• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Friday, August 22, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Perezida Kagame yaburiye abavuga ko bazatera u Rwanda.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
July 5, 2025
in Regional Politics
0
Perezida Kagame yaburiye abavuga ko bazatera u Rwanda.
84
SHARES
2.1k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Perezida Kagame yaburiye abavuga ko bazatera u Rwanda.

You might also like

Perezida Tshisekedi yahishyuriye u Bubiligi ibyo atashimye ku biganiro bihuza Leta ye na M23 i Doha.

Kenya yatanze ibisobanuro impamvu yashyizeho uyihagararira i Goma.

RDC na AFC/M23 byashyikirijwe umushinga w’amasezerano y’amahoro.

Umukuru w’igihugu cy’u Rwanda, Paul Kagame, yaburiye buri muntu wese ngo wigamba ko azatera u Rwanda, ababwira ko kuba rudafite ubushobozi nk’ubwabo ku bikoresho, ariko ko rufite ubushobozi bwo ku basanga aho bari rukabarwanya.

Yabigarutseho ubwo yagezaga ijambo ku bitabiriye umunsi wo kwizihiza ukwibohora ku nshuro ya, 31 mu birori byabereye muri Kigali Convention centre.

Mu ijambo Kagame yahavugiye, yagize ati: “Bohereza intwaro, bohereza abasirikare buri kimwe, mu gufasha guverinoma yica abaturage bayo, ifasha abasize bakoze jenocide yakorewe Abatutsi mu Rwanda, bishe miliyoni imwe mu minsi ijana gusa.”

Umukuru w’igihugu yakomeje agira ati: “Iyo muza kuba muzi inkuru y’ibyabaye i Goma, i Bukavu n’ahandi, mwari kuba mubyumva. Mwaba mwumva neza ko ikibazo atari ukurwanya AFC/M23, ahubwo kwari ukurwanya u Rwanda. Mubabaze ibyabaye. Ibyabaye ni bike kubyo twokora.”

Kagame yavuze ko abo bantu nyuma yuko bamaze gutahura ko batakibashije kugira ibyo bakora ku Rwanda. Twabahaye inzira kugira ngo basubire mu bihugu byabo.”

“Ntitwabahaye inzira gusa, twabaye n’umutekano, duharanira ko bagera mu bihugu byabo. Ariko bari gupfa bagashyira iyo bibeshya bakarwana. Ibyo nta kibazo kibirimo, ndabivuga uyu munsi, nihagira ugerageza ejo, muzabibona. Ntabwo ndi gutera urwenya, ndi kuvuga ukuri kuri buri wese ushaka kumva, niba ufite ibindi bitekerezo, twabiganiraho. Ni yo mpamvu navuze ko byatubayeho rimwe, kandi rimwe si kenshi, ntibizasubira.”

Kagame yagarutse kandi no kubyagiye bikundwa gutangazwa na perezida Felix Tshisekedi wavuze ko azarasa i Kigali yiyicariye i Goma, avuga ko uzabigerageza u Rwanda ruzamusanga iyo ari.

Yagize ati: “Twarababwiye tuti dushobora kuba tudafite ubwo bushobozi, ariko tuzagusanga aho. Dufute ubushobozi, ntabwo ubizi, dushobora kugenda ibilometero 2000 kuva hano turwana mu gihe bibaye ngombwa. Ibindi byose ni inkuru. Abantu bavuga ibyo biboneye ngo bafite drones, ngo bazaza batere u Rwanda, tuzabasanga aho izo drones muzirasira.

Hejuru y’ibyo, yavuze ko nta muntu n’umwe u Rwanda rubanira nabi, ngo kandi udashaka gukorana narwo, akwiye kuruha amahoro, ndetse ngo n’udashaka kuruha amafaranga akayigumanira cyangwa akayaha abandi.

Maze asoza avuga ko Abanyarwanda ko bagomba guhaguruka bakarwanira igihugu cyabo, ngo kuko bitabaye ibyo bizarangira bahindutse ingaruzwamuheto, bagapfa nabi aho kuba bapfa bafite agaciro.

Tags: AbibwiraGutera u RwandaKagameYaburiye
Share34Tweet21Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Perezida Tshisekedi yahishyuriye u Bubiligi ibyo atashimye ku biganiro bihuza Leta ye na M23 i Doha.

by Bruce Bahanda
August 20, 2025
0
Perezida Tshisekedi yahishyuriye u Bubiligi ibyo atashimye ku biganiro bihuza Leta ye  na M23  i Doha.

Perezida Tshisekedi yabwiye u Bubiligi ko atashimye umushinga w'amasezerano y'amahoro y'i Doha. Perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi, yabwiye minisitiri w'intebe w'u Bubiligi, Maxime Prevot,...

Read moreDetails

Kenya yatanze ibisobanuro impamvu yashyizeho uyihagararira i Goma.

by Bruce Bahanda
August 19, 2025
0
Kenya yatanze ibisobanuro impamvu yashyizeho uyihagararira i Goma.

Kenya yatanze ibisobanuro impamvu yashyizeho uyihagararira i Goma. Minisitiri w'ubanye n'amahanga wa Kenya yatanze ibisobanuro ku muntu wayo yashyizeho uyihagararira i Goma mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi...

Read moreDetails

RDC na AFC/M23 byashyikirijwe umushinga w’amasezerano y’amahoro.

by Bruce Bahanda
August 18, 2025
0
RDC na AFC/M23 byashyikirijwe umushinga w’amasezerano y’amahoro.

RDC na AFC/M23 byashyikirijwe umushinga w'amasezerano y'amahoro. Guverinoma ya Qatar yashyikirije iya Repubulika ya demokarasi ya Congo n'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23 umushinga w'amasezerano y'amahoro kugira ngo...

Read moreDetails

Gen Muhoozi yagaragaje uruhande ashyigikiye hagati ya RDC na AFC/M23.

by Bruce Bahanda
August 18, 2025
0
Gen Muhoozi yagaragaje uruhande ashyigikiye hagati ya RDC na AFC/M23.

Gen Muhoozi yagaragaje uruhande ashyigikiye hagati ya RDC na AFC/M23. Umugaba mukuru w'Ingabo za Uganda akaba n'umuhungu wa perezida w'iki gihugu, Yoweli Kaguta Museveni, General Kainarugaba Muhoozi yerekanye...

Read moreDetails

Uwanze kumva ntiyanze no kubona.

by Bruce Bahanda
August 18, 2025
0
Uwanze kumva ntiyanze no kubona.

Uwanze kumva ntiyanze no kubona. Umusesenguzi Girinka William Kabare uwo twaherukaga kuri Minembwe Capital News mu ntangiriro z'uyu mwaka yongeye kugaruka, maze avuga ko avuga kuri Repubulika ya...

Read moreDetails
Next Post
Haratutumba intambara ikomye, nyuma y’amakuru avugwa ku ngabo zavuye i Kalemi.

Haratutumba intambara ikomye, nyuma y'amakuru avugwa ku ngabo zavuye i Kalemi.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?