Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

RDC irasabwa kugaragaza ubushake bwo kurandura FDLR.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
July 30, 2025
in Regional Politics
0
RDC irasabwa kugaragaza ubushake bwo kurandura FDLR.
69
SHARES
1.7k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

RDC irasabwa kugaragaza ubushake bwo kurandura FDLR.

You might also like

Havutse umwuka mubi mu Burundi hagati ya Leta n’abatwara ibinyabiziga.

Abasirikare ba Uganda batatu baguye muri RDC.

Perezida Ndayishimiye arashinjwa kudobya ibiganiro byari hagati y’u Rwanda n’u Burundi.

Minisitiri w’ubanye n’amahanga w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, yavuze ko Repubulika ya demokarasi ya Congo, ikwiye kugaragaza ubushake bwo kurandura umutwe w’iterabwoba wa FDLR urimo abasize bakoze jenocide yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.

Nduhungirehe, ibi yabivugiye mu nteko rusange y’umutwe w’abadepite yateranye i Kigali mu Rwanda ku munsi w’ejo ku wa kabiri tariki ya 29/07/2025.

Ni mu gihe basuzumaga ishingiro ry’umushinga w’itegeko ryemera kwemeza burundu amasezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC, yashyiriweho umukono i Washington DC tariki ya 27/06/2025.

Nduhungirehe ni nawe wari uhagarariye Leta muri iyi nteko rusange, yagaragaje impamvu uyu mushinga w’itegeko ukwiye kwemezwa, avuga ko ari uko u Rwanda rwishimiye ko wakwihutishwa mu gushyirwa mu bikorwa.

Yabwiye abadepite ko aya masezerano yasinyiwe muri Leta Zunze ubumwe z’Amerika, nk’igihugu cyagize uruhare mu isinywa ryayo ifashijwe na Qatar, ndetse n’umuryango wa Afrika Yunze ubumwe.

Yagize ati: “Aya masezerano ni intambwe ikomeye mu kugarura amahoro, umutekano ndetse n’icyizere hagati y’u Rwanda na RDC.”

Yunzemo ko aya masezerano yasinywe akubiyemo ibice bine birimo umutekano, ubukungu, politiki ndetse n’ibikorwa bireba kugarura impunzi mu byazo ndetse n’abavanywe mu byabo n’intambara.

Yavuze kandi ko mu byemeranyijweho na RDC n’u Rwanda, harimo no gushyigikira ibiganiro by’amahoro hagati ya RDC n’umutwe wa AFC/M23.

Ubundi kandi yagaragaje ko aya masezerano afitiye inyungu impande zombi, bityo inteko ishinga amategeko ya kwemeza umushinga w’itegeko kandi bigakorwa bitanyuze muri komisiyo, kuko ari umushinga w’itegeko wihutirwa.

Ati: “Ntidushidikanya ko amasezerano y’amahoro hagati ya RDC n’u Rwanda yasinyiwe i Washington DC, ari amasezerano y’ingirakamaro ku mpande zombi no ku gihugu cyacu by’umwihariko.”

Inama y’abaminisitiri yateranye ku itariki ya 16/07/2025, ni yo yemeje umushinga w’itegeko ryo kwemeza burundu amasezerano y’amahoro hagati ya RDC n’u Rwanda.

Nyamara nubwo u Rwanda rufite icyizere ko aya masezerano azubahirizwa, ariko kandi ngo rufite n’impungenge kuko ibiri kubera muri RDC, bitandukanye n’ibiyakubuyemo.

Muri iki kiganiro, umudepite yabajije Nduhungirehe impamvu u Rwanda rubuzwa gushyiraho ingamba z’ubwirinzi, ngo kandi n’umuturage iyo yubatse inzu ye aba akwiye gushyiraho n’igipangu cyangwa ubundi buryo bwo kwirinda.

Amusubiza ko u Rwanda rwashyizeho ingamba z’ubwirinzi zishingiye ku mutwe w’iterabwoba wa FDLR, ugizwe n’abasize bakoze jenocide yakorewe Abatutsi mu Rwanda.

Yongeraho ko RDC ikwiye kugaragaza ubushake bwa politiki mu kurandura uyu mutwe wa FDLR.

