Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Abagiye guhabwa ubwenegihugu muri Uganda bahawe umurongo wabyo.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
July 9, 2025
in Regional Politics
0
Auto Draft
96
SHARES
2.4k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Abagiye guhabwa ubwenegihugu muri Uganda bahawe umurongo wabyo.

You might also like

Uhuru yaganiriye na perezida Kagame kubyerekeye u Burasirazuba bwa RDC.

Bimwe mu biremereye Leta y’i Kinshasa yasabwe na AFC/M23 mu biganiro by’i Doha.

Avugwa mu biganiro by’i Doha byahuriyemo intumwa za M23 n’iza leta y’i Kinshasa.

Inzego z’ibanze n’abantu bakuze nibo bahawe uwo mushinga wo kugena abazahabwa ubwenegihugu bwa Uganda, ariko bakazabutanga ku bantu bafite inkomoko mu Rwanda n’avuye ahandi.

Bikubiye mu nyandiko zashyizwe hanze n’ibiro by’umukuru w’iki gihugu cya Uganda, Yoweli Kaguta Museveni.

Izi nyandiko zigaragaza uko gutanga ubwenegihugu bidakwiye guharirwa abantu bo mu biro ko ahubwo byakorwa n’inararibonye zituye mu gace runaka zizi abakwiye guhabwa ubwo bwenegihugu.

Izo nyandiko kandi zikavuga ko ibyo kwiyandikisha ku baturage bashaka ubwo bwenegihugu bikorwa gukorwa n’inzego z’ibanze.

Ibi byakozwe kubera ko perezida Museveni ashaka gukemura ibibazo bimaze igihe cy’abaturage badafite ubwenegihugu by’umwihariko abitwa Banyarwanda, baba muri Uganda.

Ubushize perezida Museveni yagiranye ikiganiro n’aba bitwa Banyarwanda, abagaragariza ko yababajwe no kuba hari ababafata nabi ndetse avuga ko gahunda yo gutanga ubwenegihugu yagiye ikorwa nabi n’abanyabiro akenshi batamenya uko abantu bageze muri Uganda.

Museveni kandi ababwira ko inzego z’ibanze n’abantu bakuze ari bo bakwiye kujya bemeza uhabwa ibyangombwa.

Yavuze ko igikorwa cyose cyo kwandika abahabwa ubwenegihugu gikwiye gukorwa na komite y’umutekano n’abantu bakuru bo muri ako gace abo bantu baba baherereyemo.

Agasaba ko urwego rw’abinjira n’abasohoka rwakurikirana izo dosiye kandi rugatanga ibyangombwa rugendeye ku byemejwe n’abo mu rwego rw’ibanze.

Perezida Museveni avuga ko imiryango yageze muri Uganda mbere y’ubwigenge (1962), yo ntigomba gusabwa kwishyura amafaranga ayo ari yo yose ajyanye n’icyo gikorwa. Abageze muri Uganda nyuma ya 1962 ni bo bonyine bazasabwa kwishyura amafaranga asabwa n’urwego rw’abinjira n’abasohoka.

Yashimangiye ibi avuga ko Uganda izashyira mu bikorwa gahunda yo kugira ubwenegihugu bumwe muri Afrika y’iburasirazuba (East African Federation citizenship system), ariko ko kuri iyi nshuro nta muturage wa Uganda wo muri ako karere wemerewe kugira ubwenegihugu bubiri, keretse gusa ngo abanya-uganda bahungiye i Burayi, muri aziya cyangwa mu bihugu by’Abarabu kubera ibibazo bya politiki byigeze kubaho muri Uganda.

Nyuma uyu mukuru w’igihugu cya Uganda, yaburiye abantu bazatanga amakuru atari yo muri iyi nzira yo gushaka ubwenegihugu, avuga ko ari icyaha gihanwa n’amategeko.

Tags: BanyarwandaMuseveniUbwenegihuguUganda
Share38Tweet24Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Uhuru yaganiriye na perezida Kagame kubyerekeye u Burasirazuba bwa RDC.

by Bruce Bahanda
July 12, 2025
0
Uhuru yaganiriye na perezida Kagame kubyerekeye u Burasirazuba bwa RDC.

Uhuru yaganiriye na perezida Kagame kubyerekeye u Burasirazuba bwa RDC. Uhuru Kenyatta wahoze ayobora Kenya akaba ari n'umwe mubahuza mu bibazo by'intambara ibera mu Burasizuba bwa Repubulika ya...

Read moreDetails

Bimwe mu biremereye Leta y’i Kinshasa yasabwe na AFC/M23 mu biganiro by’i Doha.

by Bruce Bahanda
July 11, 2025
0
Avugwa mu biganiro by’i Doha byahuriyemo intumwa za M23 n’iza leta y’i Kinshasa.

Bimwe mu biremereye Leta y'i Kinshasa yasabwe na AFC/M23 mu biganiro biri kubera i Doha. Ibiganiro by'imishyikorano biri kubera i Doha muri Qatar byahuriyemo Leta ya Congo n'umutwe...

Read moreDetails

Avugwa mu biganiro by’i Doha byahuriyemo intumwa za M23 n’iza leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 11, 2025
0
Avugwa mu biganiro by’i Doha byahuriyemo intumwa za M23 n’iza leta y’i Kinshasa.

Avugwa mu biganiro by'i Doha byahuriyemo intumwa za M23 n'iza leta y'i Kinshasa. Ibiganiro by'imishyikirano byahuriyemo intumwa z'umutwe wa M23 n'iza leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo...

Read moreDetails

Ikibuga cy’indege cya Goma kirimo gukorwa neza.

by Bruce Bahanda
July 11, 2025
0
Ikibuga cy’indege cya Goma kirimo gukorwa neza.

Ikibuga cy'indege cya Goma kirimo gukorwa neza. Ikibuga cy'indege mpuzamahanga cya Goma ho mu ntara ya Kivu y'Amajyaruguru mu Burasizuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo kiri gutunganywa...

Read moreDetails

Icyemezo perezida Museveni yafashe cyanyuze AFC/M23 inamugenera ubutumwa.

by Bruce Bahanda
July 10, 2025
0
Icyo M23 isaba RDC gukora mbere yuko impande zombi zisubira mu biganiro i Doha.

Icyemezo perezida Museveni yafashe cyanyuze AFC/M23 inamugenera ubutumwa. Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23 ryashimiye perezida wa Uganda, Yoweli Kaguta Museveni ku cyemezo yafashe cyo gufungura imipaka ihuza...

Read moreDetails
Next Post
U Rwanda rwanenze bikomeye igitangazamakuru cya BBC.

U Rwanda rwanenze bikomeye igitangazamakuru cya BBC.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?