• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Monday, October 20, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Rumenge yavuze icyamuteye gushyigikira AFC/M23/MRDP.

minebwenews by minebwenews
July 10, 2025
in Regional Politics
0
Rumenge yavuze icyamuteye gushyigikira AFC/M23/MRDP.
98
SHARES
2.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Rumenge yavuze icyamuteye gushyigikira AFC/M23/MRDP.

You might also like

U Burundi bwasabye kimwe mu bihugu by’ibihangange ku isi kubuhuriza mu biganiro n’u Rwanda

Icyo amakuru avuga ku biganiro perezida w’u Burundi yagiranye na AFC/M23

Abarundi bakoze igikorwa kigayitse nyuma yibyatangajwe na Sedate

Olivier Rumenge Rugeyo wigezeho kwitoza mu matora y’abadepite yo mu mwaka wa 2023 muri teritware ya Fizi mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, mu gihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo, ariko akaza gutsindwa, yavuze ko impamvu yahisemo gushyigikira Alliance Fleuve Congo, AFC/M23, ngo nuko abanyapolitiki ba Congo ari abantu barema ivangura mu baturage b’iki gihugu no gusahura ubukungu bwacyo.

Yabigarutseho mu ibaruwa ndende yashyize hanze agaragaza uburyo AFC/M23/MRDP ifite umurongo mwiza ukiza igihugu, bitandukanye kure n’ibyo ubutegetsi bw’i Kinshasa bugaragaza.

Rumenge mu ibaruwa ye yagize ati: “Abanyapolitiki b’i Kinshasa bazana ivangura mu baturage, kandi biba n’ubukungu bw’igihugu. Bamwe muri abo banyapolitiki bibye amafaranga yaragenewe kubaka ibikorwa bitandukanye byo muri iki gihugu.”

Mu kwezi gushize Constant Mutamba wari minisitiri w’ubutabera yashinjwe kunyereza miliyoni 20 z’amadolari y’Amerika yari agenewe kubaka gereza y’i Kisangani, ndetse bimuviramo kweguzwa kunshingano, bikorwa kugira ngo ubutabera bubashye ku mukurikirana. Ku munsi w’ejo yanitabye urukiko ku nshuro ye ya mbere kuva yeguzwa.

Rumenge yakomeje avuga ko kuva perezida Felix Tshisekedi yinjira mu biro bikuru by’umukuru w’iki gihugu cya RDC, abaturage bacyo ahanini bo mu Burasizuba bwacyo, bahise batangira ubuzima bubi, umutekano muke, ubukene n’ibindi. Ndetse kandi ngo ubukungu bw’igihugu buja hasi cyane aho kujya hejuru.

Kandi ngo amafaranga yagafashije igihugu kugera ku iterambere ryihuse, ajya mu mifuko yabamwe mu bayobozi, aho kuyamaza ibyo yakagombye gukora. Avuga ko ibyo biri mubyatumye anenga ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi, ahitamo gukunda AFC/M23/MRDP no kiyishyigikira.

Avuga ko iri huriro ryafashe iya mbere kugira ngo rishyire iherezo ryanyuma ubutegetsi bubi buvangura abaturage, bubatoteza kandi busubiza iterambere ry’igihugu inyuma.

Yavuze kandi ko n’igisirikare cya ARC cy’umutwe wa M23 ko ari igisirikare cy’umwuga, ndetse ko kinakunda n’igihugu n’abaturage bacyo. Si byo gusa ngo kuko kinarindira umutekano ababarizwa mu bice kigenzura.

Ibaruwa ya bwana Rumenge inashimira n’ubuyobozi bwa AFC/M23/MRDP ku bwitange bwabo no gukunda igihugu, igira iti: “Turashimira ubuyobozi bwa AFC/M23/MRDP ku buyobozi bwashyizeho, kandi ko bwatoye ababifitiye ubushake n’ubushishozi.”

Yakomeje agira ati: “Gotorwa kwa Gadi Mukiza Nzabinesha kuba visi guverineri w’i ntara ya Kivu y’Amajyepfo, aho ashyinzwe ubukungu, imari n’iterambere, bigaragaza ubumwe no gukunda igihugu.”

Yavuze ko ishyaka rya Gadi Mukiza ko ryamenyekanye ubwo yari Bourgmestre wa komine ya Minembwe, anagaragaza ko yizera ko azakomeza umuhate we yatangizanye.

Rumenge kandi yavuze ko RDC ikeneye abantu bameze nka Gadi Mukiza Nzabinesha mu buryo bwo kuyobora no gukorera igihugu.

Yasoje avuga ko azakomeza gushyigikira AFC/M23/MRDP, ndetse kandi ko azayishyigikira kugeza kugupfa, ngo kubera uburyo idahwema kugaragariza abaturage ibyiza no kubarindira umutekano.

Tags: AFCGushyigikiraRumenge
Share39Tweet25Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

U Burundi bwasabye kimwe mu bihugu by’ibihangange ku isi kubuhuriza mu biganiro n’u Rwanda

by Bahanda Bruce
October 20, 2025
0
Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

U Burundi bwasabye kimwe mu bihugu by'ibihangange ku isi kubuhuriza mu biganiro n'u Rwanda Perezida w'u Burundi, Evariste Ndayishimiye, yasabye u Bufaransa ngo bumuhurize mu biganiro n'u Rwanda,...

Read moreDetails

Icyo amakuru avuga ku biganiro perezida w’u Burundi yagiranye na AFC/M23

by Bahanda Bruce
October 18, 2025
0
Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Perezida w'u Burundi yagiranye ibiganiro na AFC/M23 Perezida w'u Burundi Evariste Ndayishimiye yagiranye ibiganiro by'ibanga n'intumwa z'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika ya demokarasi...

Read moreDetails

Abarundi bakoze igikorwa kigayitse nyuma yibyatangajwe na Sedate

by Bahanda Bruce
October 18, 2025
0
Abarundi bakoze igikorwa kigayitse nyuma yibyatangajwe na Sedate

Abarundi bakoze igikorwa kigayitse nyuma yibyatangajwe na Sedate Abarundi mu mujyi wa Bujumbura bawutwikiyemo imodoka ifite pulake y'u Rwanda nyuma y'amagambo yatangajwe n'umushoramari w'Umunyarwanda Sadate Munyakazi. Iyi modoka...

Read moreDetails

Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

by Bahanda Bruce
October 17, 2025
0
Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Perezida w'u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w'u Rwanda Amakuru aturuka mu gihugu cy'u Burundi avuga ko perezida w'iki gihugu Evariste Ndayishimiye, yategetse imbonerakure...

Read moreDetails

Ibyumviakanyweho i Doha hagati ya RDC na M23, Amerika yabivuzeho

by Bahanda Bruce
October 15, 2025
0
Ibyumviakanyweho i Doha hagati ya RDC na M23, Amerika yabivuzeho

Ibyumviakanyweho i Doha hagati ya RDC na M23, Amerika yabivuzeho Leta Zunze ubumwe z'Amerika zashimye umwanzuro wafatiwe mu biganiro by'i Doha muri Qatar wo guhagarika imirwano hagati y'Ingabo...

Read moreDetails
Next Post
RDC: Abavugwa mu mugambi wo gushaka guhirika ubutegetsi bwa Tshisekedi.

RDC: Abavugwa mu mugambi wo gushaka guhirika ubutegetsi bwa Tshisekedi.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?