Rwanda rwagezeho mu myaka 31 nyuma yo kwibohora, avuga ibyo muri RDC n’ibindi binyuranye.

Kubya RDC, perezida w’u Rwanda yavuze ko hari ababonaga ko bazakorana neza na we, bituma bamushyira ku butegetsi, maze ngwaza kubahemukira.

Avuga ko hari n’abayobozi b’ibihugu babirebaga ariko baricyecyekera, barimo Uhuru Kenyatta wahoze ayobora Kenya, perezida Abdel Fathah Al-Sisi wa Misiri, na Cyril Ramaohosa wa Afrika y’Epfo.

Yagize ati: “Muzi uko perezida wa RDC yageze ku butegetsi? Yahamagawe mu biro batekereza ko bakorana neza bamuha ubutegetsi.”

Yakomeje ati: “Muzi ko hari n’abakuru b’ibihugu babirebaga? Harimo Uhuru Kenyatta wahoze ayobora Kenya, undi ni perezida wa Misiri ndetse na perezida Ramaohosa wa Afrika y’Epfo.”

Avuga kandi ko umutwe wa M23, wubuye imirwano uturutse muri Uganda, atari mu Rwanda.

Asobanura ko ibibazo biri mu burasirazuba bwa Congo, bitirengangijwe gusa n’abategetsi b’iki gihugu, ahubwo ko byanirengagijwe n’ababushigikiye.

Nyuma yahise avuga ku masezerano y’amahoro yasinyiwe i Washington DC hagati y’u Rwanda na Congo.

Ati: “Navuga ko ku ruhande rw’u Rwanda, twe tuzakora ibyo twemeye uko bishoboka ariko bimwe bihera ku byo abandi bakora na bo twemeranyije.

Avuga ko igihe cyose inzira yo gukemura ibibazo bya RDC itaraboneka, u Rwanda ruzakomeza kurinda umutekano warwo.

Ibi abivuze mu gihe no mu minsi ishize yagiye abigarukaho, hari n’ubwo yigeze kugirana ikiganiro n’umunyamukuru witwa Mario Nawful, amubwira ko Tshisekedi atari akwiye kuyobora RDC.

Icyo gihe kandi yavuze ko Tshisekedi atigeze atsinda amatora, ahubwo ko yibiwe amajwi ashyirwa ku butegetsi.

Tags: Ku NgomaPaul KagameTshisekediU RwandaYashyizweho
Share32Tweet20Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Perezida Tshisekedi yahishyuriye u Bubiligi ibyo atashimye ku biganiro bihuza Leta ye na M23 i Doha.

by Bruce Bahanda
August 20, 2025
0
Perezida Tshisekedi yahishyuriye u Bubiligi ibyo atashimye ku biganiro bihuza Leta ye  na M23  i Doha.

Perezida Tshisekedi yabwiye u Bubiligi ko atashimye umushinga w'amasezerano y'amahoro y'i Doha. Perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi, yabwiye minisitiri w'intebe w'u Bubiligi, Maxime Prevot,...

Read moreDetails

Kenya yatanze ibisobanuro impamvu yashyizeho uyihagararira i Goma.

by Bruce Bahanda
August 19, 2025
0
Kenya yatanze ibisobanuro impamvu yashyizeho uyihagararira i Goma.

Kenya yatanze ibisobanuro impamvu yashyizeho uyihagararira i Goma. Minisitiri w'ubanye n'amahanga wa Kenya yatanze ibisobanuro ku muntu wayo yashyizeho uyihagararira i Goma mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi...

Read moreDetails

RDC na AFC/M23 byashyikirijwe umushinga w’amasezerano y’amahoro.

by Bruce Bahanda
August 18, 2025
0
RDC na AFC/M23 byashyikirijwe umushinga w’amasezerano y’amahoro.

RDC na AFC/M23 byashyikirijwe umushinga w'amasezerano y'amahoro. Guverinoma ya Qatar yashyikirije iya Repubulika ya demokarasi ya Congo n'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23 umushinga w'amasezerano y'amahoro kugira ngo...

Read moreDetails

Gen Muhoozi yagaragaje uruhande ashyigikiye hagati ya RDC na AFC/M23.

by Bruce Bahanda
August 18, 2025
0
Gen Muhoozi yagaragaje uruhande ashyigikiye hagati ya RDC na AFC/M23.

Gen Muhoozi yagaragaje uruhande ashyigikiye hagati ya RDC na AFC/M23. Umugaba mukuru w'Ingabo za Uganda akaba n'umuhungu wa perezida w'iki gihugu, Yoweli Kaguta Museveni, General Kainarugaba Muhoozi yerekanye...

Read moreDetails

Uwanze kumva ntiyanze no kubona.

by Bruce Bahanda
August 18, 2025
0
Uwanze kumva ntiyanze no kubona.

Uwanze kumva ntiyanze no kubona. Umusesenguzi Girinka William Kabare uwo twaherukaga kuri Minembwe Capital News mu ntangiriro z'uyu mwaka yongeye kugaruka, maze avuga ko avuga kuri Repubulika ya...

Read moreDetails
Next Post
Gen.Muhoozi yatumiye Abanyarwanda muri Uganda anabagaragariza impamvu yabyo.

Gen.Muhoozi yavuze icyo yifuza ku Rwanda.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?