Yanasobanuye ko ingamba z’ubwirinzi u Rwanda rwashyizeho, zabikoze zigamije gukumira umugambi wa jenocide yakorewe Abatutsi, ufitwe n’umutwe wa FDLR kandi ushyigikiwe na Leta y’i Kinshasa.

Yavuze kandi ko kurandura uyu mutwe bitoroshye, ngo kubera ko winvanze n’ingabo za RDC, ariko ko ku wurandura bya burundu bizaturuka kubushake bwayo, kugira ngo udakomeza guhungabanya umutekano w’u Rwanda, kandi ko iyi ngingo yo ku wurandura ikwiye kwitabwaho kuko biri mu bikubiye mu masezerano.

Minisitiri Nduhungirehe yavuze kandi ko kuba ambasade y’u Rwanda muri RDC yaratwitswe, bigakorwa na Leta y’i Kinshasa amahanga arebera ntihagire ababyamagana, biri mu byo u Rwanda rwasabye ko ruhabwa icyizere cy’uko bitazongera.

Nyuma y’ibi biganiro inteko rusange y’umutwe w’abadepite batoye uyu mushinga w’itegeko, ndetse bemeza ingingo zose ziwugize.

Tags: FDLRkuranduraRdcRwandaUbushake
Share28Tweet17Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Havutse umwuka mubi mu Burundi hagati ya Leta n’abatwara ibinyabiziga.

by Bruce Bahanda
July 30, 2025
0
Havutse umwuka mubi mu Burundi hagati ya Leta n’abatwara ibinyabiziga.

Havutse umwuka mubi mu Burundi hagati ya Leta n'abatwara ibinyabiziga. Umwuka mubi wavutse hagati ya guverinoma y'u Burundi n'abatwara abagenzi mu buryo busanzwe, ibyanatumye ingendo zihuza umujyi wa...

Read moreDetails

Abasirikare ba Uganda batatu baguye muri RDC.

by Bruce Bahanda
July 30, 2025
0
Abasirikare ba Uganda batatu baguye muri RDC.

Abasirikare ba Uganda batatu baguye muri RDC. Abasirikare batatu b'igisirikare cya Uganda baguye mu mpanuka y'imodoka yabereye mu mujyi wa Bunia mu ntara ya Ituri. Ni impanuka yatwaye...

Read moreDetails

Perezida Ndayishimiye arashinjwa kudobya ibiganiro byari hagati y’u Rwanda n’u Burundi.

by Bruce Bahanda
July 29, 2025
0
Perezida Ndayishimiye arashinjwa kudobya ibiganiro byari hagati y’u Rwanda n’u Burundi.

Perezida Ndayishimiye arashinjwa kudobya ibiganiro byari hagati y'u Rwanda n'u Burundi. Umukuru w'igihugu cy'u Burundi, Evariste Ndayishimiye, ni we nyiribayazana w'ibibazo bitagura iherezo hagati y'igihugu cye n'icy'u Rwanda,...

Read moreDetails

Menya impamvu umujyi wa Nairobi ugiye kuba umwe mijyi ikomeye ku isi.

by Bruce Bahanda
July 29, 2025
0
Menya impamvu umujyi wa Nairobi ugiye kuba umwe mijyi ikomeye ku isi.

Menya impamvu umujyi wa Nairobi ugiye kuba umwe mijyi ikomeye ku isi. Umurwa mukuru w'igihugu cya Kenya ari wo Nairobi, ugiye kuba umujyi wa kane ukoreramo ibiro byinshi...

Read moreDetails

Mutualite y’Abanyamulenge i Burundi yavuze iby’uko ibayeho muri iki gihugu.

by Bruce Bahanda
July 28, 2025
0
Mutualite y’Abanyamulenge i Burundi yavuze iby’uko ibayeho muri iki gihugu.

Mutualite y'Abanyamulenge i Burundi yavuze iby'uko ibayeho muri iki gihugu. Mutualite Shikama i Burundi y'Abanyamulenge yatangaje ko ibayeho neza mu gihugu cy'u Burundi, ndetse ishimangira ko nta kibazo...

Read moreDetails
Next Post
Umurundi yishe umugore we n’abandi bari kumwe mu nzu.

Umurundi yishe umugore we n'abandi bari kumwe mu nzu.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?